Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu barindwi bakurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo, biba ibikoresho by’imiyoboro y’amashanyarazi ndeste banacuruza ibitujuje ubuziranenge, byose hamwe bifite agaciro ka Miliyoni zirenga 150 Frw.

Aba bantu berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025, aho iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’inzego zinyuranye zirimo Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA) ndetse na Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu (REG).

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba “bantu barindwi bakekwaho kwangiza ibikorwaremezo, biba ibikoresho by’imiyoboro y’amashanyarazi.”

Abafashwe barimo abacuruzi baguraga, bakanacuruza ibikoresho bitandukanye by’amashanyarazi byibwe, ndetse n’ibitujuje ubuziranenge.

Aba bantu beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, bagiye bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali ku bw’amakuru yabaga yamenywe n’inzego..

Uretse aba bantu berekanywe kandi, izi nzego zanagaragaje ibikoresho bafatanywe, byiganjemo intsinga z’amashanyarazi, udukoresho turenga 400 twatsa tukanazimya amashanyarazi, ndetse n’ibindi bikoresho byifashishwa muri ibi bikorwa remezo byo kugeza amashanyarazi ku Baturarwanda.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibikorwa nk’ibi bigira ingaruka ku bikorwa remezo, bityo ko itazigera yihanganira ababikora, ndetse inaburira ababirimo kimwe n’ababitekerezaga guhinira aho, kuko bahagurukiwe.

Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, REG na RICA
Aba bantu barindwi bafatiwe mu bice bitandukanye kandi mu bihe binyuranye
Ibi bikoresho birimo utwuma twifashisha mu kwatsa no kuzimya amashanyarazi
Harimo kandi n’intsinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Next Post

President Kagame on CNN

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame on CNN

President Kagame on CNN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.