Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, watangaje ko nubwo usanzwe urwana iyo ugabweho ibitero mu birindiro byawo, ariko ubu ugiye no kujya ujya guhagarika ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorwa n’igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe nka FDLR aho bazajya babikora hose.

Aganira na Voice of Kivu, Maj Willy Ngoma; kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, yavuze ko ibyo Guverinoma ya Congo iri gukora “bitihanganirwa kandi ntibishora kurenzwaho.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko mubizi, icyumweru kirashize Guverinoma ya Congo ihisemo kurenga umurongo, kuko bagabiye rimwe ibitero mu birindiro byacu, ahantu hose yaba Masisi, Rutshuru, Nyiragongo, ni na byo bakoze ejo hashize i Kibumba.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko nk’ibisanzwe ibi bitero birimo abarwanyi b’abambari ba FARDC nka FDLR, umutwe wa Wazalendo, uwa CODECO ndetse n’abacancuro.

Avuga ko ikibabaje ari uko aba barwanyi banagabye ibitero mu bice by’abaturage b’abasivile, bagasukamo ibisaru bya rutura ntacyo bitayeho, bagamije kuzamura umwuka mubi, kuko bazi neza ko aho uyu mutwe wa M23 uri, haba harangwa amahoro n’umutekano.

Ati “Aho tuba turi, nta bikorwa bibi bihaba, nta bujura buhakorwa, nta gusambanya abagore kuharangwa, ariko bo [FARDC n’abarwanyi ikoresha] aho bari hahora ubujura, hahora ibikorwa byo gufata ku ngufu abagore, hahora ibikorwa by’ububandi, hahora rwasezerera zo mu bwoko bwose. Ariko iwacu haba ari muri Paradizo buri wese abaho mu mahoro yisanzuye. Rero kugira ngo baburizemo ibyo, baharasa ibisaru.”

Yavuze ko igisirikare cya Congo gifatanyije n’iyo mitwe yacyo irimo FDLR, kuri uyu wa Kane, barashe ibisaru biremereye mu bice bya Karuba na Mushaki.

Yakomeje avuga ko nk’umutwe wa M23 badashobora kubirebera, ati “Tugomba kurwana ku baturage bacu kandi tuzabikora mu buryo bwa kinyamwuga.”

Maj Willy Ngoma kandi avuga ko n’ahandi hose aba barwanyi bazajya guhungabanya umutekano w’abarurage, uyu mutwe wa M23 uzahita utabarayo vuba na bwangu.

Ati “Nk’uko tubivuga ahantu hose abo bantu bazajya, aho bazakoresha intwaro bagaba ibitero ku birindiro byacu, tubivuze mu ijwi rirangurura ko tuzahita tujyayo kugira ngo tuburizemo ibyo bikorwa bya gisirikare.”

Maj Willy Ngoma yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi yakomeje kugaragaza ko atifuza ko ibibazo bikemuka mu nzira z’amahoro ndetse ko ari we warenze ku myanzuro yo guhagarika imirwano, bityo ko M23 na yo yiyemeje guhangana na FARDC mu rwego rwo kurinda abaturage.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana William says:
    2 years ago

    Carte du Rwanda pre-coloniale

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − eight =

Previous Post

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.