Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ahahariwe icyanya cy’ibikorwa by’ubuzima, habarwa hegitari 500 zizagurirwaho ibikorwa remezo by’uru rwego, biteganyijwe ko zizimurwaho abaturage bazituyeho.

Aha i Masaka, haherutse gutahwa ikigo kizwi nka IRCAD cy’Ubushakashatsi ku ndwara zifata urwungano ngogozi, gitangirwamo amahugurwa ahanitse ajyanye no kubaga izi ndwara mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Hasanzwe kandi hari Ibitaro bya Masaka, ndetse ubu hakaba hari kuzamurwa ibindi bikorwa remezo by’inyubako zizakoreramo ibikorwa by’ubuzima n’ubuvuzi.

Mu nyubaho ziri kubakwa muri aka gace, harimo izimukiramo Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK bisanzwe bikorera mu mu Karere ka Nyarugenge, hakaba hari no kuzamurwa inyubako y’Ibitaro bizavura indwara y’umutima.

Aka gace kari kuzamurwamo ibi bikorwa, kagenewe ibikorwa remezo by’ubuzima, ndetse bikaba bituma hari abaturage bagatuyemo bazimurwa kugira ngo babibeberekere.

Ibitaro bya CHUK biri kubakwa

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi avuga ko hakenewe nibura Hegitari 500 zizashyirwaho ibyo bikorwa remezo.

Icyakora avuga ko hatarasohoka igishushanyo mbonera cy’ibi bikorwa, ku buryo n’ahazashyirwa ibi bikorwa hataramenyekana.

Ati “Icyo twakoze ubu, twahagaritse kuba twatanga impushya [zo kubaka] muri iki gice kugira ngo igishushanyo mbonera kibanze kiganirweho cyemezwe, hanyuma tubone ngo ni hehe nyirizina, abo bireba bagomba kwimuka ni abahe.”

Antoine Mutsinzi avuga ko by’umwihariko igice cyo hepfo y’umuhanda ari cyo kizashyirwamo ibi bikorwa remezo, bityo ko n’igice cya ruguru gikwiye gutangira gutekerezwaho uburyo cyazabyazwa umusaruro mu buryo bw’ishoramari.

Ati “Ruguru hazabe hari ibikorwa byunganira ibikorwa remezo bizaba bigeze hariya. Dukene ko abantu baza gushora imari muri Masaka kugira ngo bubake ibikorwa remezo, kuko uko tugenda twongera ibikorwa remezo by’ubuzima ni ko tugenda twongera n’abakozi bazakenerwa, bakeneye aho kuba, bakeneye aho guhahira heza, ndetse bakeneye n’ibindi bikorwa remezo.”

Abatuye muri aka gace ka Masaka, bavuga ko ibi bikorwa remezo ari amahirwe aje abasanga abazaniye iterambere ridahwema kwigaragaza muri aka gace uko imyaka ishira.

Habumugisha Issa ati “Urebye uko hano hari hameze muri 2020, si ko hameze muri 2023. Uko umwaka ugenda uza hagenda hiyongeraho ikintu. Biradufasha cyane kuko iyo iri terambere ridusatira, hari ikindi kintu kigenda gihinduka mu mikorere yacu.”

Aba baturage bavuga kandi ko uretse iri terambere riza ribasanga rinazana andi mahirwe yo kwiteza imbere, bavuga ko n’ibi bikorwa remezo by’ubuzima, babibyaza umusaruro, kuko bivuza bitabagoye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + sixteen =

Previous Post

U Rwanda rwibukije Congo ibyo yagakwiye kuvuga mu mwanya wo guhoro irushinja ibinyoma

Next Post

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry'agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.