Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Kweguza Visi Perezida wa Kenya byafashweho icyemezo ntakuka cyatowe ari mu Bitaro

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Kweguza Visi Perezida wa Kenya byafashweho icyemezo ntakuka cyatowe ari mu Bitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Sena ya Kenya yemeje icyemezo cyo kweguza Visi Perezida w’iki Gihugu, Rigathi Gachagua, nyuma yuko atabashije no kwisobanura ku iyeguzwa rye, aho Umunyamategeko we yatangaje ko ari mu Bitaro.

Iki cyemezo cyafashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, cyari gitegerejwe na benshi nyuma yuko Umutwe w’Abadepite wari uherutse gutora iki cyemezo, kikaba cyari gitegerejwe kwemezwa burundu na Sena.

Rigathi Gachagua ubaye Visi Perezida wa mbere wa Kenya wegujwe muri ubu buryo, yagombaga gutanga ubuhamya bwo kwisobanura ku byaha ashinjwa mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Kane.

Ntiyigeze agaragara muri Sena ngo yisobanure, ahubwo yohereje Umunyamategeko we kugira ngo ajye gusaba ko iki gikorwa cyasubikwa kuko arwaye mu gatuza ndetse akaba ari kuvurirwa mu Bitaro bya Karen Hospital.

Abasenateri bahise bafata icyemzo cyo gukomeza uru rubanza adahari, ndetse basaba abunganizi be gusohoka mu cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko.

Aba bashingamategeko banze icyifuzo cyo kuba uru rubanza rwazakomeza kugeza ku wa Gatandatu, bemeza guhita batorera icyemezo cyo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua.

Abasenateri bangana na 2/3 bya 67 bagize Sena ya Kenya banagize umubare usabwa mu kwemezwa ibyemezo byayo, bemeje ibyaha bitanu birerwa Rigathi Gachagua birimo gukurura amacakubiri ashingiye ku moko, ndetse no kunyuranya n’indahiro yarahiriye, bemeza ko bihagije kugira ngo akurwe ku ntebe ya Visi Perezida.

Rigathi Gachagua washinjwaga ibyaha 11, yahanaguweho bitandatu birimo ruswa ndetse no kunyereza amafaranga ya Leta.

Kugeza ubu Perezida wa Kenya, William Ruto wari warahiriye rimwe na Rigathi Gachagua mu myaka ibiri ishize, ntacyo aravuga ku iyeguzwa rya Visi Perezida we.

Rigathi Gachagua yegujwe na Sena atabashije kubanza kwisobanura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 13 =

Previous Post

Imibare yongeye kugaragaza icyizere gihagije cyo kurandura Marburg mu Rwanda

Next Post

Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.