Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ukekwaho iby’ubugome budasanzwe haravugwa uko yatahuwe n’andi makuru arambuye kuri we

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umugabo ukekwaho kwica abantu bataramenyekana umubare, akabashyingura mu nzu yakodeshaga yo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro. Haravugwa uburyo yatahuwe, ndetse abaturanyi be bavuze byinshi kuri we.

Amakuru y’ifungwa ry’uyu mugabo witwa Kazungu Denis, yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, atangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Mu butumwa bwatambutse kuri X, RIB yavuze ko “Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano, RIB yafunze KAZUNGU Denis ukekwaho kwica abantu hanyuma akabashyingura mu nzu yakodeshaga iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.”

Uyu mugabo ufungiye kuri Sitasiyo ya Kicukiro, RIB ivuga ko igikomeje iperereza kugira ngo “hamenyekane umubare n’umwirondoro w’abo yaba yarishe ndetse na dosiye ye ikorwe ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Mu butumwa bwa RIB, yaboneyeho gushimira Abaturarwanda bakomeje kugaragaza ubushake mu gutahura abakekwaho ibyaha, batanga amakuru atuma bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Amakuru yaturutse mu baturanyi b’uyu mugabo, avuga ko yatahuwe nyuma yuko yari amaze igihe atishyura amafaranga y’ubukode bw’inzu, aho ba nyirayo babanje kumusaba kuyivamo ku neza, akinangira, bakaza gufata icyemezo cyo kujya kumusohoramo, bakaza gutahura iby’aya mahano akekwaho.

Ayinkamiye Emeline, umwe mu baturanyi b’uyu mugabo utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Megapex TV, yavuze ko ari uwo mu muryango wa nyiri iyi nzu yakodeshwaga n’uyu musore.

Yagize ati “Noneho muyobomba [Nyirarume wa Ayinkamiye] aramurega, yagezemo ibihumbi Magana arindwi, aravuga ati ‘njyewe nta mafaranga yawe nkikeneye, nsohokera mu nzu ugende’ yanga kuvamo aramurega. Ubwo Polisi baje kumukuramo, ni bwo basanzemo icyobo.”

Ayinkamiye avuga ko uyu mugabo yagaragaraga nk’umusirimu ariko batari bazi icyo akora, gifatika, gusa ko yitabiraga gahunda za Leta, nk’umuganda ndetse n’inama.

Ngo uyu musore w’igihagararo n’uburanga byishimirwa, yasurwaga n’abakobwa banyuranye, ku buryo iwe hinjiraga nk’abakobwa babiri ku munsi.  Bakeka ko abo bakobwa bamusuraga, ari bo bishwe n’uyu musore, abanje kubambura amafaranga n’ibindi babaga bitwaje.

Ayinkamiye ati “Yari umuntu ubona ko yize nyine, avuga indimi zose. Hari igihe yacyurwaga nk’abakobwa nka babiri ku munsi cyangwa batatu.”

Avuga ko mu rugo rw’uyu musore hatageraga abaturanyi, kuko hahoraga hakinze uretse abo bakobwa bahazaga, na bo batari abo muri aka gace, ndetse ko batazi aho uyu musore akomoka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rudashanya charles says:
    2 years ago

    Nubwo, Kazungu ariwe wafashwe, ariko ibyo yakoze ntabwo yabikoraga wenyine, kuko kwica umuntu ukamuterura ukamuta mu rwobo, ugashyiraho umufuniko was Beto, biragoye ko bikorwa n’umuntu umwe,abo bakobwa bashobora kuba barashukwaga n’umukobwa mugenzi wabo bikarangira abazaniye kazungu. Bityo bakaba bakoraga Ari ikipe,gusa twizeye ko inzego zibishinzwe zizabikemura uko bikwiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 7 =

Previous Post

Icyafashije inzego kumenya ibyumvikanamo amahano akekwa ku mugabo yakoreye uwo yibyariye

Next Post

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.