Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibigare

radiotv10by radiotv10
13/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibigare

Madamu Jeannette Kagame

Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kutagendera mu kigare, ibi yabigarutseho ubwo yitabiraga ibiroro byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko witabiriwe n’abasaga ibihumbi biriri baturutse mu bihugu 16.

Uyu munsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko, wabanjirije iserukiramuco ryateguwe na ‘Giant of Africa’ riri kubera mu Rwanda, wizihijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023.

Madamu Jeannette Kagame yashimye urubyiruko rwitabiriye icyo gikorwa, avuga ko kuba bahuriye mu Rwanda ari umugisha, ndetse ko urubyiruko nka bo aribo bagize uruhare mu gutuma uyu munsi ari Igihugu kimaze gutera imbere.

Yagize ati “Iki gihugu duhagazemo uyu munsi cyubatswe n’inzozi n’ibitambo by’urubyiruko nkamwe, ntabwo rero ntekereza ko muri bato cyane, bo kutagira ibiganiro nk’ibi bifite akamaro.”

Yakomeje avuga ko bamwe bafataga u Rwanda nk’Igihugu gito, kidafite icyizere aho babonaga n’iherezo ryarwo riri bugufi, ariko batamenye ko kuba igihangange bidasaba ingano y’Igihugu, inkomoko yacyo, ahubwo ko bisaba gushyira hamwe no kugira intumbero.

Yagize ati “Byabagize impumyi birengagiza ukuri kugaragara, kuko bahoze bashyira imbere urwango kandi n’ubu baracyarushyira imbere nka kera. Ariko ntibazigera batsinda mu gihe hari imbaraga, gushyira hamwe bituruka ku rukundo, no gufatanya.”

Yakomeje agira ati “Bana bo ku mugabane wacu mwiza, icyo tubashakaho kiroroshye cyane; gushikama, gukomeza kujya imbere no kuzamurAfurika.”

Madamu Jeannette Kagame yabwiye uru rubyiruko ko icyo rugomba gushyira imbere, ari ukugira ubuzima bwiza, kurangwa n’ibyishimo no gutera imbere.

RADIOTV1ORWANDA

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Next Post

“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.