Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kwikoma Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zikomeje guha ubufasha ubufatanye bwa FARDC n’inzindi ngabo batafatanyije mu bitero bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, aho noneho zabutije ibirindiro byarasiwemo ibisasu bya rutura.

Bikubiye mu Itangazo ryasohowe n’Ihuriro ‘AFC/Alliance Fleuve Congo’ kuri iki Cyumweru tariki 17 Werurwe 2024, ryashyizweho umukono n’Umuvugizi waryo, Lawrence Kanyuka.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Isano iri hagati y’Umuryango wacu na MONUSCO yagakwiye kandi igomba kuba ishingiye ku kubaha amahame y’amahoro n’ituze.” Ariko ko izi ngabo za MONUSCO zikomeje gukoresha nabi ububasha bwazo.

Rigakomeza rigira riti “Twamaganye twivuye inyuma ukwifashisha mu buryo butari bwo ibirindiro binyuranye bya MONUSCO, nk’ubuhungiro bw’ubufatanye bwa Leta ya Kinshasa burimo FARDC, FDLR, Abacancuro, Inyeshyamba, Ingabo z’u Burundi n’ingabo za SADC, mu gihe bitari mu butumwa bwa MONUSCO.”

Iri huriro ririmo umutwe wa M23, rikomeza rivuga ko ibisasu biremereye bituruka mu birindiro bya MONUSCO bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, abandi benshi bakava mu byabo ndetse imitungo yabo ikangirika.

Riti “Kandi ikibabaje ni uko ubu bwicanyi bukomeje gukorerwa mu maso y’Umuryango mpuzamahanga, akomeje kurebera akicecekera.”

Rikongera riti “Nanone kandi ni ngombwa ko dushimangira ko FDLR, ingabo z’u Burundi, abacancuro n’inyeshyamba, bakomeje kwambara impuzankano ya FARDC.”

Iri Huriro risoza risaba Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) guhagarika ibi bikorwa byo gutiza ibirindiro ubufatanye bw’uruhande rwa Leta ya Kinshasa ngo bubikoreshe mu bikorwa byo gukomeza kwica inzirakarengane z’abasivile.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Next Post

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania yavugiye ku rubyiniro amagambo yumvikana nko guhanurira u Rwanda

Related Posts

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

IZIHERUKA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo
AMAHANGA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania yavugiye ku rubyiniro amagambo yumvikana nko guhanurira u Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania yavugiye ku rubyiniro amagambo yumvikana nko guhanurira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.