Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ahahariwe icyanya cy’ibikorwa by’ubuzima, habarwa hegitari 500 zizagurirwaho ibikorwa remezo by’uru rwego, biteganyijwe ko zizimurwaho abaturage bazituyeho.

Aha i Masaka, haherutse gutahwa ikigo kizwi nka IRCAD cy’Ubushakashatsi ku ndwara zifata urwungano ngogozi, gitangirwamo amahugurwa ahanitse ajyanye no kubaga izi ndwara mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Hasanzwe kandi hari Ibitaro bya Masaka, ndetse ubu hakaba hari kuzamurwa ibindi bikorwa remezo by’inyubako zizakoreramo ibikorwa by’ubuzima n’ubuvuzi.

Mu nyubaho ziri kubakwa muri aka gace, harimo izimukiramo Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK bisanzwe bikorera mu mu Karere ka Nyarugenge, hakaba hari no kuzamurwa inyubako y’Ibitaro bizavura indwara y’umutima.

Aka gace kari kuzamurwamo ibi bikorwa, kagenewe ibikorwa remezo by’ubuzima, ndetse bikaba bituma hari abaturage bagatuyemo bazimurwa kugira ngo babibeberekere.

Ibitaro bya CHUK biri kubakwa

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi avuga ko hakenewe nibura Hegitari 500 zizashyirwaho ibyo bikorwa remezo.

Icyakora avuga ko hatarasohoka igishushanyo mbonera cy’ibi bikorwa, ku buryo n’ahazashyirwa ibi bikorwa hataramenyekana.

Ati “Icyo twakoze ubu, twahagaritse kuba twatanga impushya [zo kubaka] muri iki gice kugira ngo igishushanyo mbonera kibanze kiganirweho cyemezwe, hanyuma tubone ngo ni hehe nyirizina, abo bireba bagomba kwimuka ni abahe.”

Antoine Mutsinzi avuga ko by’umwihariko igice cyo hepfo y’umuhanda ari cyo kizashyirwamo ibi bikorwa remezo, bityo ko n’igice cya ruguru gikwiye gutangira gutekerezwaho uburyo cyazabyazwa umusaruro mu buryo bw’ishoramari.

Ati “Ruguru hazabe hari ibikorwa byunganira ibikorwa remezo bizaba bigeze hariya. Dukene ko abantu baza gushora imari muri Masaka kugira ngo bubake ibikorwa remezo, kuko uko tugenda twongera ibikorwa remezo by’ubuzima ni ko tugenda twongera n’abakozi bazakenerwa, bakeneye aho kuba, bakeneye aho guhahira heza, ndetse bakeneye n’ibindi bikorwa remezo.”

Abatuye muri aka gace ka Masaka, bavuga ko ibi bikorwa remezo ari amahirwe aje abasanga abazaniye iterambere ridahwema kwigaragaza muri aka gace uko imyaka ishira.

Habumugisha Issa ati “Urebye uko hano hari hameze muri 2020, si ko hameze muri 2023. Uko umwaka ugenda uza hagenda hiyongeraho ikintu. Biradufasha cyane kuko iyo iri terambere ridusatira, hari ikindi kintu kigenda gihinduka mu mikorere yacu.”

Aba baturage bavuga kandi ko uretse iri terambere riza ribasanga rinazana andi mahirwe yo kwiteza imbere, bavuga ko n’ibi bikorwa remezo by’ubuzima, babibyaza umusaruro, kuko bivuza bitabagoye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

U Rwanda rwibukije Congo ibyo yagakwiye kuvuga mu mwanya wo guhoro irushinja ibinyoma

Next Post

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry'agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.