Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Umuryango w’Ibiyaga Bigari (CIRGL), Alphonse Ntumba Luaba yavuze ko kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe, hari Ibihugu by’Ibituranyi bya DRC byayifashije ndetse yemeza ko ari u Rwanda.

Alphonse Ntumba Luaba wanabaye Umuhuzabikorwa wa Gahunda yari ishinzwe kwambura intwaro abarwanyi (DDR/Désarmement, Démobilisation, Relèvement), yagarutse ku mateka ya M23 n’uburyo yari yaranduwe.

Uyu Munyapolitiki avuga ko bitumvikana uburyo M23 yongeye kubura umutwe kandi ikagarukana imbara nyinshi mu gihe ibyayo byari byararangiye.

Yagize ati “Niba rero M23 yarubuye umutwe kandi ikaza ifite intwaro zikomeye, ikabasha kwambukiranya imipaka, igisubizo kirigaragaza, bahawa intwaro kandi bagafashwa n’Ibihugu by’ibituranyi byumwihariko u Rwanda.”

Ntumba Luaba yavuze ko impamvu ashingiraho ari uko uyu mutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo bishyize mu maboko y’igisirikare cy’u Rwanda none bakaba bari kubura umutwe.

Uyu muhanda mu bijyanye na Politiki y’iby’umutekano mpuzabihugu, yavuze ko niba hari Ibihugu biri gutera inkunga uyu mutwe wa M23, biri guhonyora amategeko mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye n’ay’uwa Afurika Yunze ubumwe ndetse n’indi miryango ihuriweho mu karere.

Ntumba Luaba ashinje u Rwanda gutera inkunga M23 nyuma y’abandi banyapolitiki benshi barimo na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi uherutse kongera kubitsindagira ubwo yagiriraga uruzinduko muri Congo-Brazzaville.

U Rwanda rwo rukomeje kwamaganira kure ibi birego dore ko atari bishya, rukavuga ko nta nyungu n’imwe rwagira mu gutera inkunga umutwe wuhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda ahubwo yo ishinja DRC kuvogera u Rwanda nyuma y’uko FARDC irashe ibisasu ku butaka bwarwo bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza bimwe mu bikorwa ndetse iki gisirikare gifatanyije na FDLR bagashimuta abasirikare b’u Rwanda babasanze ku burinzi bwo ku mupaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eleven =

Previous Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Next Post

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.