Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Liberia, George Weah yasekeje abaturage ubwo yababyiniraga indirimbo izwi nka Buga ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

George Weah nubundi yari aherutse kugaragara abyina iyi ndirimbo ya Kizz Daniel na Tkno Miles, mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaca ibintu.

Aya mashusho agaragaza Perezida George Weah abyina iyi ndirimbo nkuko urubyiruko ruri kuyitamba muri iyi minsi, agaragaza ko aba ari mu biro bye.

Ni amashusho yaciye ibintu ndetse ubwo inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth (GHOGM) yari isoje mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda, aya mashusho yanifashijwe na bamwe bavuga ko ari uko u Rwanda ruri kubyina nyuma yo gutegura iyi nama ndetse ikanagenda neza.

Noneho ubu hageze andi mashusho agaragaza Perezida George Weah ari kubyina iyi mbyino imbere y’abaturage, nab wo akayitamba neza nkuko abajene bari kuyibyina ku mbuga nkoranyambaga mu bizwi nka Challenge.

Muri aya mashusho, uyu mukuru w’Igihugu cya Liberia, abanza kubaza abaturage niba yababyinira, bose bakikiriza icyarimwe, na we ati “ok ok.”

Ako kanya ahita reba umufasha microhone, ubundi agasaba Dj kumuzamurira Buga, agatangira kunyeganyega, ubundi agaceza iyi ndirimbo.

Perezida wa Liberia 🇱🇷 George weah yongeye kuvugisha benshi ubwo yabyinaga ku nshuro ya kabiri indirimbo Buga ya “Kizz Daniel na Tekno miles “ iri mu ndirimbo zikunzwe.#10tings_rw pic.twitter.com/IOYcdhRtJ9

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) July 8, 2022

Muri uko kuyibyina, abaturage bose batangira gusekera icya rimwe ari na ko barangurura mu majwi bumvikana nk’abashimishijwe n’iki gikorwa cy’Umukuru w’Igihugu cyabo.

George Weah watorewe kuyobora Liberia mu mpera za 2017, azwi cyane muri ruhago aho yabaye umukinnyi mpuzamahanga ndetse akanyura mu makipe akomeye ku Isi.

Ni na we Mukinnyi w’Umunyafurika ufite amateka yihariye ko ari we rukumbi wegukanye ‘Ballon d’or’, yahawe muri 1995 ubwo yakinaga muri AC Milan yo mu Butaliyani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

U Rwanda rwahakanye ko inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi yasinyiwemo amasezerano yo guhagarika intambara

Next Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Musanze: Urujijo ku rupfu rw'umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.