Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko afitiye icyizere Perezida Yoweri Museveni, Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi ku kurandura byihuse ikibazo cya M23 kuko uyu mutwe udakanganye.

Lt Gen Muhoozi yatangaje ibi mu gihe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Umuhango wo kwinjiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC wabaye nyuma y’amasaha macye umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru yanatumye abaturage babarirwa mu bihumbi bahunga Igihugu cyabo.

Nyuma y’uko DRC yinjiye muri EAC, Lt Gen Muhoozi yahise atangaza ubutumwa kuri Twitter buherekejwe n’amafoto ya Perezida Paul Kagame, Yoweri Museveni na Félix Antoine Tshisekedi, bugira buti “Mfitiye icyizere aba Baperezida b’indashyikirwa batatu b’ibihugu byacu ko bagiye gushaka mu gihe kihuse umuti w’ikibazo cya M23.”

I believe the three great Presidents of our nations will quickly resolve the issue of M23. M23 is really quite a simple problem to solve. It is not as dangerous as ADF for example. It can easily be solved with minimum losses. pic.twitter.com/U7CjFFLMXR

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) March 30, 2022

Muhoozi yakomeje agira ati “M23 ni ikibazo cyoroshye gushakira umuti. Ntabwo ihangayikishije nka ADF. Ishobora gushakirwa umuti kandi hakoreshejwe imbaraga nke.”

Uyu mutwe wa M23 wubuye imirwano mu duce twa Tchanzu and Runyonyi, muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wongeye gutumwa u Rwanda rushinjwa gutera inkunga uyu mutwe, gusa Ubuyobozi bw’u Rwanda bwo bwamaganye ibi birego buvuga ko bidafite ishingiro.

Uhagararirye u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yahaye ibisobanuro Guverinoma y’iki Gihugu, aho yagaragaje ko nta nyunga u Rwanda rushobora kugirira mu gufasha uyu mutwe.

Perezida Kagame, Museveni, Tshisekedi na Lourenço ubwo bahuriraga i Gatuna (Photo/Internet)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Next Post

Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.