Tuesday, May 20, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare
Share on FacebookShare on Twitter

Ku kiraro cyambuka cyerekeza muri Gatsata ahazwi nka Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, hazindutse hagaragara umurambo w’umusore, aho bamwe mu bawubonye, bavuga ko ashobora kuba yiyahuye cyangwa yishwe n’abagizi ba nabi, bakaza kuhamumanika.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 27 Kamena 2023, ni uw’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, waje no kumenyekana imyirondoro ye.

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze ndetse n’iz’Umutekano, bihutiye kuhagera, bemeje ko ibyangombwa bamusanganye, bigaragaza ko yavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi byemejwe na Alphonsine Murebwayire uyobora Umurenge wa Gatsata, wavuze ko hagendewe kuri ibyo byangombwa, uyu musore afite imyaka 25 ndetse akaba yitwa Niyibizi.

Yagize ati “Gusa ntabwo twari twabasha kumenya aho yari avuye n’aho yari atuye.”

Umurambo wa nyakwigendera, ukimara kuboneka, hahise haza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanatangiye gukora iperereza, ndetse umubiri we uhita ujyanwa ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Bamwe mu baturage bakunze gukorera muri aka gace, banahagenda cyane, bavuze ko badasanzwe bazi uyu musore, ariko ko na bo bagize urujijo ku rupfu rwe.

Umwe yagize ati “Dusanzwe tumenyereye ko mu biraro, muri za burodire; hararamo za mayibobo, birashoboka ko mayibobo zamubona wenda zimukekaho amafaranga simbizi, bakaba bahamwiciye ntawamenya. Hari igihe abagizi ba nabi bashobora kuba bahamumanitse, cyangwa se afite ibindi bibazo byatumye yiyahura ntawamenya.”

Undi muturage wabonye uyu murambo, avuga na we icyo akeka, yavuze ko bitumvikana uburyo wari uziritse mu buryo busa n’ubwakozwe n’abagizi ba nabi.

Ati “Bahamuziritse, nta muntu wiyahura kuriya. Yego hari abantu batagira ubwonko biyahura, ariko uriya muntu ntabwo yiyahuye, ni nk’abantu bahamuziritse.”

Hari n’abavuga ko uyu yari afite ibitaka ku ipantalo, ku buryo bakeka ko yishwe n’abantu babanje kugundagurana.

Gusa abandi bo bavuga ko uyu muntu yiyahuye. Umwe ati “Ni we wigobetse mu mugozi, yifashe ashyiramo ingobe, arimanika kuriya.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ethiopia: Hamenyekanye icyemezo kitari kitezwe cyafashwe n’wayoboraga urwego rukomeye

Next Post

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC
FOOTBALL

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

19/05/2025
Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.