Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Madagascar: Polisi yarekuye urufaya rw’amasasu mu bigaragambya yicamo 18
Share on FacebookShare on Twitter

Igipolisi cyo muri Madagascar kishe kirashe abaturage 18 bari mu myigaragambyo y’abagize umujinya w’ishimutwa ry’umwana ufite ubumuga w’uruhu.

Umuyobozi w’Ibitaro biherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Madagascar, Dr Tango Oscar Toky yemeje aya makuru.

Yagize ati “Kugeza ubu abantu 18 bapfuye, icyenda bapfiriye aho barasiwe, abandi icyenda bagwa mu bitaro.”

Dr Tango Oscar Toky yakomeje agira ati “Abagera muri 34 bakomeretse, icyenda muri bo bari hagati yo gupfa no gukira. Dutegereje ko Guverinoma iduha indege yo kubajyana mu Murwa mukuru.”

Aba bantu barashwe ubwo abagera muri 500 bari mu myigaragambyo bafite intwaro gakondo nk’imihoro bashaka kugaba igitero kuri station ya polisi.

Umwe mu bapolisi barashe muri iki kivunge cy’abaturage, yagize ati “Habanje kubaho imishyikirano ariko abaturage bakomeza kotsa igitutu. Bakomeje kwinjira ku ngufu, ntayandi mahitamo twari dufite uretse kwirwanaho.”

Polisi y’iki Gihugu yatangaje ko yababajwe n’iki gikorwa, gusa ivuga ko abakiguyemo ari 11 naho abakomeretse bakaba 18.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Madagascar, Andry Rakotondrazaka, yavuze ko ibyabaye “Bibabaje cyane. Byashoboraga kwirindwa ariko byabaye.”

Yavuze ko polisi yagerageje kuburizamo ubu bushotoranyi bw’abaturage, igakora ibishoboka byose birimo n’imishyikirano bikagera n’aho bakoresha ibyuka biryana mu maso ariko aba baturage bagakomeza kubasatira.

Igikorwa cyo gushimuta umwana ari na cyo ntandaro y’iyi myigaragambyo, cyabaye mu cyumweru gishize nkuko bitangazwa na Depite Jean-Brunelle Razafintsiandraofa uhagarariye Akarere ka Ikongo mu Nteko Ishinga Amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Rusizi: Batatu barimo umunyamahanga batahuwe bapakiye imifuka ya sima bahishemo umwe w’urumogi

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.