Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaranda, yasabye Imiryango Mpuzamahanga gushyigikira Ibihugu bya Afurika n’ibyo muri America y’Amajyefo mu kuba byagira ibikorwa remezo bishyitse bya siporo, nk’uko byakozwe mu buryo budasanzwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu myaka micye ishize.

Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, yabitanaje kuri uyu wa Kane mu nama yigaga ku ruhare rwa siporo mu iterambere rirambye ry’Ibihugu, yabimburiye itangizwa ry’imikino ya Olympics i Paris muri iki Gihugu.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi b’Ibigo bikomeye bya siporo, ab’Imiryango Mpuzamahanga itari iya Leta, ndetse n’abayobozi b’ibikorwa bya siporo mu ngeri zinyuranye, ikaba yayobowe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Perezida Macron yagaragaje akamaro k’ibikorwa remezo bifite imbaraga bya siporo mu kunganira iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, avuga ko uretse kuzamura impano z’abakiri bato, binagira uruhare mu iterambere ry’Ibihugu.

Yaboneyeho kuvuga ko Ibihugu by’Umugabane wa Afurika ndetse n’Ibihugu bikora ku Nyanja ya Pacifique ndetse n’ibyo muri America y’Amajyepfo, bikwiye gushyigikirwa kubona ibikorwa remezo byakira ibikorwa bikomeye bya siporo.

Ati “Ni nk’ibyakozwe na Perezida Kagame mu buryo budasanzwe muri iyi myaka micye ishize, nk’uko nanjye ubwanjye nabyiboneye ubwo twarebanaga irushanwa rya Basketball muri kimwe muri ibyo bikorwa remezo.”

Mu mpera za Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron ubwo yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yarebanye na Perezida Kagame umukino w’irushanwa rya BAL wari wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na Feroviario de Maputo yo muri Mozambique, wabereye mu yahoze ari Kigali Arena ubu yabaye BK Arena, ikaba kimwe mu bikorwa remezo bya rutura bya siporo bikomeye biri ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama yabere mu Bufaransa, Perezida Macron yakomeje avuga ko Imiryango mpuzamahanga ikwiye gushyigikira Ibihugu kugira ngo bigere ku bikorwa remezo bikomeye nk’ibi byagezweho n’u Rwanda kubera imiyoborere ireba kure ya Perezida Paul Kagame.

Ati “Ndabizi ko hari imikino muri gutegura mu mwaka wa 2026 Perezida, ndizera ko Igihugu cyanyu ndetse n’akarere kose ari amahirwe adasanzwe yo kugera ku ntsinzi.”

Perezida Emmanuel Macron yakomeje avuga ko kandi ibikorwa remezo nk’ibi bikwiye no kujyana no guhugura abo mu rwego rwa Siporo ndetse no kubakurikirana kugira ngo umusasuro wifuzwa muri siporo ugerweho.

Igi gikorwa cya BK Arena cyatanzweho urugero na Perezida Emmanuel Macron, cyuzuye muri 2019, kikaba cyarakurikiwe na Sitade Amahoro ivuguriye iri ku rwego mpuzamahanga, iri mu rubavu rwayo byerageranye mu ntambwe nke, na yo yafunguwe ku mugaragaro mu ntangiro z’uku kwezi.

Nanone kandi muri aka gace gaherereyemo ibi bikorwa remezo, hatangijwe ibikorwa byo kubaka icyanya cy’ibikorwa cya Siporo cyizwi nka ‘Zaria Court’ kizuzura mu mwaka utaha wa 2025.

Perezida Kagame na Macron muri 2021 ubwo barebaga umukino wa BAL muri BK Arena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Next Post

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.