• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye gukora ibiganiro by’amahoro bitagira uwo biheza.

Karidinali Fridolin Ambongo yabitangaje ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 15 y’Ishyirahamwe ry’Abepisikopi muri Afurika yo Hagati izwi nka ACEC (Association des Conférences épiscopales de l’Afrique Centrale) rihuriramo Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika bo muri Congo, u Burundi n’u Rwanda.

Ibi biganiro rusange ku rwego rw’Igihugu byasabwe na Ambogo, igamije gukemura impamvu nyamukuru z’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Karidinali Ambongo ubwo yari imbere y’imbaga, yagize “Nubwo urugomo n’amakimbirane byaba bikomeye gute, amahoro arashoboka.”

Ambogo yavuze ko nubwo hasinywe amasezerano y’Amahoro y’i Washington D.C. yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi, adahagije, kuko amaze gusinywa nta cyumweru cyashize, Ihuriro AFC/M23 igahita ifata Umujyi wa Uvira.

Yagize ati “Twasobanura gute ko mu gihe kitarenze icyumweru kimwe nyuma yuko amasezerano ya Washington yemezwa, umujyi wa Uvira wafashwe?”

Gusa mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri, AFC/M23 yashyize hanze itangazo, ivuga ko yemeye gukura abasirikare bayo muri Uvira, nyuma yuko ibisabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Karidinali Ambongo yavuze ko ariya masezerano ari ingenzi, ariko ko nkuko ihuriro ry’amadini n’amatorero muri DRC, ritahwemye kubisaba, hakenewe ibiganiro bitagira uwo biheza.

Yagize ati “Kuri ubu, aya masezerano asa n’aho ari inzira y’ingenzi igana ku mahoro nyayo kandi arambye mu karere kacu.”

Kiliziya Gatulika muri Congo, yakunze kuvuga ko ibibazo byakomeje kukama iki Gihugu, bishingiye ku miyoborere idashoboye kandi idashobotse, yimakaje ingeso mbi zirimo ruswa, kwigwizaho imitungo ya bamwe mu bayobozi n’ibindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seventeen =

Previous Post

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Next Post

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.