Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18
Share on FacebookShare on Twitter

Igipolisi cyo muri Madagascar kishe kirashe abaturage 18 bari mu myigaragambyo y’abagize umujinya w’ishimutwa ry’umwana ufite ubumuga w’uruhu.

Umuyobozi w’Ibitaro biherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Madagascar, Dr Tango Oscar Toky yemeje aya makuru.

Yagize ati “Kugeza ubu abantu 18 bapfuye, icyenda bapfiriye aho barasiwe, abandi icyenda bagwa mu bitaro.”

Dr Tango Oscar Toky yakomeje agira ati “Abagera muri 34 bakomeretse, icyenda muri bo bari hagati yo gupfa no gukira. Dutegereje ko Guverinoma iduha indege yo kubajyana mu Murwa mukuru.”

Aba bantu barashwe ubwo abagera muri 500 bari mu myigaragambyo bafite intwaro gakondo nk’imihoro bashaka kugaba igitero kuri station ya polisi.

Umwe mu bapolisi barashe muri iki kivunge cy’abaturage, yagize ati “Habanje kubaho imishyikirano ariko abaturage bakomeza kotsa igitutu. Bakomeje kwinjira ku ngufu, ntayandi mahitamo twari dufite uretse kwirwanaho.”

Polisi y’iki Gihugu yatangaje ko yababajwe n’iki gikorwa, gusa ivuga ko abakiguyemo ari 11 naho abakomeretse bakaba 18.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Madagascar, Andry Rakotondrazaka, yavuze ko ibyabaye “Bibabaje cyane. Byashoboraga kwirindwa ariko byabaye.”

Yavuze ko polisi yagerageje kuburizamo ubu bushotoranyi bw’abaturage, igakora ibishoboka byose birimo n’imishyikirano bikagera n’aho bakoresha ibyuka biryana mu maso ariko aba baturage bagakomeza kubasatira.

Igikorwa cyo gushimuta umwana ari na cyo ntandaro y’iyi myigaragambyo, cyabaye mu cyumweru gishize nkuko bitangazwa na Depite Jean-Brunelle Razafintsiandraofa uhagarariye Akarere ka Ikongo mu Nteko Ishinga Amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 11 =

Previous Post

Rusizi: Batatu barimo umunyamahanga batahuwe bapakiye imifuka ya sima bahishemo umwe w’urumogi

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.