Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Korea n’Umugabane wa Afurika, Perezida w’iki Gihugu, Yoon Suk Yeol yibukije uyu Mugabane ko ubwo cyari mu ntambara yo guharanira Demokarasi mu 1950, Afurika yagifashije kuyirwana, kandi ko kibizirikana.

Iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika 25 bateraniye i Seoul, ngo baganire ku gukomeza guteza imbere imikoranire ya Korea y’Epfo n’Umugabane wa Afurika.

Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol wayoboye iri huriro, yavuze ko iyi mikoranire ishingiye ku mateka y’Igihugu ayoboye ndetse n’uko cyabaniwe na Afurika.

Ati “Ubwo hadukaga intambara ya Korea mu mwaka wa 1950; Afurika yadufashije guhanganira ubwisanzure na Demokarasi. Batwoherereje ingabo n’ibikoresho. Ubwo Ibihugu byinshi bya Afurika byabonaga ubwigenge hagati y’umwaka wa 1950 na 1970; imikoranire yacu muri dipolomasi yashinze imizi.”

Yakomeje agira ati “Koreya y’Epfo izakomeza gukorana n’inshuti zacu zo muri Afurika kubahiriza imyanzuro y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’abibumbye no kurinda amahoro.”

Perezida Paul Kagame na we watanze ikiganiro ku munsi wa mbere w’iyi nama, yavuze ko Korea y’Epfo yabera urugero rwiza Ibihugu bya Afurika bishaka gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda; yagarutse ku mikoranire y’Ibihugu byombi, avuga ko ishingiye ku ikoranabuhanga, kandi ko ibyagezweho bigaragaza ko n’ibirenze ibyo bishoboka.

Ati “Icya mbere Korea izi agaciro k’ubusugire n’ubwigenge ndetse n’imbaraga bisaba mu kubaka umuco wo kubazwa inshingano no gushyiraho politike idaheeza. Ibyo bidufasha kurebana mu maso mu bwubahane. Ikindi; ibyo Korea yanyuzemo byerekana ko Igihugu gishobora gutera imbere mu kiragano kimwe.

Imikoranire na Korea yibanda ku ikoranabuhanga rihambaye mu guhanga udushya, ibyo byatumye bihutisha kuzana ikoranabuhanga rigezweho mu Rwanda no muri Afurika.”

Imikoranire y’u Rwanda na Korea y’Epfo imaze imyaka 61. Muri 2023 Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano yo kudasoresha kabiri ibicuruzwa biva mu Bihugu byombi. Aya yasanze muri 2020 baremeranyijwe andi ajyanye n’ingendo zo mu kirere yafunguriye amarembo RwandAir i Seoul.

Muri uwo mwaka kandi Koreya y’Epfo yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 66,2$ yo kugeza ku baturage umuriro w’amashanyarazi. Muri uwo mwaka kandi iki Gihugu cyahaye u Rwanda impano ya miliyari 8.7 Frw yo guteza imbere uburezi.

Imikoranire ya Korea n’Umugabane wa Afurika; imibare igaragaza ko kugeza muri 2022 yari ifite agaciro ka miliyari 20.5$ avuye kuri miliyoni 890$ yo mu 1988. Ibyo bivuze ko yikubye inshuro 23.

Iki gihugu kandi cyiyemeje ko kigiye gushora izindi miliyari 10$ kuri uyu Mugabane usanzwe wihariye 30% y’amabuye y’agaciro akomeye ku isi, hakaba kandi miliyari 14$ agiye gushorwa mu gufasha abashoramari kohereza ibicuruzwa muri Afurika.

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bari i Seoul

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Next Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future
MU RWANDA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.