Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, watangaje ko nubwo usanzwe urwana iyo ugabweho ibitero mu birindiro byawo, ariko ubu ugiye no kujya ujya guhagarika ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorwa n’igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe nka FDLR aho bazajya babikora hose.

Aganira na Voice of Kivu, Maj Willy Ngoma; kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, yavuze ko ibyo Guverinoma ya Congo iri gukora “bitihanganirwa kandi ntibishora kurenzwaho.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko mubizi, icyumweru kirashize Guverinoma ya Congo ihisemo kurenga umurongo, kuko bagabiye rimwe ibitero mu birindiro byacu, ahantu hose yaba Masisi, Rutshuru, Nyiragongo, ni na byo bakoze ejo hashize i Kibumba.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko nk’ibisanzwe ibi bitero birimo abarwanyi b’abambari ba FARDC nka FDLR, umutwe wa Wazalendo, uwa CODECO ndetse n’abacancuro.

Avuga ko ikibabaje ari uko aba barwanyi banagabye ibitero mu bice by’abaturage b’abasivile, bagasukamo ibisaru bya rutura ntacyo bitayeho, bagamije kuzamura umwuka mubi, kuko bazi neza ko aho uyu mutwe wa M23 uri, haba harangwa amahoro n’umutekano.

Ati “Aho tuba turi, nta bikorwa bibi bihaba, nta bujura buhakorwa, nta gusambanya abagore kuharangwa, ariko bo [FARDC n’abarwanyi ikoresha] aho bari hahora ubujura, hahora ibikorwa byo gufata ku ngufu abagore, hahora ibikorwa by’ububandi, hahora rwasezerera zo mu bwoko bwose. Ariko iwacu haba ari muri Paradizo buri wese abaho mu mahoro yisanzuye. Rero kugira ngo baburizemo ibyo, baharasa ibisaru.”

Yavuze ko igisirikare cya Congo gifatanyije n’iyo mitwe yacyo irimo FDLR, kuri uyu wa Kane, barashe ibisaru biremereye mu bice bya Karuba na Mushaki.

Yakomeje avuga ko nk’umutwe wa M23 badashobora kubirebera, ati “Tugomba kurwana ku baturage bacu kandi tuzabikora mu buryo bwa kinyamwuga.”

Maj Willy Ngoma kandi avuga ko n’ahandi hose aba barwanyi bazajya guhungabanya umutekano w’abarurage, uyu mutwe wa M23 uzahita utabarayo vuba na bwangu.

Ati “Nk’uko tubivuga ahantu hose abo bantu bazajya, aho bazakoresha intwaro bagaba ibitero ku birindiro byacu, tubivuze mu ijwi rirangurura ko tuzahita tujyayo kugira ngo tuburizemo ibyo bikorwa bya gisirikare.”

Maj Willy Ngoma yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi yakomeje kugaragaza ko atifuza ko ibibazo bikemuka mu nzira z’amahoro ndetse ko ari we warenze ku myanzuro yo guhagarika imirwano, bityo ko M23 na yo yiyemeje guhangana na FARDC mu rwego rwo kurinda abaturage.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana William says:
    2 years ago

    Carte du Rwanda pre-coloniale

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 12 =

Previous Post

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.