Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko ibibazo byabaye hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, bisa nk’ibyarangiye, ndetse ko na bicye bisigaye biri kuganirwaho, byumwihariko iby’abakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bahungiye mu Rwanda, hakaba hari icyizere ko ruzabohereza.

Perezida Ndayishimiye yabivuze mu kiganiro yagiranye na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI) aho yabajijwe ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wigeze kubamo igitotsi.

Yagize ati “Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Yakomeje agira ati “Abayobozi ku mpande zombi yaba abo ku ruhande rw’u Burundi no ku ruhande rw’u Rwanda, byumwihariko ab’inzego z’ibanze zo mu bice bikora ku mipaka, ba Guverineri b’Intara barahuye baherutse guhura hashize icyumweru n’igice, Guverineri wa Kirundo aherutse guhura n’umuyobozi w’Intara ya Bugesera.”

Avuga ko n’ibibazo bisigaye gushakirwa umuti, bitabuza Ibihugu byombi kugenderana kuko ubu ababituye bagenderana bisanzwe.

Umunyamakuru yamubajije niba u Burundi bwaba bwarirengagije ibyo bwavugaga ko budashobora kubana n’u Rwanda mu gihe rwaba rutarabuha bamwe mu bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi muri 2015, avuga ko icyashyizwe imbere ari ibiganiro.

Ati “Mwabonye ko habayeho guhura kwinshi, njyewe ubwanjye noherereje intumwa Perezida Kagame, nanone kandi Perezida Kagame na we yohereje intumwa zaje kundeba, ibyo byose byari bigamije ibiganiro, habayeho guhura hagati y’inzego z’ubucamanza, hari intumwa za Minisiteri z’Ubutabera zabonanye.”

Ndayishimiye avuga ko ibi byose byabaga bigamije kurebera hamwe uko ibibazo byakemuka kandi ko igishimishije ari uko u Rwanda ruzirikana ko abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi batahuka kugira ngo bazagezwe imbere y’ubutabera bw’u Burundi.

Ati “Dufite icyizere kuko turabona ko u Rwanda rufite ubushake mbere na mbere kuba bwaremeye ko ikibazo kiganirwaho.”

Guverinoma y’u Burundi iherutse gufungura imipaka yari imaze imyaka irindwi ifunze, abaturage b’Ibihugu byombi bongera kugenderana nkuko byahoze mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

Next Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.