Monday, July 27, 2026
RW|EN
BASKETBALL

AMAKURU MASHYA: Ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ikoze amateka yegukana irushanwa rya BAL

AMAKURU MASHYA: Ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ikoze amateka yegukana irushanwa rya BAL

Ikipe ya RSSB Tigers yegukanye irushanwa rya Shampiyona Nyafuruka mu mukino wa Basketball, BAL (Basketball Africa League), iba iya mbere yo mu Rwanda itwaye iki gikombe nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola, mu mukino wanarebwe na Perezida Paul Kagame.

Iyi kipe ya RSSB Tigers yari inabaye iya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma muri BAL, itwaye iki gikombe itsinze Petro de Luanda yo muri Angola, amanota 90 kuri 88 mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki 31 Gicurasi muri BK Arena yari yakubise yuzuye abakunzi b’umukino wa Basketball.

Ni umukino kandi wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame witabiriye imikino myinshi y’iri rushanwa, wanitabiriwe kandi n’abakunzi benshi ba Basketball bari buzuye muri BK Arena, batije umurindi iyi kipe yari ifite abafana benshi kuva iri rushanwa ryatangira.

Uyu mukino watangiranye ishyaka ku ruhande rwa Petro de Luanda, kuko yabanje kwiharira kubona amanota, mu gace ka mbere kawo, ariko biza guhinduka mu gace ka kabiri n’aka gatatu, aho RSSB Tigers yagarukaga mu kibuga yabaye nshya, ndetse umukino urangira ari yo iyoboye ku manota 90 kuri 88.

Umukinnyi Leonadr Randal wigaragaje muri iri rushanwa, wanafashije ikipe ya RSSB Tigers, yongeye kuyifasha no muri uyu mukino wa nyuma, dore ko ari we watsinze amanota menshi, ndetse akaba ari we wabaye umukino w’irushanwa ryose.

Wari umukino uryoheye ijisho
Perezida Kagame yawurebye

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seventeen =