Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwakekwagaho kwica umucuruzi yakoreraga wo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yagerageje gutoroka Abapolisi yari agiye kwereka icyo yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi, bahita bamurasa.

Uyu mugabo witwa Ndungutse Wellars yari yatawe muri yombi akekwaho kwivugana Nsekanabo Valens wari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga muri aka Kagari ka Murama, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022.

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2022, Polisi y’u Rwanda yari ijyanye uyu Ndungutse ahakorewe iki cyaha mu gikorwa cy’iperereza, agerageza gutoroka, Abapolisi bahita bamurasa, ahasiga ubuzima.

Aya makuru kandi yemejwe na Uwamahoro Liliane uyobora Akagari ka Murama, wabwiye BTN ko uyu wakekwagaho kwica nyakwigendera yari aje kwereka Polisi y’u Rwanda bimwe mu bikoresho yifashishije mu kumwivugana ndetse n’uburyo yabikoze.

Uwamahoro Liliane avuga ko uyu Ndungutse Wellars ubwo yari ageze mu gasantere kazwi nka Ntama ahakorewe iki cyaha, ari bwo yashatse gutoroka inzego.

Yagize ati “Uwo Ndungutse rero yazanye n’Abapolisi ageze hariya ashaka kwiruka ashaka gutoroka, baramurasa.”

Uyu Ndungutse wakekwagaho kwica Valens, yari yaje gukorera uyu yivuganye aturutse mu Murenge wa Kibagabaga mu Karere ka Gasabo, akaba yari amaze icyumweru kimwe akorera uwo yakekwagaho kwica.

Nsekanabo Valens wasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’uyu Ndungutse, yari asanzwe ari umucuruzi muri kariya gasantere ka Ntama aho bamusanze yapfiriye mu nzu yakoreragamo ubucuruzi bwe.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Binunga, Nsabimana Sylvere yari yatangaje ko abishe uyu nyakwigendera bashobora kuba baramukubise ikintu mu mutwe kuko bamusanganye amaraso ku gice cy’umutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 11 =

Previous Post

Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu

Next Post

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y'u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.