Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko ibibazo byabaye hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, bisa nk’ibyarangiye, ndetse ko na bicye bisigaye biri kuganirwaho, byumwihariko iby’abakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bahungiye mu Rwanda, hakaba hari icyizere ko ruzabohereza.

Perezida Ndayishimiye yabivuze mu kiganiro yagiranye na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI) aho yabajijwe ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wigeze kubamo igitotsi.

Yagize ati “Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Yakomeje agira ati “Abayobozi ku mpande zombi yaba abo ku ruhande rw’u Burundi no ku ruhande rw’u Rwanda, byumwihariko ab’inzego z’ibanze zo mu bice bikora ku mipaka, ba Guverineri b’Intara barahuye baherutse guhura hashize icyumweru n’igice, Guverineri wa Kirundo aherutse guhura n’umuyobozi w’Intara ya Bugesera.”

Avuga ko n’ibibazo bisigaye gushakirwa umuti, bitabuza Ibihugu byombi kugenderana kuko ubu ababituye bagenderana bisanzwe.

Umunyamakuru yamubajije niba u Burundi bwaba bwarirengagije ibyo bwavugaga ko budashobora kubana n’u Rwanda mu gihe rwaba rutarabuha bamwe mu bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi muri 2015, avuga ko icyashyizwe imbere ari ibiganiro.

Ati “Mwabonye ko habayeho guhura kwinshi, njyewe ubwanjye noherereje intumwa Perezida Kagame, nanone kandi Perezida Kagame na we yohereje intumwa zaje kundeba, ibyo byose byari bigamije ibiganiro, habayeho guhura hagati y’inzego z’ubucamanza, hari intumwa za Minisiteri z’Ubutabera zabonanye.”

Ndayishimiye avuga ko ibi byose byabaga bigamije kurebera hamwe uko ibibazo byakemuka kandi ko igishimishije ari uko u Rwanda ruzirikana ko abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi batahuka kugira ngo bazagezwe imbere y’ubutabera bw’u Burundi.

Ati “Dufite icyizere kuko turabona ko u Rwanda rufite ubushake mbere na mbere kuba bwaremeye ko ikibazo kiganirwaho.”

Guverinoma y’u Burundi iherutse gufungura imipaka yari imaze imyaka irindwi ifunze, abaturage b’Ibihugu byombi bongera kugenderana nkuko byahoze mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twenty =

Previous Post

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

Next Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.