Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko ukora akazi ko mu rugo mu muryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma y’ubutumwa akekwaho gutambutsa kuri WhatsApp bwumvikanamo ingengabitekerezo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Taarifa, avuga ko uyu mukobwa yatawe muri yombi, ubu akaba afungiye ku cyicaro gikuru cya Polisi na RIB mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mukobwa ukomoka mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, akora akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nonko, Umurenge wa Nyarugunga, yatawe muri yombi kubera ubutumwa yatambukije kuri Status ya WhatsApp, aho yakoresheje imvugo iremereye itoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe Abanyarwanda binjiye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31.

Bumwe muri ubu butumwa buremereye tutifuje gutangaza, uyu mukobwa yumvikanishaga ko atakwifatanya n’abandi Banyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo ko we ngo azibuka abo mu bwoko bwe [bw’Abahutu].

Rose Kabatayi, nyiri uru rugo rukoramo uyu mukobwa, yemeye ko uyu mukozi we yatawe muri yombi. Ati “Hari saa munani tubona abashinzwe umutekano baraje baramufata, ntituzi ibyakurikiyeho.”

Rose avuga ko uyu mukozi bari bamumaranye igihe abakorera, ariko ko na bo batunguwe na buriya butumwa yanditse kuri status ya WhatsApp.

Muri iki gihe Abanyarwanda binjiye mu bihe byo Kwibuka, hakunze kumvikana no kugaragara ibikorwa biba bigize ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside, birimo n’ababwira abarokotse amagambo abasesereza, ndetse no kwangiza ibyabo, nk’imyaka n’amatungo.

Mu ijoro rishyira tariki 07 Mata 2025, mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, hatawe muri yombi abagabo babiri batawe muri yombi bakurikiranyweho gutera amabuye ku rugo rwa Mujyambere Boniface warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi unahagarariye Ibuka muri uyu Murenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Next Post

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.