Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Liberia: Perezida yasekeje abantu baratembagara ubwo yongeraga guceza Buga noneho imbere y’imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Liberia, George Weah yasekeje abaturage ubwo yababyiniraga indirimbo izwi nka Buga ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

George Weah nubundi yari aherutse kugaragara abyina iyi ndirimbo ya Kizz Daniel na Tkno Miles, mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaca ibintu.

Aya mashusho agaragaza Perezida George Weah abyina iyi ndirimbo nkuko urubyiruko ruri kuyitamba muri iyi minsi, agaragaza ko aba ari mu biro bye.

Ni amashusho yaciye ibintu ndetse ubwo inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth (GHOGM) yari isoje mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda, aya mashusho yanifashijwe na bamwe bavuga ko ari uko u Rwanda ruri kubyina nyuma yo gutegura iyi nama ndetse ikanagenda neza.

Noneho ubu hageze andi mashusho agaragaza Perezida George Weah ari kubyina iyi mbyino imbere y’abaturage, nab wo akayitamba neza nkuko abajene bari kuyibyina ku mbuga nkoranyambaga mu bizwi nka Challenge.

Muri aya mashusho, uyu mukuru w’Igihugu cya Liberia, abanza kubaza abaturage niba yababyinira, bose bakikiriza icyarimwe, na we ati “ok ok.”

Ako kanya ahita reba umufasha microhone, ubundi agasaba Dj kumuzamurira Buga, agatangira kunyeganyega, ubundi agaceza iyi ndirimbo.

Perezida wa Liberia 🇱🇷 George weah yongeye kuvugisha benshi ubwo yabyinaga ku nshuro ya kabiri indirimbo Buga ya “Kizz Daniel na Tekno miles “ iri mu ndirimbo zikunzwe.#10tings_rw pic.twitter.com/IOYcdhRtJ9

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) July 8, 2022

Muri uko kuyibyina, abaturage bose batangira gusekera icya rimwe ari na ko barangurura mu majwi bumvikana nk’abashimishijwe n’iki gikorwa cy’Umukuru w’Igihugu cyabo.

George Weah watorewe kuyobora Liberia mu mpera za 2017, azwi cyane muri ruhago aho yabaye umukinnyi mpuzamahanga ndetse akanyura mu makipe akomeye ku Isi.

Ni na we Mukinnyi w’Umunyafurika ufite amateka yihariye ko ari we rukumbi wegukanye ‘Ballon d’or’, yahawe muri 1995 ubwo yakinaga muri AC Milan yo mu Butaliyani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 11 =

Previous Post

U Rwanda rwahakanye ko inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi yasinyiwemo amasezerano yo guhagarika intambara

Next Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Musanze: Urujijo ku rupfu rw'umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.