• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe nyuma y’imyaka itatu ufunzwe, gusa hari bamwe mu banya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda barangirwa. Guverinoma y’u Rwanda yasobanute icyabiteye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ubwo byari byitezwe ko ku mupaka wa Gatuna urujya n’uruza ruza kuba ari rwinshi kubera abaturage bo ku mpande z’Ibihugu byombi bifuza kujya muri kimwe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri i Gatuma yatubwiye ko nta rujya n’uruza rwinshi rwagaragaye kuri uyu mupaka.

Umwe mu Banyamakuru bo muri Uganda witwa Canary Mugume yanditse ubutumwa kuri Twitter, avuga ko hari inkuru ishyushye yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda nyamara umupaka wafunguwe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yasubiye uyu Munyamakuru, anyomoza aya makuru yo kuba Abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda.

Yolande Makolo yavuze ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe ariko ugomba kubahiriza andi mabwiriza asanzweho ku bijyanye n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 y’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Imodoka nini ndetse n’Abanyarwanda bataha barimo kwinjira mu Rwanda banyuze i Gatuna nk’uko bimeze ku yindi mipaka hashingiwe ku mabwiriza ya EAC yo kwirinda COVID-19 nk’uko itangazo ribivuga, abashinzwe ubuzima ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda bari gukorana mu gushyiraho amabwiriza yo kwirinda COVID-19 bizafasha abantu bose ku mpande zombi kwinjira.”

Trucks, Rwandan citizens/returning residents are crossing to Rwanda at Gatuna like at other border points, as per EAC Covid protocols. As noted in the communiqué, Rwandan & Ugandan health officials are working on joint covid protocols, which will enable all to cross on both sides https://t.co/RoMHTPrjVS

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 31, 2022

Abanyamakuru bari i Gatuna, batangaza ko iki kibazo kitabaye ku ruhande rw’Abanya-Uganda gusa kuko n’Abanyarwanda bashakaga kujya muri Uganda babujijwe bibutswa ko hariho ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID zirimo izihagarika ingendo zitari ngombwa.

Inzego zatangiye gukorana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 8 =

Previous Post

Rusizi: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakurikiranyweho kurya ruswa

Next Post

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.