Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugabo bikekwa ko yapfuye yagaragaye ku muhanda habuze uwahamukura imvura irinda aho imuhitukiraho

radiotv10by radiotv10
25/12/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugabo bikekwa ko yapfuye yagaragaye ku muhanda habuze uwahamukura imvura irinda aho imuhitukiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukuboza 2021, mu Mujyi wa Kigali rwagati ahazwi nka Dow Town ku Muhima, hagaragaye umuntu w’umugabo uryamye ku muhanda bigaragara ko yapfuye ndetse habuze n’inzego zihamukura imvura irinda aho igwa imuhitukiraho.

Uyu mugabo bikekwa ko yapfuye yabonywe n’abantu bari muri gahunda zabo mu Mujyi wa Kigali birinda kumwegera ahubwo bategereza ko inzego ziza zikahamukura.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Ramesh Nkusi uri mu babonye uyu mugabo, yatangaje ko abantu birinze kumwegera ahubwo bagategereza ko inzego ari zo zihagera zikanemeza ko yapfuye koko.

Icyakora mu kurebesha amaso ntagushidikanya ko uyu mugabo yaba agitera akuka bitewe n’uburyo yari aryamye ndetse bigaragara ko yari asanganywe ikibazo cy’uburwayi.

Uyu mugabo yari aryamye munsi y’ahazwi nka Down Town ahakorera ikigo cya RIAM ahasanzwe hakunze kugaragara urujya n’uruza rw’abantu.

Ramesh Nkusi atangaza ko imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu yarinze ihita nta nzego yaba Polisi cyangwa iz’ubuyobozi bw’ibanze zari zahagera icyakora ngo haje kuza bamwe mu rubyiruko rw’Abakorerabushake bafasha abantu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Iruhande rwe gari imbago bigaragara ko yicumbaga ku buryo hari abaketse ko ashobora kuba yari avuye kwa muganga cyangwa yajyagayo.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame ari mu karuhuko mu rugo yifurije Abanyarwanda iminsi mikuru myiza

Next Post

AMAFOTO: Icyo kurya n’icyo kunywa byari munange…Abakinnyi ba Rayon bizihirije hamwe Noheli

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Icyo kurya n’icyo kunywa byari munange…Abakinnyi ba Rayon bizihirije hamwe Noheli

AMAFOTO: Icyo kurya n’icyo kunywa byari munange...Abakinnyi ba Rayon bizihirije hamwe Noheli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.