Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko udashishikajwe no gufata umujyi wa Goma nk’uko byavugwaga n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwari bwanatangaje hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo uyu mutwe udafata uyu mujyi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Perezida Felix Tshisekedi yatumije anayobora Inama Nkuru y’Umutekano, yigaga kuri zimwe mu mbogamizi igisirikare cya Congo kiri guhura na zo ku rugamba.

Nyuma y’iyi nama, Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko muri iyi nama bafashe umwanzuro ko igisirikare cya Congo kigomba gukora ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma udafatwa.

Ni mu gihe byavugwaga ko uyu mujyi ushobora gufatwa n’umutwe wa M23, dore ko wari wamaze kuwugota, bigatuma hazamuka icyoba ko isaha n’isaha, na wo wakwiyongera mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare 2024, umutwe wa M23 washyize hanze itangazo uvuga ko udashyize imbere gufata uyu mujyi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rigira riti “M23 ntishishikajwe no gufata umujyi wa Goma nk’uko biri kuzamurwa mu buryo bwo kuyobya rubanda n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko nubwo M23 idashyize imbere gufata uyu mujyi wa Goma, ariko igihe cyose izajya ijya guhangana n’ahaturuka ibitero igabwaho.

Ati “Igihe cyose habayeho ibitero yaba ibyo ku butaka cyangwa mu kirere bigabwa ku barwanyi bacu cyangwa byo kurasa buhumyi mu baturage b’abasivile, ingabo zacu zizajya zijya kuburizamo aho bituruka.”

M23 yatangaje ibi nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare, inavuze ko mu rwego rwo gukomeza kuburizamo ibitero ikomeje kugabwaho no ku baturage b’inzirakarengane, yafashe ibindi bice birimo agace ka Nturo ndetse n’umusozi uzwi nka Chez Madimba uri mu bice byitegeye bifasha abarwanyi mu rugamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Perezida wa Pologne yizeje u Rwanda inkunga mu bya Gisikare y’ibyarufasha guhangana n’ibitero rwagabwaho

Next Post

Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye

Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.