Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaranda, yasabye Imiryango Mpuzamahanga gushyigikira Ibihugu bya Afurika n’ibyo muri America y’Amajyefo mu kuba byagira ibikorwa remezo bishyitse bya siporo, nk’uko byakozwe mu buryo budasanzwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu myaka micye ishize.

Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, yabitanaje kuri uyu wa Kane mu nama yigaga ku ruhare rwa siporo mu iterambere rirambye ry’Ibihugu, yabimburiye itangizwa ry’imikino ya Olympics i Paris muri iki Gihugu.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi b’Ibigo bikomeye bya siporo, ab’Imiryango Mpuzamahanga itari iya Leta, ndetse n’abayobozi b’ibikorwa bya siporo mu ngeri zinyuranye, ikaba yayobowe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Perezida Macron yagaragaje akamaro k’ibikorwa remezo bifite imbaraga bya siporo mu kunganira iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, avuga ko uretse kuzamura impano z’abakiri bato, binagira uruhare mu iterambere ry’Ibihugu.

Yaboneyeho kuvuga ko Ibihugu by’Umugabane wa Afurika ndetse n’Ibihugu bikora ku Nyanja ya Pacifique ndetse n’ibyo muri America y’Amajyepfo, bikwiye gushyigikirwa kubona ibikorwa remezo byakira ibikorwa bikomeye bya siporo.

Ati “Ni nk’ibyakozwe na Perezida Kagame mu buryo budasanzwe muri iyi myaka micye ishize, nk’uko nanjye ubwanjye nabyiboneye ubwo twarebanaga irushanwa rya Basketball muri kimwe muri ibyo bikorwa remezo.”

Mu mpera za Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron ubwo yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yarebanye na Perezida Kagame umukino w’irushanwa rya BAL wari wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na Feroviario de Maputo yo muri Mozambique, wabereye mu yahoze ari Kigali Arena ubu yabaye BK Arena, ikaba kimwe mu bikorwa remezo bya rutura bya siporo bikomeye biri ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama yabere mu Bufaransa, Perezida Macron yakomeje avuga ko Imiryango mpuzamahanga ikwiye gushyigikira Ibihugu kugira ngo bigere ku bikorwa remezo bikomeye nk’ibi byagezweho n’u Rwanda kubera imiyoborere ireba kure ya Perezida Paul Kagame.

Ati “Ndabizi ko hari imikino muri gutegura mu mwaka wa 2026 Perezida, ndizera ko Igihugu cyanyu ndetse n’akarere kose ari amahirwe adasanzwe yo kugera ku ntsinzi.”

Perezida Emmanuel Macron yakomeje avuga ko kandi ibikorwa remezo nk’ibi bikwiye no kujyana no guhugura abo mu rwego rwa Siporo ndetse no kubakurikirana kugira ngo umusasuro wifuzwa muri siporo ugerweho.

Igi gikorwa cya BK Arena cyatanzweho urugero na Perezida Emmanuel Macron, cyuzuye muri 2019, kikaba cyarakurikiwe na Sitade Amahoro ivuguriye iri ku rwego mpuzamahanga, iri mu rubavu rwayo byerageranye mu ntambwe nke, na yo yafunguwe ku mugaragaro mu ntangiro z’uku kwezi.

Nanone kandi muri aka gace gaherereyemo ibi bikorwa remezo, hatangijwe ibikorwa byo kubaka icyanya cy’ibikorwa cya Siporo cyizwi nka ‘Zaria Court’ kizuzura mu mwaka utaha wa 2025.

Perezida Kagame na Macron muri 2021 ubwo barebaga umukino wa BAL muri BK Arena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Next Post

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.