Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bwa M23 bwagiranye ibiganiro na Uhuru Kenyatta, umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bumusaba kugenzura ko n’indi mitwe iri kubahiriza ibyemezo yafatiwe birimo gushyira hasi intwaro no guhagarika imirwano.

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, washyizweho nk’umuhuza muri ibi bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye abayobozi b’umutwe wa M23 barimo Perezida wawo, Betrand Bisimwa ndetse n’abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru mu bya gisirikare, kuri uyu wa Kane tariki 12 Mutarama 2023.

Muri ibi biganiro byari bigamije gushaka amahoro mu burasirazuna bwa DRC, umutwe wa M23 ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe, wasezeranyije ko uzakomeza kubyubahiriza kugira ngo amahoro akomeze kuboneka muri Kivu ya Ruguru.

Wasezezeranyije ko uzakomeza kuva mu bice wafashe no guhagarika imirwano ndetse no gukomeza gukorana n’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zatangiye kugenzura uduce uyu mutwe wamaze kurekura.

Wasezeranyije kandi ko inzira zo kubahiriza ibi byemezo byo kuva mu bice wari warafashe ko kizakomeza kugenzurwa n’izi ngabo za EACRF ndetse n’itsinda ry’ingabo z’umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) mu rwego rwo kugarura abaturage bari baravuye mu byabo.

Itangazo ry’ibyavuye muri ibi biganiro rikomeza rigira riti “Abayobozi ba M23 basabye Perezida Kenyatta gukurikirana ko hari ituze muri DRC nanone kandi niba uburenganzira bw’abaturage bwubahirizwa, nanone kandi niba imitwe yose ikomoka muri DRC n’ikomoka hanze yarashyize hasi intwaro, igahagarika imirwano cyangwa ibitero igaba kuri M23 ikaba inashaka ko amakimbirane arangira binyuze mu nzira z’amahoro.”

Abari muri iyi nama kandi bavuze ko umwuka uri muri Kivu ya Ruguru nk’agace kari kugarijwe n’ibibazo by’umutekano mucye kurusha utundi, hari intambwe imaze guterwa mu gushaka amahoro n’ituze mu byumweru bine bishize.

Iri tangazo rigira riti “Benshi mu baturage bari bavuye mu byabo, batangiye gusubira mu ngo zabo.”

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 na bwo bwaboneyeho gushimira Uhuru Kenyatta ku muhate akomeje kugaragaza mu gukomeza iyi nzira yo gushaka amahoro muri DRC.

Uhuru Kenyatta yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 12 =

Previous Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Next Post

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Umwanya Pasiporo y'u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.