Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yemeje ko idashobora kurekura Umujyi wa Goma,
  • Yagaragaje ko Kivu ya Ruguru igiye kuba nk’Igihugu.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yashimiye abaturage b’i Goma bagaragarije uyu mutwe urugwiro ubwo bakoranaga inama ya mbere yahuje uyu mutwe n’aba baturage nyuma yuko ubohoje uyu Mujyi wa Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ibi nyuma y’amasaha macye hakozwe inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abaturage bo mu mujyi wa Goma yabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 muri Stade de l’Unité.

Ubwo abaturage bitabiraga iyi nama, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe byo kuba bafite umutekano, ndetse babyerekanira muri morale bashyizeho, baririmba zimwe mu ndirimbo zigaragaza umunezero.

Mu butumwa Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare 2025, yagize ati “Turashimira abaturage bacu ku bwo kugaragariza icyizere gisendereye umuryango wacu ndetse n’icyo turwanira nk’umutekano, amahoro n’ubutabera kuri bose.”

Yakomeje agira ati “Mu kubahiriza ubutumire bwacu ku bwinshi, abaturage b’i Goma, baboneyeho umwanya wo kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku bw’ibikorwa byabwo bihitana abasivile byaburijwemo ubwo habohorwaga uyu Mujyi.”

Bertrand Bisimwa kandi yagaragaje ibyo bifuza ko bihagarikwa n’ubutegetsi bwa DRC, birimo imbwirwaruhame zibiba inzangano n’amacakubiri, ibikorwa bya Jenoside, ndetse n’ibikorwa bya kinyamaswa byo kurya abantu bikorerwa Abanyekongo bamwe.

Yanasabye ko ubutegetsi bwa Congo buhagarika gukoresha no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo uwa Wazalendo. Ati “Muhagarike imitwe yitwaje Intwaro byumwihariko Wazalendo ikora ibikorwa bya kinyamaswa.”

Yavuze ko nyuma yuko M23 ifashe umujyi wa Goma, ubuzima bwongeye kugaruka mu baturage, kandi ko ubu bashyize imbere ibikorwa byo guteza imbere uyu mujyi. Ati “Twagarutse iwacu, kandi ntiduteze kuzarekura Umujyi wa wacu.”

Yavuze kandi ko ubu bari mu bikorwa byo gucyura impunzi zari zarahunze ibikorwa bibi byakorerwaga Abanyekongo bamwe, ndetse ko bafatanyije baziyubakira Intara yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Next Post

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.