Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe nyuma y’imyaka itatu ufunzwe, gusa hari bamwe mu banya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda barangirwa. Guverinoma y’u Rwanda yasobanute icyabiteye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ubwo byari byitezwe ko ku mupaka wa Gatuna urujya n’uruza ruza kuba ari rwinshi kubera abaturage bo ku mpande z’Ibihugu byombi bifuza kujya muri kimwe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri i Gatuma yatubwiye ko nta rujya n’uruza rwinshi rwagaragaye kuri uyu mupaka.

Umwe mu Banyamakuru bo muri Uganda witwa Canary Mugume yanditse ubutumwa kuri Twitter, avuga ko hari inkuru ishyushye yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda nyamara umupaka wafunguwe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yasubiye uyu Munyamakuru, anyomoza aya makuru yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda.

Yolande Makolo yavuze ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe ariko ugomba kubahiriza andi mabwiriza asanzweho ku bijyanye n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 y’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Imodoka nini ndetse n’Abanyarwanda bataha barimo kwinjira mu Rwanda banyuze i Gatuna nk’uko bimeze ku yindi mipaka hashingiwe ku mabwiriza ya EAC yo kwirinda COVID-19 nk’uko itangazo ribivuga, abashinzwe ubuzima ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda bari gukorana mu gushyiraho amabwiriza yo kwirinda COVID-19 bizafasha abantu bose ku mpande zombi kwinjira.”

Trucks, Rwandan citizens/returning residents are crossing to Rwanda at Gatuna like at other border points, as per EAC Covid protocols. As noted in the communiqué, Rwandan & Ugandan health officials are working on joint covid protocols, which will enable all to cross on both sides https://t.co/RoMHTPrjVS

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 31, 2022

Abanyamakuru bari i Gatuna, batangaza ko iki kibazo kitabaye ku ruhande rw’Abanya-Uganda gusa kuko n’Abanyarwanda bashakaga kujya muri Uganda babujijwe bibutswa ko hariho ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID zirimo izihagarika ingendo zitari ngombwa.

Inzego zatangiye gukorana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nineteen =

Previous Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Next Post

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.