Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Liberia, George Weah yasekeje abaturage ubwo yababyiniraga indirimbo izwi nka Buga ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

George Weah nubundi yari aherutse kugaragara abyina iyi ndirimbo ya Kizz Daniel na Tkno Miles, mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaca ibintu.

Aya mashusho agaragaza Perezida George Weah abyina iyi ndirimbo nkuko urubyiruko ruri kuyitamba muri iyi minsi, agaragaza ko aba ari mu biro bye.

Ni amashusho yaciye ibintu ndetse ubwo inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth (GHOGM) yari isoje mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda, aya mashusho yanifashijwe na bamwe bavuga ko ari uko u Rwanda ruri kubyina nyuma yo gutegura iyi nama ndetse ikanagenda neza.

Noneho ubu hageze andi mashusho agaragaza Perezida George Weah ari kubyina iyi mbyino imbere y’abaturage, nab wo akayitamba neza nkuko abajene bari kuyibyina ku mbuga nkoranyambaga mu bizwi nka Challenge.

Muri aya mashusho, uyu mukuru w’Igihugu cya Liberia, abanza kubaza abaturage niba yababyinira, bose bakikiriza icyarimwe, na we ati “ok ok.”

Ako kanya ahita reba umufasha microhone, ubundi agasaba Dj kumuzamurira Buga, agatangira kunyeganyega, ubundi agaceza iyi ndirimbo.

Perezida wa Liberia 🇱🇷 George weah yongeye kuvugisha benshi ubwo yabyinaga ku nshuro ya kabiri indirimbo Buga ya “Kizz Daniel na Tekno miles “ iri mu ndirimbo zikunzwe.#10tings_rw pic.twitter.com/IOYcdhRtJ9

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) July 8, 2022

Muri uko kuyibyina, abaturage bose batangira gusekera icya rimwe ari na ko barangurura mu majwi bumvikana nk’abashimishijwe n’iki gikorwa cy’Umukuru w’Igihugu cyabo.

George Weah watorewe kuyobora Liberia mu mpera za 2017, azwi cyane muri ruhago aho yabaye umukinnyi mpuzamahanga ndetse akanyura mu makipe akomeye ku Isi.

Ni na we Mukinnyi w’Umunyafurika ufite amateka yihariye ko ari we rukumbi wegukanye ‘Ballon d’or’, yahawe muri 1995 ubwo yakinaga muri AC Milan yo mu Butaliyani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

U Rwanda rwahakanye ko inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi yasinyiwemo amasezerano yo guhagarika intambara

Next Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Musanze: Urujijo ku rupfu rw'umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.