Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye yo kubakisha, ariko bagatungurwa no kumva ko Akarere gashaka kuhaha undi mushoramari, ibyo bo bita itonesha, bagasaba ko bihagarikwa kuko abaturage bose bareshya.

Aba abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bakorera muri ubwo butaka ubucukuzi bw’amabuye yo kubakisha bari baratijwe na Leta, baranateye ibiti ku nkengero zabwo.

Aba baturage banashinze Koperative bise CARIKIREHE, bavuga ko buri wese yagiye afata ahantu he akahakorera, ariko ko bamwe batangiye guhagarikwa gukoreramo.

Uwitwa Bizimana Jean Pierre yagize ati “Aha mpakoreye imyaka itandatu, ejobundi ku italiki ya 16 z’ukwezi kwa gatandatu icyangombwa cyanjye cyararangiye bahise bampagarika bahagarika n’imodoka kuza hano ngo ntizizongere kuzamo.”

Nigena Ismael avuga ko hari umushoramari waburanye n’ubuyobozi bw’Akarere, akabutsinda, none akaba agiye guhabwa ubu butaka bakoreragamo.

Ati “Baraza barapima bavuga ko ubutaka ari ubwa Leta ariko tukaba tubufiteho ibiti. Tukibaza ese niba baje kumuha ubutaka bwabo bwa Leta tukaba tubufiteho ibiti ko natwe byari bidufitiye umumaro kandi uwo umuntu bashaka kuhaha afite uburenganzira nk’ubwo dufite baza kumuha mu butaka dufitemo ibikorwa gute? Nta muturage uruta undi imbere y’amategeko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye kandi ko bagiye kugikurikirana kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati “Nanjye ubwanjye nagiyeyo ndahasura ndeba ibirimo n’ubu ndateganya muri ki cyumweru gusubirayo. Ibyo byose tuzabireba, igikuru cyo navuze ni ubutaka bwa Leta kandi hari icyo buba bwagenewe gukora, ariko ni na yo nzira turimo ducamo kugira ngo dukemure ibibazo by’abaturage bose.”

Aba baturage bakorera muri ubu butaka buri mu Mudugudu wa Karembo mu Kagari ka Kiyanzi mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko ntacyo Leta yabasabye kubukoreramo ngo kibananire, ku buryo byashingirwaho babwakwa.

Bizimana Jean Pierre avuga ko ari gukurwa mu butaka amaze imyaka itandatu akoreramo
Nigena Ismael na we ntabyumva
Ubutaka bakoreragamo ibikorwa byo gucukura amabuye yubakishwa
Bavuga ko ubuyobozi bukwiye guca inkoni izamba

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 1 =

Previous Post

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Next Post

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.