Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu barindwi bakurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo, biba ibikoresho by’imiyoboro y’amashanyarazi ndeste banacuruza ibitujuje ubuziranenge, byose hamwe bifite agaciro ka Miliyoni zirenga 150 Frw.

Aba bantu berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025, aho iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’inzego zinyuranye zirimo Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA) ndetse na Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu (REG).

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba “bantu barindwi bakekwaho kwangiza ibikorwaremezo, biba ibikoresho by’imiyoboro y’amashanyarazi.”

Abafashwe barimo abacuruzi baguraga, bakanacuruza ibikoresho bitandukanye by’amashanyarazi byibwe, ndetse n’ibitujuje ubuziranenge.

Aba bantu beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, bagiye bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali ku bw’amakuru yabaga yamenywe n’inzego..

Uretse aba bantu berekanywe kandi, izi nzego zanagaragaje ibikoresho bafatanywe, byiganjemo intsinga z’amashanyarazi, udukoresho turenga 400 twatsa tukanazimya amashanyarazi, ndetse n’ibindi bikoresho byifashishwa muri ibi bikorwa remezo byo kugeza amashanyarazi ku Baturarwanda.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibikorwa nk’ibi bigira ingaruka ku bikorwa remezo, bityo ko itazigera yihanganira ababikora, ndetse inaburira ababirimo kimwe n’ababitekerezaga guhinira aho, kuko bahagurukiwe.

Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, REG na RICA
Aba bantu barindwi bafatiwe mu bice bitandukanye kandi mu bihe binyuranye
Ibi bikoresho birimo utwuma twifashisha mu kwatsa no kuzimya amashanyarazi
Harimo kandi n’intsinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eight =

Previous Post

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Next Post

President Kagame on CNN

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame on CNN

President Kagame on CNN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.