Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ushinzwe Iterambere n’Imibereho myiza mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, aravugwaho gutandukanya abashakanye ku cyiciro cy’Ubudehe, none umwe muri bo yabuze uko yishyura umusanzu wa Mutuelle de Sante.

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko ibyiciro by’ubudehe bitakigenderwaho mu gufasha umuturage kubona serivisi, ariko muri aka Kagari ka Nyabikokora, hari umuryango wagizweho ingaruka no kuba umugabo atakiri ku cyiciro.

Bisobanurwa n’umugabo utuye mu Mudugudu wa Kaduha muri aka Kagari, uvuga ko yakuwe ku cyiciro cy’Ubudehe n’ushinzwe Imibereho mu Kagari.

Avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’umuyobozi nyuma y’uko agiranye ibibazo n’umugore we, bigatuma ajya kwibana.

Ati “Nagombaga kubishyurira noneho njye ndishyura, asigaye ngiye kuyatanga ku Irembo, bandebye muri mashini bati ‘ntabwo urimo’ bambwira ko nta cyiciro ngira ngo njye kwa Sosiyare bankosorere, ngezeyo arabyanga, arangije arambwira ngo maze imyaka ibiri ntagira icyiciro.”

Mukagasana Collette, SEDO w’aka  Kagari ka Nyabikokora yemereye RADIOTV10 ko ibyiciro bikoreshwa mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza, yongeraho ko uyu muturage yamukuye ku kuba umukuru w’Umuryango atamukuye ku cyiciro cy’Ubudehe.

Ati “Yanze kwishyura ubwisungane mu kwivuza kandi kwishyura murabizi ko bigemdera ku cyiciro cy’ubudehe…nibyo bakoresha bishyura mituweri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno we avuga ko nta muturage ukwiye kubura serivisi kubera icyiciro cy’Ubudehe.

Ati “Ntabwo serivisi itangwa hakurikijwe icyiciro cy’ubudehe. Icyo tugiye kureba ni ukumenya tuti ese koko ikibazo cyabaye ikihe kugira ngo gikemurwe.”

Akomeza agira ati “Ubundi ibyo ni amakosa, abafite amakimbirane ntabwo bivuze guhita ukurwa ku cyiciro.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − eight =

Previous Post

Kamonyi: Ibyabaye ku bibye sebuja byaburijemo umugambi wabo

Next Post

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.