Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baratabariza umuturanyi wabo ugiye kugwirwa n’inzu ye yangiritse bikabije, bagasaba ubuyobozi kuhagoboka.

Mukanzabarushimana Generose, utuye mu Mudugudu wa Kivogo Akagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara, avuga ko inzu ye yangiritse bikabije kandi akaba adafite ubushobozi bwo kuyisanira, kuko asanzwe abayeho mu buzima bwa ntaho nikora.

Ati “No kurya ntabwo mpfa kubona ibyo kurya, ni abana bashakisha utuntu tw’utuboga natwo tukaturya nta n’umunyu tugira.”

Uyu muturage, asaba ko nibura yahabwa isakaro kugira ngo we n’abana be bane badakomeza kuba muri iyi nzu yangiritse isakaro, kuko iyo imvura iguye banyagirwa.

Bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi bavuga ko bahangayikishijwe n’uyu muturage, bagasaba Leta kumutabara ndetse akaba yafashwa mu mibereho ye.

Akimana Ernest, Umukuru w’Umdugu wa Kivogo utuyemo uyu muturage, avuga ko ikibazo cy’uyu muturage bagitanzemo raporo ku nzego zo hejuru, kuko babonye gishobora kuzamuviramo ingaruka.

Yagize ati “Twabonye umuryango we ko ushobora kugira ikibazo cy’imvura ku buryo yagira ikiza kikaba cyamugeraho bitewe nuko inzu ishaje.”

Nirere Justin usanzwe ari Mutwarasibo w’Isibo uyu muturage atuyemo, na we yagize ati “Turahangayitse kubera ko afite ikibazo cy’ibyo kurya, ndetse n’aho atuye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Munyana Josette, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi kandi ko hari igiteganywa gukorwa.

Ati “Ndamuzi kuko ari mu rutonde. Bitewe n’ubushobozi nk’abafatanyabikorwa tugira uko tugenda tubafasha, cyane ko si no kubaka inzu uhereye hasi ikibazo afite ni icy’isakaro.”

Uyu muyobozi avuga ko bagiriye inama uyu muturage yo kuba yimutse muri iyi nzu, kugira ngo itamugwaho, kandi ko mu mwaka utaha w’ingengo y’imari uzatangira muri Nyakanga, na we ari ku rutonde rw’abazafashwa.

Mukanzabarushimana Generose avuga ko abayeho mu buzima bugoye

Inzu ye yarangiritse cyane

NIRERE Justin Umukuru w’Isibo uyu mubyeyi abarizwamo asaba ko hari icyo yakorerwa
Kimwe n’Umukuru w’Umudugudu wa Kivogo agasaba ko uyu muturage akwiye gusanirwa inzu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Next Post

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.