Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 ryiyemeje gukura ku ngohi Abanyekongo, bwakoranye inama n’abaturage bo mu Mujyi wa Bukavu uherutse kubohozwa n’iri Huriro, bongera kwitabira ku bwinshi, banagaragaza ibyishimo by’amahoro bafite kuva uyu mujyi wabo wabohorwa.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025 nyuma y’icyumweru n’igice abarwanyi b’umutwe wa M23 bafashe uyu Mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru dukesha Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yatangaje kuri uyu wa Kane, avuga ko abaturage batuye muri uyu Mujyi babyutse inkoko ari yo ngoma kugira ngo bajye kuganira n’ubuyobozi bw’iri Huriro mu nama yo kujya inama.

Yagize ati “Abaturage b’i Bukavu, bitabanye ingoga baza ku bwinshi mu nama ya rubanda na AFC/M23 yabaye kuri uyu wa 27/02/2025, bishimangira ko bashyigikiye icyerekezo cy’amahoro, ubutabera ndetse no kongera kwiyubakira Igihugu, bishyigikiwe n’Umuhuzabikorwa Corneille Nangaa.”

Ubu butumwa bwa Lawrence Kanyuka kandi buherekejwe n’amashusho agaragaza Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 Corneille Nangaa ari imbere y’imbaga y’abaturage benshi, bari kuririmba mu ndirimbo za morali, byumwihariko izwi nka ‘Sisi wenyewe’.

Iyi nama ibaye nyuma yuko ubuyobozi bwa AFC/M23 busabye abaturage bo muri uyu Mujyi wa Bukavu, kwishyiriraho abayobozi, bukareba ab’inyangamugayo, bakwiye kubayobora.

Iyi nama yahuje ubuyobozi bwa AFC/M23, ibaye nyuma y’indi yakoreye mu Mujyi wa Goma, yabereye muri Stade de l’Unité, na yo yitabiriwe n’abaturage ibihumbi n’ibihumbi, bagaragarije urugwiro rwinshi abayobozi b’uyu mutwe wiyemeje kurandura akarengane gakorwa n’ubutegetsi bwa Congo.

Abayobozi ba AFC/M23 bakiranywe ubwuzu n’abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

DRCongo-Uvira: Havuzwe impamvu abaturage batishimiye igaruka ry’Abapolisi 1.000 bari bahungiye mu Burundi

Next Post

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.