Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Senegal, Macky Sall uherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Kigali mu ruzinduko yatangiye mu Rwanda, anitabiriyemo inama mpuzamahanga iri kuhabera.

Macky Sall yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023. Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, banagiranye ibiganiro.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Senegal, biteganyijwe ko muri uru ruzinduko agiriye mu Rwanda, azanitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu iterambere, iri kubera i Kigali.

Mu minsi icumi ishize, tariki 04 Nyakanga, Perezida Macky Sall yari yahuye na Perezida Paul Kagame ubwo umukuru w’u Rwanda yerecyezaga mu Birwa bya Bahamas yitabiriye isabukuru y’ubwigenge bw’iki Gihugu.

Icyo gihe Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bya Senegal byari byatangaje ko “Perezida Macky Sall yaje ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor mu masaha y’umugoroba kugira ngo yakire mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.”

Macky Sall kandi aje mu Rwanda asanga Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák wanakiriye na mugenzi we Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru bakanagirana ibiganiro, ndetse bakanaganira n’itangazamakuru.

Madamu Katalin Novák na we wanitabiriye iyi nama y’uruhare rw’umugore mu iterambere, agiriye uruzinduko rwa mbere ku Mugabane wa Afurika, yavuze ko impamvu yahisemo kubanziriza ku Rwanda, ari ukugira ngo yihere ijisho iterambere ryarwo n’uburyo rwabashije kwikura mu majye rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu rukaba ari Igihugu ntangarugero hose.

Perezida Macky Sall ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege
Yanaganiriye na Minisitiri Biruta
Mu minsi micye ishize yari yahuye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Next Post

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.