Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya 21, kikaba icya kane yegukanye yikurikiranya, ariko icyegukanye bigoranye kuko andi makipe abiri na yo yashobora kugitwara, ari zo Kiyovu na Rayon zari hafi aho.

Ni igikombe iyi kipe y’ingabo z’Igihugu yatwariye kuri Kigali Pele Stadium nyuma yo gutsinda ikipe ya Gorilla FC.

Umunsi wa nyuma wa Shampiyona wagiye gukinwa ikipe ya APR FC ari yo ihabwa amahirwe nyuma yuko ku munsi ubanziriza uwa nyuma ikipe bari bahanganiye igikombe ya Kiyovu Sports atsindiwe i Gologota i Nyagatare na Sunrise Fc Igitego 1-0.

Umukino wa nyuma wabaye aya makipe anganya amanota ariko APR FC yari izigamye ibitego byinshi kurusha Kiyovu Sports.

APR FC yatsinze Gorilla ibitego 2-1 birimo icya Nshuti Innocent wafunguye amazamu ku munota wa 34’ na Ruboneka Jean Bosco ku munota wa 87’, mu gihe igitego cya Gorilla cyatsinzwe na Murdah Victor.

Mu yindi mikino yabaye, ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Rutsiro ibitego 3-1 iyimanura mu cyiciro cya kabiri isangayo Espoir FC yari yaragezeyo mbere.

Rayon sports isoje Shampiyona ari iya gatatu, yatsindiye Sunrise I Nyagatare igitego 1-0, yaba yo na Kiyovu zibura igikombe cyari giteretse muri Sitade zakiniyemo kuko zombi na zo zashobora kucyegukana.

APR FC itwaye igikombe cya 21 n’amanota 63, inganya na Kiyovu yasoje ku mwanya wa Kabiri batandukanyijwe n’umubare w’ibitego bazigamye.

Mu mpere z’icyumweru gitaha APR FC izahurira na mucyeba wayo Rayon sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro mu mukino uzabera i Huye.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 2 =

Previous Post

Rwamagana: Abaturage n’Ikigo bashinja kubasondeka baritana bamwana

Next Post

Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.