Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wo mu rugo ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’imyaka icyenda (9) w’umuryango wo mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, basanze amanitse mu mugozi, yemereye RIB ko ari we wamwishe.

Uyu mwana w’umuhungu wigaga mu mwana wa kane w’amashuri abanza, yitabye Imana mu gitndo cyo ku Cyumweru tariki 12 Kamena 2022 ubwo yari yasigaranye n’umukozi w’iwabo mu rugo.

Rudasingwa Emmanuel Victor, Se wa nyakwigendera, yavuze ko yari yagiye mu siporo agasiga umwana wabo Rudasingwa Ihirwe Davis ari gusubiramo amasomo mu gihe umugore we [Nyina wa nyakwigendera] na we atari mu rugo.

Haciye umwanya ngo umukozi wo mu rugo wari wasigaranye na nyakwigendera, yahamagaye nyirabuja  amubwira ngo naze arebe ibibaye ariko amubaza ibyo ari byo, undi aryumaho.

Ni bwo baje ngo basanga Rudasingwa Ihirwe Davis amanitse mu mugozi wari uziritse ku byuma by’idirishya bizwi nka Grillage.

Ukekwaho kugira uruhare yabyemereye RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise ruta muri yombi uyu mukozi wo mu rugo witwa Nyirangiruwonsanga Solange wanaje kwemera ko ari we wagize uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha [RIB], Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu mukozi wo mu rugo ari we wishe nyakwigendera.

Yagize ati “Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu Solange Nyirangiruwonsanga ari we wishe uyu mwana nkuko na we abyiyemerera.”

Urupfu rw’uyu mwana w’umuziranenge rwashenguye abatari bacye, bagiye bashyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zabo bagaragaza ko uyu mujyambere ababaje, bagasaba ko ubutabera bukora akazi kabwo bityo uwabigizemo uruhare akabiryozwa.

Yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa Gatatuntariki 15 Kamena 2022, ashyingurwa mu irimbi rya Rusororo mu Mujyi wa Kigali, hagarukwa ku buryo yari umwana ufite intego ndetse basaba ko bifuza ubutabera.

Muri Mutarama 2022, undi mwana w’umukobwa witwa Akeza Elisie Rutiyomba yitabye Imana bishengura abatari bacye aho na we bamusanze mu kidomoro cy’amazi ariko na bwo bikaza gukekwa ko atiyahuye ahubwo yishwe na Mukase wanajyanywe mu nzego z’ubutabera.

Uyu mwana Akeza wapfiriye mu Kagari ka Busanze mu Murenge wa Kanombe, yari asanzwe azwi ku mbuga nkoranyambaga akoresha amagambo yasetsaga abantu ndetse anasubiramo indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo n’abakomeye nka Meddy na we uri mu bashenguwe cyane n’urupfu rwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

Next Post

Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry'indege y’abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.