Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kwamagana igitaramo cya Koffi byafashe indi ntera…Noneho haraterekerezwa n’imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Kwamagana igitaramo cya Koffi byafashe indi ntera…Noneho haraterekerezwa n’imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakomeye mu guhirimbanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abari n’abategarugori mu Rwanda, Sylvie Nsanga akaba ari no mu bakomeje kwamagana ko umuhanzi ukomeye muri Afurika Koffi Olomide ataramira mu Rwanda, yatangaje ko inzego bireba nizitagira icyo zikora ngo zigihagarike we n’abamushyigikiye bazakora imyigaragambyo yo kucyamagana.

Ibikorwa byo kwamagana ko Koffi Olomide ataramira mu Rwanda byatangiye mu minsi yashize ubwo abari gutegura igitaramo cy’uyu muhanzi bashyiraga hanze integuza basaba abakunzi ba muzika kwitegura iki gitaramo kizaba tariki 04 Ukuboza 2021.

Sylvie Nsanga ni umwe mu bari bayoboye ibi bikorwa byo kwamagana iki gitaramo cy’uyu muhanzi bavuga ko byaba ari icyasha kuba yaza gutaramira mu Rwanda mu gihe azwiho guhohotera ab’igitsinagore nyamara bizwi ko iki Gihugu kiyoboye mu kwimakaza uburenganzira bwabo.

Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI TV dukesha iyi nkuru, Sylvie Nsanga yavuze ko kuba Koffi Olomide yarahamijwe ibyaha byo guhohotera abari n’abategarugori bimwambika icyasha cyo kuba atataramira mu Rwanda.

Avuga ko by’umwihariko kuri we afite amateka mabi kuri Koffi Olomide kuba cyera ko yafataga abana b’abakobwa akajya kubacuruza ku mugabane w’u Burayi.

Ati “Twarabibonye muri 2016 Koffi akubita umuntu ku manywa muri Kenya amukubita umugeri mu nda, iyaba uriya mugore atwite inda yari guhita ivamo. Muri 2012 yakubise gafotozi muri Zambia uturuka mu Rwanda ku buryo byagiye no mu nkiko birukana Koffi.”

Nsanga Sylvie umwe mu ba-Feminists bakomeye mu Rwanda

Sylvie Nsanga ugaruka ku bikorwa byinshi bibi byagiye bigaragara kuri Koffi Olomide, avuga ko ibi byose bikwiye kuba impamvu zikomeye zituma Leta y’u Rwanda ihagarika iki gitaramo cye giteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru.

Agaruka ku baturarwanda bakomeje gusaba ko igitaramo cya Koffi kitasubikwa, Sylvie Nsanga agira ati “Ndabaza Abanyarwanda nti ‘Koffi ninde kugira ngo icyaha cye ntitukite icyaha?”

Akomeza agira ati “Koffi ateye impungenge ku bantu, tuvaneho no kuba yarafashe ku ngufu abantu, umuntu ukubita abantu ku manywa twabwirwa niki ko nagera i Kanombe atazakubita umuntu?”

Uyu mubyeyi avuga ko ikiri kumubabaza cyane atari Koffi ahubwo ari Abanyarwanda bamwe bakomeje gushyigikira uyu muhanzi uteye impungenge.

Avuga ko afite icyizere ko inzego zirebwa n’iki kibazo zizumva ubusabe bwabo ku buryo iki gitaramo cyahagarikwa kandi ko nikitanahagarikwa “Nzasaba Polisi ko twigaragambya twubahiriza amabwiriza ya COVID-19 niba bazemerera abagiye mu gitaramo natwe ntabwo batwangira kubera COVID-19 tuzabwira buri munyarwanda wese wikingije agende yipimishe agende azane agapfukamunwa twigaragambye.”

Avuga ko ibi azabishishikariza buri Munyarwanda uzamushyigikira ariko ko n’iyo bataza, we n’abana be biteguye gukora iyi myigaragambyo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

AMAFOTO: Sadate yakozwe ku mutima n’abafana ba Rayon bamuhaye impano y’agatangaza

Next Post

Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.