Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Korea n’Umugabane wa Afurika, Perezida w’iki Gihugu, Yoon Suk Yeol yibukije uyu Mugabane ko ubwo cyari mu ntambara yo guharanira Demokarasi mu 1950, Afurika yagifashije kuyirwana, kandi ko kibizirikana.

Iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika 25 bateraniye i Seoul, ngo baganire ku gukomeza guteza imbere imikoranire ya Korea y’Epfo n’Umugabane wa Afurika.

Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol wayoboye iri huriro, yavuze ko iyi mikoranire ishingiye ku mateka y’Igihugu ayoboye ndetse n’uko cyabaniwe na Afurika.

Ati “Ubwo hadukaga intambara ya Korea mu mwaka wa 1950; Afurika yadufashije guhanganira ubwisanzure na Demokarasi. Batwoherereje ingabo n’ibikoresho. Ubwo Ibihugu byinshi bya Afurika byabonaga ubwigenge hagati y’umwaka wa 1950 na 1970; imikoranire yacu muri dipolomasi yashinze imizi.”

Yakomeje agira ati “Koreya y’Epfo izakomeza gukorana n’inshuti zacu zo muri Afurika kubahiriza imyanzuro y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’abibumbye no kurinda amahoro.”

Perezida Paul Kagame na we watanze ikiganiro ku munsi wa mbere w’iyi nama, yavuze ko Korea y’Epfo yabera urugero rwiza Ibihugu bya Afurika bishaka gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda; yagarutse ku mikoranire y’Ibihugu byombi, avuga ko ishingiye ku ikoranabuhanga, kandi ko ibyagezweho bigaragaza ko n’ibirenze ibyo bishoboka.

Ati “Icya mbere Korea izi agaciro k’ubusugire n’ubwigenge ndetse n’imbaraga bisaba mu kubaka umuco wo kubazwa inshingano no gushyiraho politike idaheeza. Ibyo bidufasha kurebana mu maso mu bwubahane. Ikindi; ibyo Korea yanyuzemo byerekana ko Igihugu gishobora gutera imbere mu kiragano kimwe.

Imikoranire na Korea yibanda ku ikoranabuhanga rihambaye mu guhanga udushya, ibyo byatumye bihutisha kuzana ikoranabuhanga rigezweho mu Rwanda no muri Afurika.”

Imikoranire y’u Rwanda na Korea y’Epfo imaze imyaka 61. Muri 2023 Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano yo kudasoresha kabiri ibicuruzwa biva mu Bihugu byombi. Aya yasanze muri 2020 baremeranyijwe andi ajyanye n’ingendo zo mu kirere yafunguriye amarembo RwandAir i Seoul.

Muri uwo mwaka kandi Koreya y’Epfo yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 66,2$ yo kugeza ku baturage umuriro w’amashanyarazi. Muri uwo mwaka kandi iki Gihugu cyahaye u Rwanda impano ya miliyari 8.7 Frw yo guteza imbere uburezi.

Imikoranire ya Korea n’Umugabane wa Afurika; imibare igaragaza ko kugeza muri 2022 yari ifite agaciro ka miliyari 20.5$ avuye kuri miliyoni 890$ yo mu 1988. Ibyo bivuze ko yikubye inshuro 23.

Iki gihugu kandi cyiyemeje ko kigiye gushora izindi miliyari 10$ kuri uyu Mugabane usanzwe wihariye 30% y’amabuye y’agaciro akomeye ku isi, hakaba kandi miliyari 14$ agiye gushorwa mu gufasha abashoramari kohereza ibicuruzwa muri Afurika.

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bari i Seoul

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Related Posts

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.