Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18
Share on FacebookShare on Twitter

Igipolisi cyo muri Madagascar kishe kirashe abaturage 18 bari mu myigaragambyo y’abagize umujinya w’ishimutwa ry’umwana ufite ubumuga w’uruhu.

Umuyobozi w’Ibitaro biherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Madagascar, Dr Tango Oscar Toky yemeje aya makuru.

Yagize ati “Kugeza ubu abantu 18 bapfuye, icyenda bapfiriye aho barasiwe, abandi icyenda bagwa mu bitaro.”

Dr Tango Oscar Toky yakomeje agira ati “Abagera muri 34 bakomeretse, icyenda muri bo bari hagati yo gupfa no gukira. Dutegereje ko Guverinoma iduha indege yo kubajyana mu Murwa mukuru.”

Aba bantu barashwe ubwo abagera muri 500 bari mu myigaragambyo bafite intwaro gakondo nk’imihoro bashaka kugaba igitero kuri station ya polisi.

Umwe mu bapolisi barashe muri iki kivunge cy’abaturage, yagize ati “Habanje kubaho imishyikirano ariko abaturage bakomeza kotsa igitutu. Bakomeje kwinjira ku ngufu, ntayandi mahitamo twari dufite uretse kwirwanaho.”

Polisi y’iki Gihugu yatangaje ko yababajwe n’iki gikorwa, gusa ivuga ko abakiguyemo ari 11 naho abakomeretse bakaba 18.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Madagascar, Andry Rakotondrazaka, yavuze ko ibyabaye “Bibabaje cyane. Byashoboraga kwirindwa ariko byabaye.”

Yavuze ko polisi yagerageje kuburizamo ubu bushotoranyi bw’abaturage, igakora ibishoboka byose birimo n’imishyikirano bikagera n’aho bakoresha ibyuka biryana mu maso ariko aba baturage bagakomeza kubasatira.

Igikorwa cyo gushimuta umwana ari na cyo ntandaro y’iyi myigaragambyo, cyabaye mu cyumweru gishize nkuko bitangazwa na Depite Jean-Brunelle Razafintsiandraofa uhagarariye Akarere ka Ikongo mu Nteko Ishinga Amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

Rusizi: Batatu barimo umunyamahanga batahuwe bapakiye imifuka ya sima bahishemo umwe w’urumogi

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.