Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwakekwagaho kwica umucuruzi yakoreraga wo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yagerageje gutoroka Abapolisi yari agiye kwereka icyo yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi, bahita bamurasa.

Uyu mugabo witwa Ndungutse Wellars yari yatawe muri yombi akekwaho kwivugana Nsekanabo Valens wari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga muri aka Kagari ka Murama, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022.

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2022, Polisi y’u Rwanda yari ijyanye uyu Ndungutse ahakorewe iki cyaha mu gikorwa cy’iperereza, agerageza gutoroka, Abapolisi bahita bamurasa, ahasiga ubuzima.

Aya makuru kandi yemejwe na Uwamahoro Liliane uyobora Akagari ka Murama, wabwiye BTN ko uyu wakekwagaho kwica nyakwigendera yari aje kwereka Polisi y’u Rwanda bimwe mu bikoresho yifashishije mu kumwivugana ndetse n’uburyo yabikoze.

Uwamahoro Liliane avuga ko uyu Ndungutse Wellars ubwo yari ageze mu gasantere kazwi nka Ntama ahakorewe iki cyaha, ari bwo yashatse gutoroka inzego.

Yagize ati “Uwo Ndungutse rero yazanye n’Abapolisi ageze hariya ashaka kwiruka ashaka gutoroka, baramurasa.”

Uyu Ndungutse wakekwagaho kwica Valens, yari yaje gukorera uyu yivuganye aturutse mu Murenge wa Kibagabaga mu Karere ka Gasabo, akaba yari amaze icyumweru kimwe akorera uwo yakekwagaho kwica.

Nsekanabo Valens wasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’uyu Ndungutse, yari asanzwe ari umucuruzi muri kariya gasantere ka Ntama aho bamusanze yapfiriye mu nzu yakoreragamo ubucuruzi bwe.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Binunga, Nsabimana Sylvere yari yatangaje ko abishe uyu nyakwigendera bashobora kuba baramukubise ikintu mu mutwe kuko bamusanganye amaraso ku gice cy’umutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu

Next Post

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y'u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.