Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko ibibazo byabaye hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, bisa nk’ibyarangiye, ndetse ko na bicye bisigaye biri kuganirwaho, byumwihariko iby’abakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bahungiye mu Rwanda, hakaba hari icyizere ko ruzabohereza.

Perezida Ndayishimiye yabivuze mu kiganiro yagiranye na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI) aho yabajijwe ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wigeze kubamo igitotsi.

Yagize ati “Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Yakomeje agira ati “Abayobozi ku mpande zombi yaba abo ku ruhande rw’u Burundi no ku ruhande rw’u Rwanda, byumwihariko ab’inzego z’ibanze zo mu bice bikora ku mipaka, ba Guverineri b’Intara barahuye baherutse guhura hashize icyumweru n’igice, Guverineri wa Kirundo aherutse guhura n’umuyobozi w’Intara ya Bugesera.”

Avuga ko n’ibibazo bisigaye gushakirwa umuti, bitabuza Ibihugu byombi kugenderana kuko ubu ababituye bagenderana bisanzwe.

Umunyamakuru yamubajije niba u Burundi bwaba bwarirengagije ibyo bwavugaga ko budashobora kubana n’u Rwanda mu gihe rwaba rutarabuha bamwe mu bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi muri 2015, avuga ko icyashyizwe imbere ari ibiganiro.

Ati “Mwabonye ko habayeho guhura kwinshi, njyewe ubwanjye noherereje intumwa Perezida Kagame, nanone kandi Perezida Kagame na we yohereje intumwa zaje kundeba, ibyo byose byari bigamije ibiganiro, habayeho guhura hagati y’inzego z’ubucamanza, hari intumwa za Minisiteri z’Ubutabera zabonanye.”

Ndayishimiye avuga ko ibi byose byabaga bigamije kurebera hamwe uko ibibazo byakemuka kandi ko igishimishije ari uko u Rwanda ruzirikana ko abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi batahuka kugira ngo bazagezwe imbere y’ubutabera bw’u Burundi.

Ati “Dufite icyizere kuko turabona ko u Rwanda rufite ubushake mbere na mbere kuba bwaremeye ko ikibazo kiganirwaho.”

Guverinoma y’u Burundi iherutse gufungura imipaka yari imaze imyaka irindwi ifunze, abaturage b’Ibihugu byombi bongera kugenderana nkuko byahoze mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 15 =

Previous Post

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

Next Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.