Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Umuryango w’Ibiyaga Bigari (CIRGL), Alphonse Ntumba Luaba yavuze ko kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe, hari Ibihugu by’Ibituranyi bya DRC byayifashije ndetse yemeza ko ari u Rwanda.

Alphonse Ntumba Luaba wanabaye Umuhuzabikorwa wa Gahunda yari ishinzwe kwambura intwaro abarwanyi (DDR/Désarmement, Démobilisation, Relèvement), yagarutse ku mateka ya M23 n’uburyo yari yaranduwe.

Uyu Munyapolitiki avuga ko bitumvikana uburyo M23 yongeye kubura umutwe kandi ikagarukana imbara nyinshi mu gihe ibyayo byari byararangiye.

Yagize ati “Niba rero M23 yarubuye umutwe kandi ikaza ifite intwaro zikomeye, ikabasha kwambukiranya imipaka, igisubizo kirigaragaza, bahawa intwaro kandi bagafashwa n’Ibihugu by’ibituranyi byumwihariko u Rwanda.”

Ntumba Luaba yavuze ko impamvu ashingiraho ari uko uyu mutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo bishyize mu maboko y’igisirikare cy’u Rwanda none bakaba bari kubura umutwe.

Uyu muhanda mu bijyanye na Politiki y’iby’umutekano mpuzabihugu, yavuze ko niba hari Ibihugu biri gutera inkunga uyu mutwe wa M23, biri guhonyora amategeko mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye n’ay’uwa Afurika Yunze ubumwe ndetse n’indi miryango ihuriweho mu karere.

Ntumba Luaba ashinje u Rwanda gutera inkunga M23 nyuma y’abandi banyapolitiki benshi barimo na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi uherutse kongera kubitsindagira ubwo yagiriraga uruzinduko muri Congo-Brazzaville.

U Rwanda rwo rukomeje kwamaganira kure ibi birego dore ko atari bishya, rukavuga ko nta nyungu n’imwe rwagira mu gutera inkunga umutwe wuhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda ahubwo yo ishinja DRC kuvogera u Rwanda nyuma y’uko FARDC irashe ibisasu ku butaka bwarwo bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza bimwe mu bikorwa ndetse iki gisirikare gifatanyije na FDLR bagashimuta abasirikare b’u Rwanda babasanze ku burinzi bwo ku mupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Next Post

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.