Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe nyuma y’imyaka itatu ufunzwe, gusa hari bamwe mu banya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda barangirwa. Guverinoma y’u Rwanda yasobanute icyabiteye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ubwo byari byitezwe ko ku mupaka wa Gatuna urujya n’uruza ruza kuba ari rwinshi kubera abaturage bo ku mpande z’Ibihugu byombi bifuza kujya muri kimwe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri i Gatuma yatubwiye ko nta rujya n’uruza rwinshi rwagaragaye kuri uyu mupaka.

Umwe mu Banyamakuru bo muri Uganda witwa Canary Mugume yanditse ubutumwa kuri Twitter, avuga ko hari inkuru ishyushye yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda nyamara umupaka wafunguwe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yasubiye uyu Munyamakuru, anyomoza aya makuru yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda.

Yolande Makolo yavuze ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe ariko ugomba kubahiriza andi mabwiriza asanzweho ku bijyanye n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 y’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Imodoka nini ndetse n’Abanyarwanda bataha barimo kwinjira mu Rwanda banyuze i Gatuna nk’uko bimeze ku yindi mipaka hashingiwe ku mabwiriza ya EAC yo kwirinda COVID-19 nk’uko itangazo ribivuga, abashinzwe ubuzima ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda bari gukorana mu gushyiraho amabwiriza yo kwirinda COVID-19 bizafasha abantu bose ku mpande zombi kwinjira.”

Trucks, Rwandan citizens/returning residents are crossing to Rwanda at Gatuna like at other border points, as per EAC Covid protocols. As noted in the communiqué, Rwandan & Ugandan health officials are working on joint covid protocols, which will enable all to cross on both sides https://t.co/RoMHTPrjVS

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 31, 2022

Abanyamakuru bari i Gatuna, batangaza ko iki kibazo kitabaye ku ruhande rw’Abanya-Uganda gusa kuko n’Abanyarwanda bashakaga kujya muri Uganda babujijwe bibutswa ko hariho ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID zirimo izihagarika ingendo zitari ngombwa.

Inzego zatangiye gukorana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + seventeen =

Previous Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Next Post

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.