Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Kolari ya Patmos Choir yo mu Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, iri mu zifite abakunzi benshi kubera indirimbo zayo zinogeye amatwi, byatangajwe ko yavutse ubwo abayishinze bahuriraga mu bukwe bw’uwo biganye, bakamuririmbira, bakumva bidakwiye kugarukira aho.

Iyi korali ya Patmos yashinzwe mu 1996, ishingwa n’abanyeshuri bari bariganye ahitwa i Lukanga mu ishuri ry’abadivantisiti ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abo banyeshuri bongeye guhurira mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu bukwe bwa mugenzi wabo, baranamuririmbira, ariko bumva amajwi yabo ari guhuza.

Umuyobozi w’iyi korali Vincent Ngirarikiringo yagize ati “Bararirimbye bumva bigenze neza, bumvikana ko bakomeza iryo tsinda.”

Izina ry’iyi kolari rya Patmos, na ryo ryabonetse mu buryo butunguranye, kuko iri zina ryagombaga guhabwa Papeterie y’umwe muri bo, ariko akaza kuryita iyi kolari.

Vincent Ngirarikiringo “Umwe muri twe wari ufite umushinga wo gushinga business ya Papiterie yagombaga kuyita Patmos, bari gushaka izina Rusagara yababwiye ko arifite aribaha gutyo.”

Ubusanzwe Patmos ni ahantu Imana yahuriye na Yohana imuha ubutumwa bw’ibyahishuwe.

Mu rugendo rw’imyaka irenga 25 iyi korali imaze ishinzwe, haracyarimo umubare utari mucye w’abatangiranye na yo. Bagiye bakora ibitaramo byinshi ariko baheruka gukora igitamo mu mwaka wa 2016.

Aimable Niyonzima, umutoza wa Patmos agaruka ku mpamvu badaheruka gukora ibitaramo yagize ati “Ntabwo twahagaritse ibitaram, ahubwo tumaze iminsi mu myiteguro y’igitaramo twise The Highest Praise (kuramya ku rwego rwo hejuru) kizaba mu mpera z’uku kwezi ku wa 25 Ugushyingo muri Kigali Convention Center.”

Yavuze ko abazitabira iki gitaramo bashonje bahishiwe kuko bazaririmba mu buryo bwa Live, bakoresheje ibikoresho bigezweho bizi gutanga umuziki unogeye amatwi.

Vincent Ngirarikiringo yavuze uburyo iyi koloari yavutsemo
Umutoza wayo na we yagaragaje uburyo habonetse izina ryayo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 12 =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Next Post

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.