Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Korea n’Umugabane wa Afurika, Perezida w’iki Gihugu, Yoon Suk Yeol yibukije uyu Mugabane ko ubwo cyari mu ntambara yo guharanira Demokarasi mu 1950, Afurika yagifashije kuyirwana, kandi ko kibizirikana.

Iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika 25 bateraniye i Seoul, ngo baganire ku gukomeza guteza imbere imikoranire ya Korea y’Epfo n’Umugabane wa Afurika.

Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol wayoboye iri huriro, yavuze ko iyi mikoranire ishingiye ku mateka y’Igihugu ayoboye ndetse n’uko cyabaniwe na Afurika.

Ati “Ubwo hadukaga intambara ya Korea mu mwaka wa 1950; Afurika yadufashije guhanganira ubwisanzure na Demokarasi. Batwoherereje ingabo n’ibikoresho. Ubwo Ibihugu byinshi bya Afurika byabonaga ubwigenge hagati y’umwaka wa 1950 na 1970; imikoranire yacu muri dipolomasi yashinze imizi.”

Yakomeje agira ati “Koreya y’Epfo izakomeza gukorana n’inshuti zacu zo muri Afurika kubahiriza imyanzuro y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’abibumbye no kurinda amahoro.”

Perezida Paul Kagame na we watanze ikiganiro ku munsi wa mbere w’iyi nama, yavuze ko Korea y’Epfo yabera urugero rwiza Ibihugu bya Afurika bishaka gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda; yagarutse ku mikoranire y’Ibihugu byombi, avuga ko ishingiye ku ikoranabuhanga, kandi ko ibyagezweho bigaragaza ko n’ibirenze ibyo bishoboka.

Ati “Icya mbere Korea izi agaciro k’ubusugire n’ubwigenge ndetse n’imbaraga bisaba mu kubaka umuco wo kubazwa inshingano no gushyiraho politike idaheeza. Ibyo bidufasha kurebana mu maso mu bwubahane. Ikindi; ibyo Korea yanyuzemo byerekana ko Igihugu gishobora gutera imbere mu kiragano kimwe.

Imikoranire na Korea yibanda ku ikoranabuhanga rihambaye mu guhanga udushya, ibyo byatumye bihutisha kuzana ikoranabuhanga rigezweho mu Rwanda no muri Afurika.”

Imikoranire y’u Rwanda na Korea y’Epfo imaze imyaka 61. Muri 2023 Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano yo kudasoresha kabiri ibicuruzwa biva mu Bihugu byombi. Aya yasanze muri 2020 baremeranyijwe andi ajyanye n’ingendo zo mu kirere yafunguriye amarembo RwandAir i Seoul.

Muri uwo mwaka kandi Koreya y’Epfo yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 66,2$ yo kugeza ku baturage umuriro w’amashanyarazi. Muri uwo mwaka kandi iki Gihugu cyahaye u Rwanda impano ya miliyari 8.7 Frw yo guteza imbere uburezi.

Imikoranire ya Korea n’Umugabane wa Afurika; imibare igaragaza ko kugeza muri 2022 yari ifite agaciro ka miliyari 20.5$ avuye kuri miliyoni 890$ yo mu 1988. Ibyo bivuze ko yikubye inshuro 23.

Iki gihugu kandi cyiyemeje ko kigiye gushora izindi miliyari 10$ kuri uyu Mugabane usanzwe wihariye 30% y’amabuye y’agaciro akomeye ku isi, hakaba kandi miliyari 14$ agiye gushorwa mu gufasha abashoramari kohereza ibicuruzwa muri Afurika.

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bari i Seoul

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twenty =

Previous Post

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.