Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

radiotv10by radiotv10
21/11/2021
in MU RWANDA
0
Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Ugushyingo 2021,  Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Jeannette Kagame yitabiriye Kongere y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri RPF Inkotanyi, avuga ko  ari ngombwa ko  ibibazo byo mu muryango biganirwaho mu buryo bwimbitse  kugira ngo bishakirwe umuti.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi Ngarambe François

Iyi  nama idasanzwe yitabiriwe n’abagore barenga 800, yabereye i Kigali, ikaba yari igamije kurebera hamwe  uruhare rw’umugore mu kubaka umuryango mwiza.

Madamu Jeannette Kagame  yasabye  abitabiriye iyi nama gukomeza guherekeza abashakanye bitari ibya “bridal shower” gusa, bagatanga  ubujyanama kugira ngo ibibazo bikemuke hakiri kare.

Yagize ati: “Iyo witegereje ibibazo biri mu muryango, usanga ari ngombwa ko tubiganiraho byimbitse, nk’intore z’umuryango, nk’abagore bagize urugaga, ariko kandi tukanabifatanya n’abagabo. Mu Kinyarwanda bavuga ko nta zibana zidakomanya amahembe”!

Yagaragaje ko umugore n’umugabo bagomba gufatanya, bagatahiriza umugozi umwe mu gukemura ibibazo kuko mu gihe umwe abuze amahoro n’undi atayabona.

Ati: “Nyakubahwa  Paul Kagame  Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi yagize ati ikibuza umugore amahoro, kibuza umugabo amahoro! Umugore wakennye akenesha umugabo! Umugore wakize akiza umugabo, kuko nta sosiyete igira umugore gusa cyangwa umugabo gusa! Ibagira bombi”.

Madamu Jeannette Kagame yakomeje avuga ko mu mibereho y’abantu muri rusange, ariko cyane cyane mu mibereho y’umuryango habamo byinshi abantu batumvikanaho; habaho ingorane zitandukanye ariko intwaro ibafasha ni ukuvugana, kuganira no kubwizanya ukuri.

Ati: “Nifuje rero ko dukomeza gutekereza ku ruhare rw’umuryango w’umunyamuryango wa  RPF Inkotanyi  mu nshingano 3; kubyara no kurera Umukada wa RPF, kubyara no kurera umuyobozi mwiza uzita ku baturage, kubyara no kurera umubyeyi”.

Muri iyi nama Madamu Jeannette Kagame yashimye ubufatanye hagati y’Ubuyobozi bw’Igihugu n’Umuryango wa RPF Inkotanyi mu kurera no kwita ku banyamuryango.

Avuga ko kimwe mu bikomeza Umuryango wa RPF Inkotanyi wubatse intekerezo nzima, ari uko izo ntekerezo zihererekanwa mu bavuka n’ababyiruka.  Ati: “Abanyamuryango-mutima wa RPF, dushyira ingufu mu kurera abana bacu nk’Inkotanyi, zizakomeza amahame y’umuryango”.

Yashimye uruhare rwa RPF inkotanyi mu gutoza indangagaciro nziza ziherekeza umuntu mu buzima.

Yagize ati: “Twe twagize amahirwe, amahitamo yaraje, tubona  RPF Inkotanyi maze iraturera. Iturera twese nk’umubyeyi urera umwana ahereye mu buto, maze agatanga ingufu zose afite, akagutoza ubwenge, ubumenyi, n’indangagaciro nziza ziherekeza umuntu mu buzima. N’ubwo dufite aho tuvuka, umuntu arakura agakenera uwamufasha kubaka intekerezo nzima, zimwereka inzira yo kugira uruhare mu kubaka, kurinda ibigerwaho no guhindura ibitameze neza”.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi Ngarambe François yatanze ubutumwa agaruka ku ruhare rw’umugore mu iterambere ry’Igihugu, ashima uburyo umubare w’abagore bitabira kujya mu nzego zifata ibyemezo ukomeje kwiyongera, anaboneraho kubakangurira kongera imbaraga mu guhangana n’ingaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19.Madamu Jeannette Kagame yasabye abitabiriye inama gutanga ubujyanama ku bashakanye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 13 =

Previous Post

Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino

Next Post

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.