Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ukekwaho iby’ubugome budasanzwe haravugwa uko yatahuwe n’andi makuru arambuye kuri we

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umugabo ukekwaho kwica abantu bataramenyekana umubare, akabashyingura mu nzu yakodeshaga yo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro. Haravugwa uburyo yatahuwe, ndetse abaturanyi be bavuze byinshi kuri we.

Amakuru y’ifungwa ry’uyu mugabo witwa Kazungu Denis, yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, atangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Mu butumwa bwatambutse kuri X, RIB yavuze ko “Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano, RIB yafunze KAZUNGU Denis ukekwaho kwica abantu hanyuma akabashyingura mu nzu yakodeshaga iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.”

Uyu mugabo ufungiye kuri Sitasiyo ya Kicukiro, RIB ivuga ko igikomeje iperereza kugira ngo “hamenyekane umubare n’umwirondoro w’abo yaba yarishe ndetse na dosiye ye ikorwe ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Mu butumwa bwa RIB, yaboneyeho gushimira Abaturarwanda bakomeje kugaragaza ubushake mu gutahura abakekwaho ibyaha, batanga amakuru atuma bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Amakuru yaturutse mu baturanyi b’uyu mugabo, avuga ko yatahuwe nyuma yuko yari amaze igihe atishyura amafaranga y’ubukode bw’inzu, aho ba nyirayo babanje kumusaba kuyivamo ku neza, akinangira, bakaza gufata icyemezo cyo kujya kumusohoramo, bakaza gutahura iby’aya mahano akekwaho.

Ayinkamiye Emeline, umwe mu baturanyi b’uyu mugabo utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Megapex TV, yavuze ko ari uwo mu muryango wa nyiri iyi nzu yakodeshwaga n’uyu musore.

Yagize ati “Noneho muyobomba [Nyirarume wa Ayinkamiye] aramurega, yagezemo ibihumbi Magana arindwi, aravuga ati ‘njyewe nta mafaranga yawe nkikeneye, nsohokera mu nzu ugende’ yanga kuvamo aramurega. Ubwo Polisi baje kumukuramo, ni bwo basanzemo icyobo.”

Ayinkamiye avuga ko uyu mugabo yagaragaraga nk’umusirimu ariko batari bazi icyo akora, gifatika, gusa ko yitabiraga gahunda za Leta, nk’umuganda ndetse n’inama.

Ngo uyu musore w’igihagararo n’uburanga byishimirwa, yasurwaga n’abakobwa banyuranye, ku buryo iwe hinjiraga nk’abakobwa babiri ku munsi.  Bakeka ko abo bakobwa bamusuraga, ari bo bishwe n’uyu musore, abanje kubambura amafaranga n’ibindi babaga bitwaje.

Ayinkamiye ati “Yari umuntu ubona ko yize nyine, avuga indimi zose. Hari igihe yacyurwaga nk’abakobwa nka babiri ku munsi cyangwa batatu.”

Avuga ko mu rugo rw’uyu musore hatageraga abaturanyi, kuko hahoraga hakinze uretse abo bakobwa bahazaga, na bo batari abo muri aka gace, ndetse ko batazi aho uyu musore akomoka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rudashanya charles says:
    2 years ago

    Nubwo, Kazungu ariwe wafashwe, ariko ibyo yakoze ntabwo yabikoraga wenyine, kuko kwica umuntu ukamuterura ukamuta mu rwobo, ugashyiraho umufuniko was Beto, biragoye ko bikorwa n’umuntu umwe,abo bakobwa bashobora kuba barashukwaga n’umukobwa mugenzi wabo bikarangira abazaniye kazungu. Bityo bakaba bakoraga Ari ikipe,gusa twizeye ko inzego zibishinzwe zizabikemura uko bikwiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

Icyafashije inzego kumenya ibyumvikanamo amahano akekwa ku mugabo yakoreye uwo yibyariye

Next Post

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.