Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, watangaje ko nubwo usanzwe urwana iyo ugabweho ibitero mu birindiro byawo, ariko ubu ugiye no kujya ujya guhagarika ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorwa n’igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe nka FDLR aho bazajya babikora hose.

Aganira na Voice of Kivu, Maj Willy Ngoma; kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, yavuze ko ibyo Guverinoma ya Congo iri gukora “bitihanganirwa kandi ntibishora kurenzwaho.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko mubizi, icyumweru kirashize Guverinoma ya Congo ihisemo kurenga umurongo, kuko bagabiye rimwe ibitero mu birindiro byacu, ahantu hose yaba Masisi, Rutshuru, Nyiragongo, ni na byo bakoze ejo hashize i Kibumba.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko nk’ibisanzwe ibi bitero birimo abarwanyi b’abambari ba FARDC nka FDLR, umutwe wa Wazalendo, uwa CODECO ndetse n’abacancuro.

Avuga ko ikibabaje ari uko aba barwanyi banagabye ibitero mu bice by’abaturage b’abasivile, bagasukamo ibisaru bya rutura ntacyo bitayeho, bagamije kuzamura umwuka mubi, kuko bazi neza ko aho uyu mutwe wa M23 uri, haba harangwa amahoro n’umutekano.

Ati “Aho tuba turi, nta bikorwa bibi bihaba, nta bujura buhakorwa, nta gusambanya abagore kuharangwa, ariko bo [FARDC n’abarwanyi ikoresha] aho bari hahora ubujura, hahora ibikorwa byo gufata ku ngufu abagore, hahora ibikorwa by’ububandi, hahora rwasezerera zo mu bwoko bwose. Ariko iwacu haba ari muri Paradizo buri wese abaho mu mahoro yisanzuye. Rero kugira ngo baburizemo ibyo, baharasa ibisaru.”

Yavuze ko igisirikare cya Congo gifatanyije n’iyo mitwe yacyo irimo FDLR, kuri uyu wa Kane, barashe ibisaru biremereye mu bice bya Karuba na Mushaki.

Yakomeje avuga ko nk’umutwe wa M23 badashobora kubirebera, ati “Tugomba kurwana ku baturage bacu kandi tuzabikora mu buryo bwa kinyamwuga.”

Maj Willy Ngoma kandi avuga ko n’ahandi hose aba barwanyi bazajya guhungabanya umutekano w’abarurage, uyu mutwe wa M23 uzahita utabarayo vuba na bwangu.

Ati “Nk’uko tubivuga ahantu hose abo bantu bazajya, aho bazakoresha intwaro bagaba ibitero ku birindiro byacu, tubivuze mu ijwi rirangurura ko tuzahita tujyayo kugira ngo tuburizemo ibyo bikorwa bya gisirikare.”

Maj Willy Ngoma yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi yakomeje kugaragaza ko atifuza ko ibibazo bikemuka mu nzira z’amahoro ndetse ko ari we warenze ku myanzuro yo guhagarika imirwano, bityo ko M23 na yo yiyemeje guhangana na FARDC mu rwego rwo kurinda abaturage.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana William says:
    2 years ago

    Carte du Rwanda pre-coloniale

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Related Posts

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.