Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu butumwa bwifuriza Abanyekongo umwaka mwiza, ubuyobozi bw’umutwe wa M23, bwasabye Umuryango mpuzamahanga kudakomeza kurebera ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, ukagira icyo ukora mu kubuhagarika, unakomoza ku bacancuro b’Abarusiya b’indwanyi kabuhariwe bivugwa ko bahawe ikiraka na DRC.

Muri ubu butumwa bwagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023, butangira buvuga ko umwaka wa 2022 warangiye mu gahinda nkuko imyaka yatambutse yagenze.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, rigira riti “Perezida wa DRC yananiwe gushyira mu bikorwa iturufu yuririyeho mu matora ya 2018 ko azatuma Igihugu kigendera ku mategeko, kurandura ruswa ndetse n’ibikorwa bihungabanya umutekano mu burasirazuba bw’Igihugu cyacu.”

Uyu mutwe ushimira imbaraga z’abayobozi bo muri Afurika y’Iburasirazuba no mu karere k’Ibiyaga Bigari zo gushaka umuti w’ibibazo ndetse ko na bo bazishyigikiye bikaba binagaragazwa no kuba baherutse kuva mu gace ka Kibumba.

Uvuga ko nubwo bimeze gutyo, uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwo rukomeje kugaragaza ubushake bucye dore ko kugeza ubu rwanze ko uyu mutwe wa M23 ujya mu biganiro.

Uvuga kandi ko ubufatanye bwa FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, ACPLS, Nyatura na CODECO bakomeje kuwugabaho ibitero birimo n’icyo bagabye mu birindiro byawo mu gace ka Kamatembe na Bwiza ku itariki ya 31 Ukuboza 2022, mu gihe kuri uyu munsi hari hateguwe ibiganiro byahuje M23 n’ingabo z’itsinda rya EACRF.

Iri tangazo rikomeza rigaragaza ibibazo bigihari, riti “Gutesha agaciro abantu, kubatoteza ndetse no kwica bikomeje gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi bashinjwa ko ari Abanyarwanda.”

Rikomeza rivuga ko M23 ari umutwe w’Abanyakongo buzuye ugizwe n’Abanyekongo gusa, kandi ko washyiriyeho kurwanya ibi bikorwa biriho bikorerwa abavandimwe babo mu Gihugu cyabo.

Uyu mutwe ukomeza ugira ubutumwa bwihariye ugenera MONUSCO, uti “Turabasaba guhagarika ubufasha bwose muha FARDC nkuko byagaragajwe na Raporo yayo ubwayo [MONUSCO] ko ukorana n’ubufatanye bwa FARDC-FDLR-Nyatura-ACPLS, NDC-Renove, PARECO na Mai-Mai. Nikomeza ubu bufasha bizahindanya isura yayo.”

Naho ku muryango mpuzamahanga, iri tangazo rigira riti “M23 irabasaba yinginga ngo muhagarike ingengabitekerezo ya Jenoside, imvugo zibiba urwango muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no gushyiraho uburyo bw’ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya DRC mu gushaka umuti w’ikibazo cy’amakimbirane n’umutekano mucye mu Gihugu cyacu.”

Uyu mutwe wanagarutse ku bacancuro b’Abanyaburayi bivugwa ko baherutse kwinjizwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uboneraho kunenga Guverinoma y’Iki Gihugu kwinjiza abanyamahanga mu bibazo byabo, unayisaba kubisobanura.

Iby’aba bacancuro, byatangiye kuvugwa mu byumweru bibiri bishize, aho byavuzwe ko hari abarwanyi 100 bo mu itsinda rya Wagner bageze i Goma bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Tshisekedi ngo baze guhashya M23.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje kandi hagaragaye umurambo w’umuzungu wambaye impuzankano za Congo, byavuzwe ko ari umwe muri aba bacancuro waguye ku rugamba mu mirwano iremereye yahuje M23 na FARDC mu gace ka Bwiza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Peter claude says:
    3 years ago

    Ndi umusore, ndashaka uwambera umugore Cg umukunzi 0789663818

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Umusore w’ibigango yabyinishije amatuza, Platini yambara igisa n’ijipo-Ibyaranze igitaramo cyafunguye 2023

Next Post

Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.