Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bwa M23 bwagiranye ibiganiro na Uhuru Kenyatta, umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bumusaba kugenzura ko n’indi mitwe iri kubahiriza ibyemezo yafatiwe birimo gushyira hasi intwaro no guhagarika imirwano.

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, washyizweho nk’umuhuza muri ibi bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye abayobozi b’umutwe wa M23 barimo Perezida wawo, Betrand Bisimwa ndetse n’abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru mu bya gisirikare, kuri uyu wa Kane tariki 12 Mutarama 2023.

Muri ibi biganiro byari bigamije gushaka amahoro mu burasirazuna bwa DRC, umutwe wa M23 ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe, wasezeranyije ko uzakomeza kubyubahiriza kugira ngo amahoro akomeze kuboneka muri Kivu ya Ruguru.

Wasezezeranyije ko uzakomeza kuva mu bice wafashe no guhagarika imirwano ndetse no gukomeza gukorana n’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zatangiye kugenzura uduce uyu mutwe wamaze kurekura.

Wasezeranyije kandi ko inzira zo kubahiriza ibi byemezo byo kuva mu bice wari warafashe ko kizakomeza kugenzurwa n’izi ngabo za EACRF ndetse n’itsinda ry’ingabo z’umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) mu rwego rwo kugarura abaturage bari baravuye mu byabo.

Itangazo ry’ibyavuye muri ibi biganiro rikomeza rigira riti “Abayobozi ba M23 basabye Perezida Kenyatta gukurikirana ko hari ituze muri DRC nanone kandi niba uburenganzira bw’abaturage bwubahirizwa, nanone kandi niba imitwe yose ikomoka muri DRC n’ikomoka hanze yarashyize hasi intwaro, igahagarika imirwano cyangwa ibitero igaba kuri M23 ikaba inashaka ko amakimbirane arangira binyuze mu nzira z’amahoro.”

Abari muri iyi nama kandi bavuze ko umwuka uri muri Kivu ya Ruguru nk’agace kari kugarijwe n’ibibazo by’umutekano mucye kurusha utundi, hari intambwe imaze guterwa mu gushaka amahoro n’ituze mu byumweru bine bishize.

Iri tangazo rigira riti “Benshi mu baturage bari bavuye mu byabo, batangiye gusubira mu ngo zabo.”

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 na bwo bwaboneyeho gushimira Uhuru Kenyatta ku muhate akomeje kugaragaza mu gukomeza iyi nzira yo gushaka amahoro muri DRC.

Uhuru Kenyatta yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 11 =

Previous Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Next Post

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Umwanya Pasiporo y'u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.