Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ushinzwe Iterambere n’Imibereho myiza mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, aravugwaho gutandukanya abashakanye ku cyiciro cy’Ubudehe, none umwe muri bo yabuze uko yishyura umusanzu wa Mutuelle de Sante.

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko ibyiciro by’ubudehe bitakigenderwaho mu gufasha umuturage kubona serivisi, ariko muri aka Kagari ka Nyabikokora, hari umuryango wagizweho ingaruka no kuba umugabo atakiri ku cyiciro.

Bisobanurwa n’umugabo utuye mu Mudugudu wa Kaduha muri aka Kagari, uvuga ko yakuwe ku cyiciro cy’Ubudehe n’ushinzwe Imibereho mu Kagari.

Avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’umuyobozi nyuma y’uko agiranye ibibazo n’umugore we, bigatuma ajya kwibana.

Ati “Nagombaga kubishyurira noneho njye ndishyura, asigaye ngiye kuyatanga ku Irembo, bandebye muri mashini bati ‘ntabwo urimo’ bambwira ko nta cyiciro ngira ngo njye kwa Sosiyare bankosorere, ngezeyo arabyanga, arangije arambwira ngo maze imyaka ibiri ntagira icyiciro.”

Mukagasana Collette, SEDO w’aka  Kagari ka Nyabikokora yemereye RADIOTV10 ko ibyiciro bikoreshwa mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza, yongeraho ko uyu muturage yamukuye ku kuba umukuru w’Umuryango atamukuye ku cyiciro cy’Ubudehe.

Ati “Yanze kwishyura ubwisungane mu kwivuza kandi kwishyura murabizi ko bigemdera ku cyiciro cy’ubudehe…nibyo bakoresha bishyura mituweri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno we avuga ko nta muturage ukwiye kubura serivisi kubera icyiciro cy’Ubudehe.

Ati “Ntabwo serivisi itangwa hakurikijwe icyiciro cy’ubudehe. Icyo tugiye kureba ni ukumenya tuti ese koko ikibazo cyabaye ikihe kugira ngo gikemurwe.”

Akomeza agira ati “Ubundi ibyo ni amakosa, abafite amakimbirane ntabwo bivuze guhita ukurwa ku cyiciro.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + twelve =

Previous Post

Kamonyi: Ibyabaye ku bibye sebuja byaburijemo umugambi wabo

Next Post

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.