Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Kwibohora, bifite igisobanuro gikomeye mu mateka y’u Rwanda, kuko byagezweho hatanzwe ikiguzi kiremereye nk’amaraso ya bamwe, bityo ko ntawe ushobora gusiba ayo mateka, kandi ko bikwiye guharanirwa na buri Munyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 02 Nyakanga ubwo hakorwaga umugoroba wo gutarama hazirikanwa isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora iba kuri uyu wa 04 Nyakanga.

Ni umunsi kandi ubaye nyuma y’uko tariki 01 Nyakanga na bwo hazirikanywe umunsi w’Ubwigenge bw’u Rwanda bwatanzwe tariki 01 Nyakanga 1962.

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kuba kwizihiza iyi minsi byarahujwe bigashyirwa tariki 04 Nyakanga, avuga ko mbere na mbere byahuriranye bigasa nk’ibiza mu minsi yegeranye, ku buryo guhuza ibirori byo kubyizihiza, byari ngombwa.

Agaruka ku mateka y’Ubwigenge bwahawe u Rwanda tariki 01 Nyakanga 1962, Perezida Kagame yavuze ko nubwo byiswe ko u Rwanda rwabuhawe, ariko uko iminsi yagiye yicuma, byagiye bihindura isura, bwa bwigenge busa n’ubusubijwe abari babutanze.

Ati “Tugenda dusa n’aho twabisubije abari baduhaye ubwigenge ngo mwikomereze n’ubundi ntitubishoboye, abitwaga ko baduhaye Ubwigenge barabisubirana, dusigarana izina ry’Ubwigenge.”

Naho tariki 04 Nyakanga, yabayeho ubwo hahagarikwaga Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, Perezida Kagame yavuze ko ari umunsi usobanuye byinshi kuri benshi ndetse no ku Gihugu muri rusange.

Ati “Kuri benshi nanjye ndimo, ni nk’Ubunani, ni nk’itariki ya mbere ibanziririza umwaka abenshi twizihiza kuko igihe tumaze guhera mu 1994, uhereye ku itariki 04 Nyakanga, ni ibihe byahinduye byinshi.”

Yavuze ko kuva icyo gihe ubwo hari benshi batari bakibona ko hari icyizere cyo kubaho, baje kukigira, biba nko gutangira ubuzima n’imibereho.

Ati “Ndetse n’abatarashoboye kubaho kugera kuri uwo munsi, kubibuka bijyanye no kwibohora bitangirira aho. Ubuzima bw’Abanyarwanda, bw’u Rwanda, ni aho buhera, Igihugu cyacu gitangira kubara.”

Yavuze ko urwo rugendo, rukwiye kuzirikanwa, ku buryo ibyabaye mu Rwanda, bitazongera kubaho ukundi, kuko imbaraga n’ubwitange byakoreshejwe mu kugira ngo ubuzima bw’Igihugu bugaruke, bidakwiye kwirengagizwa.

Yavuze ko amateka yo Kwibohora “yanditswe mu maraso, [keretse mubyemeye], ntabwo yaza ngo asibwe n’amateka yanditswe n’ikaramu, amateka yanditswe mu maraso n’ayanditswe muri wino murumva aho bitandukaniye.”

Yaboneyeho kongera guha ubutumwa abagambirira inabi ku Rwanda, bashaka gusiba amateka akomeye yamenekewe amaraso, bagendeye ku binyoma bacisha mu nyandiko, avuga ko buri Munyarwanda akwiye guharanira ko iyo migambi itazagerwaho.

Ati “Iyo ubonye ibyandikwa ku Rwanda kenshi uyoberwa niba u Rwanda ari rwa rundi rwacu tuzi, twanditse amateka yarwo mu maraso yacu, abo rero ni ukubereka ko ibyo bavuga atari byo.”

Yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko bagomba iteka kurangwa n’amahitamo meza, bakirinda icyabasubiza inyuma cyatuma bongera kubaho nabi, avuga ko bisaba imbaraga ariko ko umusaruro wabyo ari wo mwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 4 =

Previous Post

Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse

Next Post

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.