Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n’umugore we yirirwa ayibonamo abahisi n’abagenzi baza kuyisengeramo, agasaba ko ubuyobozi bubihagarika kuko Leta yaciye amasengesho akorerwa ahatemewe.

Umunyamakuru wa Flash TV dukesha aya makuru, avuga ko ubwo yageraga muri uru rugo ruherereye mu Kagari ka Gacuriro, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yahasanze imodoka nyinshi ziparitse z’abantu baje kuhasengera.

Ni urugo rugizwe n’inzu igeretse, bigaragara ko ari iy’abifashije, rusigayemo umugore wa Rwanyagatare Patrice uvuga ko yayimusohoyemo ndetse akaza no gufungwa.

Uyu mugabo avuga ko yasohowe muri iyi nzu nyuma yuko umugore we wabaga muri Canada agarutse mu Rwanda akavuga ko yamuririye umutungo.

Rwanyagatare yagize ati “Baranamfunze ariko ubuyobozi buravuga ngo nimbe ngiye kuba ahantu hamwe barebe ko twakumvikana.”

Avuga ko icyamubabaje kurushaho, ari ukuba yarasohowe mu nzu ye, ariko ikaba isigaye yirirwamo abahisi n’abagenzi ngo baje kuhasengera.

Ati “Kuva icyo gihe yahise ashingamo urusengero. Buri munsi haba hari abantu basenga, abarara, abirirwa…”

Avuga ko kandi inzego zizi iki kibazo, ati “Umuyobozi wa RIB yarahageze, Umuyobozi w’Akagari yarahageze. Ibyo bintu barabizi narabahamagaye ndabibabwira ariko banze kuza.”

Uyu muturage uvuga ko bisanzwe bibujijwe gusengera mu rugo, ariko ko aha iwe hirirwa hakanarara ababa bari mu masengesho, bo mu Itorero Restauration Church, bahateranira kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, ubundi ku wa Gatandatu no ku Cyumweru bakajya guteranira ku rusengero rw’iri Torero.

Ni mu gihe umugore w’uyu mugabo wari muri iyi nzu n’abandi bantu bagera mu icyenda, yavugaga ko bari bamusuye batari baje kuhasengera nk’uko bivugwa n’umugabo we.

Iki gitangazamakuru dukesha aya makuru, gitangaza ko umunyamakuru wacyo ubwo yageraga aha, yiyumviye abantu bari kubwiriza, ari na ko banasenga mu majwi ahanitse biyambaza Imana.

Rwanyagatare we avuga ko nk’uko hagiye hafungwa insengero nyinshi zitujuje ibisabwa n’ahandi hakorerwa amasengesho hatemewe, aha iwe na ho hakwiye guhagarikwa gukorerwa amasengesho.

Ati “Nifuza ko bahagarika ibi bikorwa byabo kuko na Leta yarabihagaritse, nibajye mu makiliziya, nibave mu ngo z’abantu.”

Avuga ko nubwo umugore we yavuze ko atamushaka mu rugo rwe, ariko agomba kujya ahaza kuko hari umukecuru we, kandi ko atahaza hirirwa aya masengesho.

Rwanyagatare avuga ko ababazwa no kuba inzu ye yarahinduwe iy’amasengesho
Ubwo yajyaga aha umugore we yamukumiriye ahita akinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Next Post

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.