Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Umuryango w’Ibiyaga Bigari (CIRGL), Alphonse Ntumba Luaba yavuze ko kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe, hari Ibihugu by’Ibituranyi bya DRC byayifashije ndetse yemeza ko ari u Rwanda.

Alphonse Ntumba Luaba wanabaye Umuhuzabikorwa wa Gahunda yari ishinzwe kwambura intwaro abarwanyi (DDR/Désarmement, Démobilisation, Relèvement), yagarutse ku mateka ya M23 n’uburyo yari yaranduwe.

Uyu Munyapolitiki avuga ko bitumvikana uburyo M23 yongeye kubura umutwe kandi ikagarukana imbara nyinshi mu gihe ibyayo byari byararangiye.

Yagize ati “Niba rero M23 yarubuye umutwe kandi ikaza ifite intwaro zikomeye, ikabasha kwambukiranya imipaka, igisubizo kirigaragaza, bahawa intwaro kandi bagafashwa n’Ibihugu by’ibituranyi byumwihariko u Rwanda.”

Ntumba Luaba yavuze ko impamvu ashingiraho ari uko uyu mutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo bishyize mu maboko y’igisirikare cy’u Rwanda none bakaba bari kubura umutwe.

Uyu muhanda mu bijyanye na Politiki y’iby’umutekano mpuzabihugu, yavuze ko niba hari Ibihugu biri gutera inkunga uyu mutwe wa M23, biri guhonyora amategeko mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye n’ay’uwa Afurika Yunze ubumwe ndetse n’indi miryango ihuriweho mu karere.

Ntumba Luaba ashinje u Rwanda gutera inkunga M23 nyuma y’abandi banyapolitiki benshi barimo na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi uherutse kongera kubitsindagira ubwo yagiriraga uruzinduko muri Congo-Brazzaville.

U Rwanda rwo rukomeje kwamaganira kure ibi birego dore ko atari bishya, rukavuga ko nta nyungu n’imwe rwagira mu gutera inkunga umutwe wuhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda ahubwo yo ishinja DRC kuvogera u Rwanda nyuma y’uko FARDC irashe ibisasu ku butaka bwarwo bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza bimwe mu bikorwa ndetse iki gisirikare gifatanyije na FDLR bagashimuta abasirikare b’u Rwanda babasanze ku burinzi bwo ku mupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Next Post

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.