Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Korali iri mu zikunzwe mu Rwanda havuzwe uburyo butangaje yavutsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Kolari ya Patmos Choir yo mu Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, iri mu zifite abakunzi benshi kubera indirimbo zayo zinogeye amatwi, byatangajwe ko yavutse ubwo abayishinze bahuriraga mu bukwe bw’uwo biganye, bakamuririmbira, bakumva bidakwiye kugarukira aho.

Iyi korali ya Patmos yashinzwe mu 1996, ishingwa n’abanyeshuri bari bariganye ahitwa i Lukanga mu ishuri ry’abadivantisiti ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abo banyeshuri bongeye guhurira mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu bukwe bwa mugenzi wabo, baranamuririmbira, ariko bumva amajwi yabo ari guhuza.

Umuyobozi w’iyi korali Vincent Ngirarikiringo yagize ati “Bararirimbye bumva bigenze neza, bumvikana ko bakomeza iryo tsinda.”

Izina ry’iyi kolari rya Patmos, na ryo ryabonetse mu buryo butunguranye, kuko iri zina ryagombaga guhabwa Papeterie y’umwe muri bo, ariko akaza kuryita iyi kolari.

Vincent Ngirarikiringo “Umwe muri twe wari ufite umushinga wo gushinga business ya Papiterie yagombaga kuyita Patmos, bari gushaka izina Rusagara yababwiye ko arifite aribaha gutyo.”

Ubusanzwe Patmos ni ahantu Imana yahuriye na Yohana imuha ubutumwa bw’ibyahishuwe.

Mu rugendo rw’imyaka irenga 25 iyi korali imaze ishinzwe, haracyarimo umubare utari mucye w’abatangiranye na yo. Bagiye bakora ibitaramo byinshi ariko baheruka gukora igitamo mu mwaka wa 2016.

Aimable Niyonzima, umutoza wa Patmos agaruka ku mpamvu badaheruka gukora ibitaramo yagize ati “Ntabwo twahagaritse ibitaram, ahubwo tumaze iminsi mu myiteguro y’igitaramo twise The Highest Praise (kuramya ku rwego rwo hejuru) kizaba mu mpera z’uku kwezi ku wa 25 Ugushyingo muri Kigali Convention Center.”

Yavuze ko abazitabira iki gitaramo bashonje bahishiwe kuko bazaririmba mu buryo bwa Live, bakoresheje ibikoresho bigezweho bizi gutanga umuziki unogeye amatwi.

Vincent Ngirarikiringo yavuze uburyo iyi koloari yavutsemo
Umutoza wayo na we yagaragaje uburyo habonetse izina ryayo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Next Post

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Related Posts

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Bwa mbere u Budage bwasabye Tanzania imbabazi kubera amarorerwa amaze imyaka 100 abaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.