Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Kwibohora, bifite igisobanuro gikomeye mu mateka y’u Rwanda, kuko byagezweho hatanzwe ikiguzi kiremereye nk’amaraso ya bamwe, bityo ko ntawe ushobora gusiba ayo mateka, kandi ko bikwiye guharanirwa na buri Munyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 02 Nyakanga ubwo hakorwaga umugoroba wo gutarama hazirikanwa isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora iba kuri uyu wa 04 Nyakanga.

Ni umunsi kandi ubaye nyuma y’uko tariki 01 Nyakanga na bwo hazirikanywe umunsi w’Ubwigenge bw’u Rwanda bwatanzwe tariki 01 Nyakanga 1962.

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kuba kwizihiza iyi minsi byarahujwe bigashyirwa tariki 04 Nyakanga, avuga ko mbere na mbere byahuriranye bigasa nk’ibiza mu minsi yegeranye, ku buryo guhuza ibirori byo kubyizihiza, byari ngombwa.

Agaruka ku mateka y’Ubwigenge bwahawe u Rwanda tariki 01 Nyakanga 1962, Perezida Kagame yavuze ko nubwo byiswe ko u Rwanda rwabuhawe, ariko uko iminsi yagiye yicuma, byagiye bihindura isura, bwa bwigenge busa n’ubusubijwe abari babutanze.

Ati “Tugenda dusa n’aho twabisubije abari baduhaye ubwigenge ngo mwikomereze n’ubundi ntitubishoboye, abitwaga ko baduhaye Ubwigenge barabisubirana, dusigarana izina ry’Ubwigenge.”

Naho tariki 04 Nyakanga, yabayeho ubwo hahagarikwaga Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, Perezida Kagame yavuze ko ari umunsi usobanuye byinshi kuri benshi ndetse no ku Gihugu muri rusange.

Ati “Kuri benshi nanjye ndimo, ni nk’Ubunani, ni nk’itariki ya mbere ibanziririza umwaka abenshi twizihiza kuko igihe tumaze guhera mu 1994, uhereye ku itariki 04 Nyakanga, ni ibihe byahinduye byinshi.”

Yavuze ko kuva icyo gihe ubwo hari benshi batari bakibona ko hari icyizere cyo kubaho, baje kukigira, biba nko gutangira ubuzima n’imibereho.

Ati “Ndetse n’abatarashoboye kubaho kugera kuri uwo munsi, kubibuka bijyanye no kwibohora bitangirira aho. Ubuzima bw’Abanyarwanda, bw’u Rwanda, ni aho buhera, Igihugu cyacu gitangira kubara.”

Yavuze ko urwo rugendo, rukwiye kuzirikanwa, ku buryo ibyabaye mu Rwanda, bitazongera kubaho ukundi, kuko imbaraga n’ubwitange byakoreshejwe mu kugira ngo ubuzima bw’Igihugu bugaruke, bidakwiye kwirengagizwa.

Yavuze ko amateka yo Kwibohora “yanditswe mu maraso, [keretse mubyemeye], ntabwo yaza ngo asibwe n’amateka yanditswe n’ikaramu, amateka yanditswe mu maraso n’ayanditswe muri wino murumva aho bitandukaniye.”

Yaboneyeho kongera guha ubutumwa abagambirira inabi ku Rwanda, bashaka gusiba amateka akomeye yamenekewe amaraso, bagendeye ku binyoma bacisha mu nyandiko, avuga ko buri Munyarwanda akwiye guharanira ko iyo migambi itazagerwaho.

Ati “Iyo ubonye ibyandikwa ku Rwanda kenshi uyoberwa niba u Rwanda ari rwa rundi rwacu tuzi, twanditse amateka yarwo mu maraso yacu, abo rero ni ukubereka ko ibyo bavuga atari byo.”

Yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko bagomba iteka kurangwa n’amahitamo meza, bakirinda icyabasubiza inyuma cyatuma bongera kubaho nabi, avuga ko bisaba imbaraga ariko ko umusaruro wabyo ari wo mwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse

Next Post

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.