Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gufatirwa ibyemezo ugomba kubahiriza bitarenze kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo birimo guhagarika kugaba ibitero no gusubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, kandi bigakorwa ku bugenzuzi bwa FARDC.

Ni ibyemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola, yatumijwe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço washyizweho nk’umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama yitabiriwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Yarimo kandi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye EAC ndetse na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, wahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gukemura ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama kandi yanitabiriwe na Michelle Ndiaye uhagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imyanzuro y’iyi nama yasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, irimo ireba umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Umwanzuro wa mbere, uvuga ko imirwano igomba guhagarara muri rusange “byumwihariko ibitero bya M23 igaba kuri FARDC no kuri MONUSCO guhera ku wa Gatanu tariki 25 ugushyingo 2022 saa 18h00.”

Umwanzuro wa kabiri usaba ko hubahirizwa mu buryo bwuzuye ibyemezo byafatiwe mu biganiro by’i Nairobi muri Kenya byabaye tariki 21 Mata na 20 Kamena 2022 ndetse n’ibiganiro by’i Luanda byabaye tariki 06 Nyakanga 2022 ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera i Burundi.

Iyi myanzuro kandi yanzuye ko umwanzuro wo kohereza ingabo za EAC muri Congo wubahirizwa mu buryo bwuzuye.

Umwanzuro wa kane usaba “M23 kurekura ibice byose wafashe ugasubira mu birindiro wahozemo muri Sabyinyo ku ruhande rwa DRC, bigakurikiranwa na FARDC, ingabo z’akarere ndetse n’itsinda rihuriweho, ku bufatanye na MONUSCO.”

Harimo umwanzuro kandi usaba imitwe nka FDLR-FOCA, RED-TABARA na ADF ndetse n’indi yose yitwaje intwaro ifite ibirindiro ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro vuba na bwangu igataha mu bihugu ikomokamo nkuko byemerejwe i Nairobi.

Umutwe wa M23 ugomba kwamburwa intwaro, nanone bigakurikiranwa n’igisirikare cya Congo ndetse n’ingabo bazafatanya zirimo izo mu karere.

Iyi myanzuro kandi yasabye ko hasubukurwa ibiganiro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano w’ibi Bihugu hifashishijwe inzira za dipolomasi kandi bikongera kubana neza.

Ni inama yatumiwemo u Rwanda na DRC
Yatumijwe na Perezida wa Angola

RADIOTV10

Comments 1

  1. M23 says:
    3 years ago

    Reka ngibaze mbe munyamakuru, kubwawe wumva nje M23 nasubira mwishamba ngazatungwa nigiki?

    Icakabili, iyo 1994 Ingotanyi zisubizwa muvirunga wowe Mr Journaliste uba uriho? Is oui, uba uriho gute? He he? We bwana nibareke gukina nubuzima bwabandu. Turababaye. Muje muraahimira SE Paul Kagame ingotanyi nguru kuko yabakoreye ibikomeye none named murijimye.

    Reply

Leave a Reply to M23 Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu akoresha imvugo igezweho mu bato b’i Kigali

Next Post

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.