Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Kolari ya Patmos Choir yo mu Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, iri mu zifite abakunzi benshi kubera indirimbo zayo zinogeye amatwi, byatangajwe ko yavutse ubwo abayishinze bahuriraga mu bukwe bw’uwo biganye, bakamuririmbira, bakumva bidakwiye kugarukira aho.

Iyi korali ya Patmos yashinzwe mu 1996, ishingwa n’abanyeshuri bari bariganye ahitwa i Lukanga mu ishuri ry’abadivantisiti ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abo banyeshuri bongeye guhurira mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu bukwe bwa mugenzi wabo, baranamuririmbira, ariko bumva amajwi yabo ari guhuza.

Umuyobozi w’iyi korali Vincent Ngirarikiringo yagize ati “Bararirimbye bumva bigenze neza, bumvikana ko bakomeza iryo tsinda.”

Izina ry’iyi kolari rya Patmos, na ryo ryabonetse mu buryo butunguranye, kuko iri zina ryagombaga guhabwa Papeterie y’umwe muri bo, ariko akaza kuryita iyi kolari.

Vincent Ngirarikiringo “Umwe muri twe wari ufite umushinga wo gushinga business ya Papiterie yagombaga kuyita Patmos, bari gushaka izina Rusagara yababwiye ko arifite aribaha gutyo.”

Ubusanzwe Patmos ni ahantu Imana yahuriye na Yohana imuha ubutumwa bw’ibyahishuwe.

Mu rugendo rw’imyaka irenga 25 iyi korali imaze ishinzwe, haracyarimo umubare utari mucye w’abatangiranye na yo. Bagiye bakora ibitaramo byinshi ariko baheruka gukora igitamo mu mwaka wa 2016.

Aimable Niyonzima, umutoza wa Patmos agaruka ku mpamvu badaheruka gukora ibitaramo yagize ati “Ntabwo twahagaritse ibitaram, ahubwo tumaze iminsi mu myiteguro y’igitaramo twise The Highest Praise (kuramya ku rwego rwo hejuru) kizaba mu mpera z’uku kwezi ku wa 25 Ugushyingo muri Kigali Convention Center.”

Yavuze ko abazitabira iki gitaramo bashonje bahishiwe kuko bazaririmba mu buryo bwa Live, bakoresheje ibikoresho bigezweho bizi gutanga umuziki unogeye amatwi.

Vincent Ngirarikiringo yavuze uburyo iyi koloari yavutsemo
Umutoza wayo na we yagaragaje uburyo habonetse izina ryayo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 18 =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Next Post

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.