Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

radiotv10by radiotv10
21/11/2021
in MU RWANDA
0
Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Ugushyingo 2021,  Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Jeannette Kagame yitabiriye Kongere y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri RPF Inkotanyi, avuga ko  ari ngombwa ko  ibibazo byo mu muryango biganirwaho mu buryo bwimbitse  kugira ngo bishakirwe umuti.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi Ngarambe François

Iyi  nama idasanzwe yitabiriwe n’abagore barenga 800, yabereye i Kigali, ikaba yari igamije kurebera hamwe  uruhare rw’umugore mu kubaka umuryango mwiza.

Madamu Jeannette Kagame  yasabye  abitabiriye iyi nama gukomeza guherekeza abashakanye bitari ibya “bridal shower” gusa, bagatanga  ubujyanama kugira ngo ibibazo bikemuke hakiri kare.

Yagize ati: “Iyo witegereje ibibazo biri mu muryango, usanga ari ngombwa ko tubiganiraho byimbitse, nk’intore z’umuryango, nk’abagore bagize urugaga, ariko kandi tukanabifatanya n’abagabo. Mu Kinyarwanda bavuga ko nta zibana zidakomanya amahembe”!

Yagaragaje ko umugore n’umugabo bagomba gufatanya, bagatahiriza umugozi umwe mu gukemura ibibazo kuko mu gihe umwe abuze amahoro n’undi atayabona.

Ati: “Nyakubahwa  Paul Kagame  Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi yagize ati ikibuza umugore amahoro, kibuza umugabo amahoro! Umugore wakennye akenesha umugabo! Umugore wakize akiza umugabo, kuko nta sosiyete igira umugore gusa cyangwa umugabo gusa! Ibagira bombi”.

Madamu Jeannette Kagame yakomeje avuga ko mu mibereho y’abantu muri rusange, ariko cyane cyane mu mibereho y’umuryango habamo byinshi abantu batumvikanaho; habaho ingorane zitandukanye ariko intwaro ibafasha ni ukuvugana, kuganira no kubwizanya ukuri.

Ati: “Nifuje rero ko dukomeza gutekereza ku ruhare rw’umuryango w’umunyamuryango wa  RPF Inkotanyi  mu nshingano 3; kubyara no kurera Umukada wa RPF, kubyara no kurera umuyobozi mwiza uzita ku baturage, kubyara no kurera umubyeyi”.

Muri iyi nama Madamu Jeannette Kagame yashimye ubufatanye hagati y’Ubuyobozi bw’Igihugu n’Umuryango wa RPF Inkotanyi mu kurera no kwita ku banyamuryango.

Avuga ko kimwe mu bikomeza Umuryango wa RPF Inkotanyi wubatse intekerezo nzima, ari uko izo ntekerezo zihererekanwa mu bavuka n’ababyiruka.  Ati: “Abanyamuryango-mutima wa RPF, dushyira ingufu mu kurera abana bacu nk’Inkotanyi, zizakomeza amahame y’umuryango”.

Yashimye uruhare rwa RPF inkotanyi mu gutoza indangagaciro nziza ziherekeza umuntu mu buzima.

Yagize ati: “Twe twagize amahirwe, amahitamo yaraje, tubona  RPF Inkotanyi maze iraturera. Iturera twese nk’umubyeyi urera umwana ahereye mu buto, maze agatanga ingufu zose afite, akagutoza ubwenge, ubumenyi, n’indangagaciro nziza ziherekeza umuntu mu buzima. N’ubwo dufite aho tuvuka, umuntu arakura agakenera uwamufasha kubaka intekerezo nzima, zimwereka inzira yo kugira uruhare mu kubaka, kurinda ibigerwaho no guhindura ibitameze neza”.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi Ngarambe François yatanze ubutumwa agaruka ku ruhare rw’umugore mu iterambere ry’Igihugu, ashima uburyo umubare w’abagore bitabira kujya mu nzego zifata ibyemezo ukomeje kwiyongera, anaboneraho kubakangurira kongera imbaraga mu guhangana n’ingaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19.Madamu Jeannette Kagame yasabye abitabiriye inama gutanga ubujyanama ku bashakanye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino

Next Post

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.