Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo yari ipakiye itaka, bikekwa ko yabuze feri ubundi ikagenda igonga ibyo yasangaga mu cyerekezo yari irimo birimo n’indi modoka yangije cyane ndetse ikagwamo n’umwe mu bari bayirimo.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, yabereye i Nduba, aho imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo yari ivuye gupakira itaka ahitwa i Gasanze, bikekwa ko yacitse feri ubundi igacuncumuka nta rutangira.

Iyi modoka yamanukaga mu muhanda ucuramye, yagonze ibyo yasangaga mu nzira byose, iza no gukubita imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yari irimo abantu iyikubita iyihereye mu rubavu irangirika cyane ndetse umwe mu bari muri iyi modoka ari na we wahise ahasiga ubuzima.

Bamwe mu bari aha iyi mpanuka yabereye, bavuze ko yari iteye ubwoba kuko iyi kamyo bigaragara ko yari yacitse feri, ari bwo yakubitaga iyi modoka ya Rav 4.

Umwe mu baturage bari aha yagize ati “Yamanutse yiruka ibanza gukatira ziriya Howo, ihita ikubita iyi Rav 4, ni nk’aho ari yo yayifatiye feri, ubundi ihita ikubita igiti, na yo ihita yikagara iragwa.”

Aba baturage bavuga ko ari bo bakuyemo abantu bari muri iyi modoka ya Rav 4, bakibonera umwe w’umusaza wari urimo yitabye Imana mu gihe abandi b’ababyeyi bakomeretse bikabije.

Iyi mpanuka y’ikamyo ibaye mu gihe hamaze iminsi havugwa izindi mpanuka nk’izi z’amakamyo azwi nka Howo, akomeje gukora impanuka zihitana ubuzima bwa bamwe.

Yagonze Rav 4 irangirika cyane

Hahise habaho ubutabazi bwihuse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + sixteen =

Previous Post

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

Next Post

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.