Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibigare

radiotv10by radiotv10
13/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibigare

Madamu Jeannette Kagame

Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kutagendera mu kigare, ibi yabigarutseho ubwo yitabiraga ibiroro byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko witabiriwe n’abasaga ibihumbi biriri baturutse mu bihugu 16.

Uyu munsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko, wabanjirije iserukiramuco ryateguwe na ‘Giant of Africa’ riri kubera mu Rwanda, wizihijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023.

Madamu Jeannette Kagame yashimye urubyiruko rwitabiriye icyo gikorwa, avuga ko kuba bahuriye mu Rwanda ari umugisha, ndetse ko urubyiruko nka bo aribo bagize uruhare mu gutuma uyu munsi ari Igihugu kimaze gutera imbere.

Yagize ati “Iki gihugu duhagazemo uyu munsi cyubatswe n’inzozi n’ibitambo by’urubyiruko nkamwe, ntabwo rero ntekereza ko muri bato cyane, bo kutagira ibiganiro nk’ibi bifite akamaro.”

Yakomeje avuga ko bamwe bafataga u Rwanda nk’Igihugu gito, kidafite icyizere aho babonaga n’iherezo ryarwo riri bugufi, ariko batamenye ko kuba igihangange bidasaba ingano y’Igihugu, inkomoko yacyo, ahubwo ko bisaba gushyira hamwe no kugira intumbero.

Yagize ati “Byabagize impumyi birengagiza ukuri kugaragara, kuko bahoze bashyira imbere urwango kandi n’ubu baracyarushyira imbere nka kera. Ariko ntibazigera batsinda mu gihe hari imbaraga, gushyira hamwe bituruka ku rukundo, no gufatanya.”

Yakomeje agira ati “Bana bo ku mugabane wacu mwiza, icyo tubashakaho kiroroshye cyane; gushikama, gukomeza kujya imbere no kuzamurAfurika.”

Madamu Jeannette Kagame yabwiye uru rubyiruko ko icyo rugomba gushyira imbere, ari ukugira ubuzima bwiza, kurangwa n’ibyishimo no gutera imbere.

RADIOTV1ORWANDA

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 7 =

Previous Post

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Next Post

“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
FOOTBALL

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

“Uduhumbi 5 ugatanga udu penaliti tw’amafuti?” – Perezida wa  Rayon Jean Fidèle

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.