Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ahahariwe icyanya cy’ibikorwa by’ubuzima, habarwa hegitari 500 zizagurirwaho ibikorwa remezo by’uru rwego, biteganyijwe ko zizimurwaho abaturage bazituyeho.

Aha i Masaka, haherutse gutahwa ikigo kizwi nka IRCAD cy’Ubushakashatsi ku ndwara zifata urwungano ngogozi, gitangirwamo amahugurwa ahanitse ajyanye no kubaga izi ndwara mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Hasanzwe kandi hari Ibitaro bya Masaka, ndetse ubu hakaba hari kuzamurwa ibindi bikorwa remezo by’inyubako zizakoreramo ibikorwa by’ubuzima n’ubuvuzi.

Mu nyubaho ziri kubakwa muri aka gace, harimo izimukiramo Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK bisanzwe bikorera mu mu Karere ka Nyarugenge, hakaba hari no kuzamurwa inyubako y’Ibitaro bizavura indwara y’umutima.

Aka gace kari kuzamurwamo ibi bikorwa, kagenewe ibikorwa remezo by’ubuzima, ndetse bikaba bituma hari abaturage bagatuyemo bazimurwa kugira ngo babibeberekere.

Ibitaro bya CHUK biri kubakwa

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi avuga ko hakenewe nibura Hegitari 500 zizashyirwaho ibyo bikorwa remezo.

Icyakora avuga ko hatarasohoka igishushanyo mbonera cy’ibi bikorwa, ku buryo n’ahazashyirwa ibi bikorwa hataramenyekana.

Ati “Icyo twakoze ubu, twahagaritse kuba twatanga impushya [zo kubaka] muri iki gice kugira ngo igishushanyo mbonera kibanze kiganirweho cyemezwe, hanyuma tubone ngo ni hehe nyirizina, abo bireba bagomba kwimuka ni abahe.”

Antoine Mutsinzi avuga ko by’umwihariko igice cyo hepfo y’umuhanda ari cyo kizashyirwamo ibi bikorwa remezo, bityo ko n’igice cya ruguru gikwiye gutangira gutekerezwaho uburyo cyazabyazwa umusaruro mu buryo bw’ishoramari.

Ati “Ruguru hazabe hari ibikorwa byunganira ibikorwa remezo bizaba bigeze hariya. Dukene ko abantu baza gushora imari muri Masaka kugira ngo bubake ibikorwa remezo, kuko uko tugenda twongera ibikorwa remezo by’ubuzima ni ko tugenda twongera n’abakozi bazakenerwa, bakeneye aho kuba, bakeneye aho guhahira heza, ndetse bakeneye n’ibindi bikorwa remezo.”

Abatuye muri aka gace ka Masaka, bavuga ko ibi bikorwa remezo ari amahirwe aje abasanga abazaniye iterambere ridahwema kwigaragaza muri aka gace uko imyaka ishira.

Habumugisha Issa ati “Urebye uko hano hari hameze muri 2020, si ko hameze muri 2023. Uko umwaka ugenda uza hagenda hiyongeraho ikintu. Biradufasha cyane kuko iyo iri terambere ridusatira, hari ikindi kintu kigenda gihinduka mu mikorere yacu.”

Aba baturage bavuga kandi ko uretse iri terambere riza ribasanga rinazana andi mahirwe yo kwiteza imbere, bavuga ko n’ibi bikorwa remezo by’ubuzima, babibyaza umusaruro, kuko bivuza bitabagoye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

U Rwanda rwibukije Congo ibyo yagakwiye kuvuga mu mwanya wo guhoro irushinja ibinyoma

Next Post

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry'agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.