Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangaje amakuru mashya y’urugamba inahishura ukuri ku kuba SADC yararwinjiyemo

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatangaje amakuru mashya y’urugamba inahishura ukuri ku kuba SADC yararwinjiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko Ingabo zoherejwe mu butumwa bwa SADC, zamaze kwinjira mu rugamba ruhanganishije uyu mutwe na FARDC, ndetse ko abo bahanganye baramutse barasa ibisasu bya rutura mu bice bituwemo n’abaturage, bikivugana benshi biganjemo abagore n’abana.

Bikubiye mu butumwa bwatanzwe na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mutarama 2024, bugaragaza amakuru agezweho y’urugamba ruhanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) cyiyambaje abagifasha.

Lawrence Kanyuka, mu butumwa bwe; yavuze ko kuva saa moya zo muri iki gitondo, ari bwo imirwano yongeye kubura, aho uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR, abacancuro, Ingabo z’u Burundi ndetse n’iza SADC, bakomeje ibikorwa byo kwica abasivile.

Uyu muvugizi wa M23 avuga ko ibi bikorwa biri gukorwa mu bice bya Mweso, Mushaki, Karuba ndetse no mu bice bibikikije.

Ati “Muri iki gitondo ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, by’umwihariko ingabo za SADC, barashe ibisasu biremereye muri Karuba no mu bice bibikikije, bica abagore n’abana, ndetse imiryango myinshi iva mu byayo.”

Uyu mutwe wa M23 uvuga ko wakomeje ibikorwa byo kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu bice ugenzura, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, wari watangaje ko izi ngabo za SADC zinjiye mu rugamba mu buryo bweruye, zikoresha intwaro ziremereye ndetse n’indege zitagira abapilote.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo

Next Post

Mu Bufaransa abahinzi bakoze imyigaragambyo idasanzwe bavuga n’ikizatuma bayihagarika

Related Posts

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Bufaransa abahinzi bakoze imyigaragambyo idasanzwe bavuga n’ikizatuma bayihagarika

Mu Bufaransa abahinzi bakoze imyigaragambyo idasanzwe bavuga n'ikizatuma bayihagarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.