Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yemeje ko idashobora kurekura Umujyi wa Goma,
  • Yagaragaje ko Kivu ya Ruguru igiye kuba nk’Igihugu.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yashimiye abaturage b’i Goma bagaragarije uyu mutwe urugwiro ubwo bakoranaga inama ya mbere yahuje uyu mutwe n’aba baturage nyuma yuko ubohoje uyu Mujyi wa Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ibi nyuma y’amasaha macye hakozwe inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abaturage bo mu mujyi wa Goma yabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 muri Stade de l’Unité.

Ubwo abaturage bitabiraga iyi nama, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe byo kuba bafite umutekano, ndetse babyerekanira muri morale bashyizeho, baririmba zimwe mu ndirimbo zigaragaza umunezero.

Mu butumwa Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare 2025, yagize ati “Turashimira abaturage bacu ku bwo kugaragariza icyizere gisendereye umuryango wacu ndetse n’icyo turwanira nk’umutekano, amahoro n’ubutabera kuri bose.”

Yakomeje agira ati “Mu kubahiriza ubutumire bwacu ku bwinshi, abaturage b’i Goma, baboneyeho umwanya wo kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku bw’ibikorwa byabwo bihitana abasivile byaburijwemo ubwo habohorwaga uyu Mujyi.”

Bertrand Bisimwa kandi yagaragaje ibyo bifuza ko bihagarikwa n’ubutegetsi bwa DRC, birimo imbwirwaruhame zibiba inzangano n’amacakubiri, ibikorwa bya Jenoside, ndetse n’ibikorwa bya kinyamaswa byo kurya abantu bikorerwa Abanyekongo bamwe.

Yanasabye ko ubutegetsi bwa Congo buhagarika gukoresha no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo uwa Wazalendo. Ati “Muhagarike imitwe yitwaje Intwaro byumwihariko Wazalendo ikora ibikorwa bya kinyamaswa.”

Yavuze ko nyuma yuko M23 ifashe umujyi wa Goma, ubuzima bwongeye kugaruka mu baturage, kandi ko ubu bashyize imbere ibikorwa byo guteza imbere uyu mujyi. Ati “Twagarutse iwacu, kandi ntiduteze kuzarekura Umujyi wa wacu.”

Yavuze kandi ko ubu bari mu bikorwa byo gucyura impunzi zari zarahunze ibikorwa bibi byakorerwaga Abanyekongo bamwe, ndetse ko bafatanyije baziyubakira Intara yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seventeen =

Previous Post

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Next Post

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.