Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu cyumweru kimwe, Polisi y’u Rwanda yafashe moto 80 zari zitwaye imizigo irengeje ubushobozi bwazo, ikibutsa abatwara ibi binyabiziga kutishimira amafaranga ngo bibagirwe ubuzima bw’abantu.

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe gucunga umutekano wo mu muhanda ryatangije ubukangurambaga bwo kurwanya abatwara ibinyabiziga byumwihariko moto bagatwara imizigo irengeje ubushobozi bwabyo.

Ivuga ko rimwe na rimwe abatwaye ibi binyabiziga bipakiye imizigo irengeje ubushobozi bwabyo, batabasha kureba neza ibinyabiziga bibaturuka inyuma kubera gukingirizwa n’imizigo baba batwaye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Rene Irere yavuze ko ibi bikorwa binyuranyije n’amategeko kandi ko Polisi izakomeza kurwanya abica amatwi bagakomeza kubikora.

Yavuze ko mu cyumweru kimwe gusa, hafashwe “abamotari bagera kuri 80 bafatiwe mu mujyi wa Kigali, batwaye imizigo irenze ubushobozi bw’ibinyabiziga batwaye.”

Yavuze ko abafashwe bari batwaye imifuka minini kandi myinshi ku buryo yababuzaga kureba inyuma ngo babone ibindi binyabiziga bibaturuka inyuma.

Akomeza avuga ko kandi abamotari baba batwaye moto zipakiye imizigo nk’iyi, bibabangamira ntibabashe kuyobora neza moto kubera uburemere bw’iyo mizigo.

Yavuze ko moto zafashwe mu mujyi wa Kigali, inyinshi zafatiwe mu mujyi rwagati ahazwi nka Downtown ndetse no muri Nyabugogo no ku Kimisagara, ndetse ko inyinshi zari zipakiye ibiribwa.

SSP Rene Irere yakomeje agira ati “Guheka imizigo irenze ubushobozi bwa moto ni imwe mu mpamvu ishobora guteza impanuka biturutse kuri bamwe mu batwara moto bishimira amafaranga bakirengagiza ubuzima bw’abantu batwaye ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.”

Yasabye abakoresha moto zabo mu gupakira imizigo, ko bakwiye kwirinda gutwara irenze ubushobozi bwazo ndetse anasaba abatega moto bafite imizigo minini kubihagarika kuko biteza impanuka.

Mu cyumweru kimwe hafashwe moto 80 mu Mujyi wa Kigali

Abatega izi moto baburiwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twenty =

Previous Post

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Next Post

Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wafatanywe umutwe w’inka yari yabuze nyuma yo kwibwa, yisobanuye avuga...

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.