Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaranda, yasabye Imiryango Mpuzamahanga gushyigikira Ibihugu bya Afurika n’ibyo muri America y’Amajyefo mu kuba byagira ibikorwa remezo bishyitse bya siporo, nk’uko byakozwe mu buryo budasanzwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu myaka micye ishize.

Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, yabitanaje kuri uyu wa Kane mu nama yigaga ku ruhare rwa siporo mu iterambere rirambye ry’Ibihugu, yabimburiye itangizwa ry’imikino ya Olympics i Paris muri iki Gihugu.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi b’Ibigo bikomeye bya siporo, ab’Imiryango Mpuzamahanga itari iya Leta, ndetse n’abayobozi b’ibikorwa bya siporo mu ngeri zinyuranye, ikaba yayobowe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Perezida Macron yagaragaje akamaro k’ibikorwa remezo bifite imbaraga bya siporo mu kunganira iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, avuga ko uretse kuzamura impano z’abakiri bato, binagira uruhare mu iterambere ry’Ibihugu.

Yaboneyeho kuvuga ko Ibihugu by’Umugabane wa Afurika ndetse n’Ibihugu bikora ku Nyanja ya Pacifique ndetse n’ibyo muri America y’Amajyepfo, bikwiye gushyigikirwa kubona ibikorwa remezo byakira ibikorwa bikomeye bya siporo.

Ati “Ni nk’ibyakozwe na Perezida Kagame mu buryo budasanzwe muri iyi myaka micye ishize, nk’uko nanjye ubwanjye nabyiboneye ubwo twarebanaga irushanwa rya Basketball muri kimwe muri ibyo bikorwa remezo.”

Mu mpera za Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron ubwo yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yarebanye na Perezida Kagame umukino w’irushanwa rya BAL wari wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na Feroviario de Maputo yo muri Mozambique, wabereye mu yahoze ari Kigali Arena ubu yabaye BK Arena, ikaba kimwe mu bikorwa remezo bya rutura bya siporo bikomeye biri ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama yabere mu Bufaransa, Perezida Macron yakomeje avuga ko Imiryango mpuzamahanga ikwiye gushyigikira Ibihugu kugira ngo bigere ku bikorwa remezo bikomeye nk’ibi byagezweho n’u Rwanda kubera imiyoborere ireba kure ya Perezida Paul Kagame.

Ati “Ndabizi ko hari imikino muri gutegura mu mwaka wa 2026 Perezida, ndizera ko Igihugu cyanyu ndetse n’akarere kose ari amahirwe adasanzwe yo kugera ku ntsinzi.”

Perezida Emmanuel Macron yakomeje avuga ko kandi ibikorwa remezo nk’ibi bikwiye no kujyana no guhugura abo mu rwego rwa Siporo ndetse no kubakurikirana kugira ngo umusasuro wifuzwa muri siporo ugerweho.

Igi gikorwa cya BK Arena cyatanzweho urugero na Perezida Emmanuel Macron, cyuzuye muri 2019, kikaba cyarakurikiwe na Sitade Amahoro ivuguriye iri ku rwego mpuzamahanga, iri mu rubavu rwayo byerageranye mu ntambwe nke, na yo yafunguwe ku mugaragaro mu ntangiro z’uku kwezi.

Nanone kandi muri aka gace gaherereyemo ibi bikorwa remezo, hatangijwe ibikorwa byo kubaka icyanya cy’ibikorwa cya Siporo cyizwi nka ‘Zaria Court’ kizuzura mu mwaka utaha wa 2025.

Perezida Kagame na Macron muri 2021 ubwo barebaga umukino wa BAL muri BK Arena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Next Post

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.