Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 36 bitegura Uganda barimo 4 ba APR FC

radiotv10by radiotv10
27/09/2021
in SIPORO
0
Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 36 bitegura Uganda barimo 4 ba APR FC
Share on FacebookShare on Twitter

Mashami Vincent umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru, Amavubi Stars yahamagaye abakinnyi 36 bagomba gutangira imyiteguro y’umukino wa Uganda Cranes uteganyijwe  kuwa kane tariki ya 7 Ukwakira 2021 kuri sitade ya Kigali.

Umukino w’u Rwanda na Uganda Cranes uzaba ari uw’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

CHAN 2020: Rwanda, Uganda To Challenge Champion Morocco As Group C Gets Underway – KT PRESS

Amavubi Stars azahura na Uganda Cranes mu buryo bukurikiranye

U Rwanda na Uganda babana mu itsinda rya gatanu (E) kimwe na Mali cyo kimwe na Mali. U Rwanda rufite inota rimwe rwakuye ku mukino rwanganyijemo na Kenya igitego 1-1 nyuma yo kuba bari batsinzwe na Mali i Agadir muri Morocco.

Mu bakinnyi 36 Mashami Vincent yahamagaye harabonekamo abakinnyi bane gusa ba APR FC, umubare muto ugereranyije n’imyaka itambutse kuko waangaga iyi kipe yiganza cyane mu rutonde.

Abakinnyi bane ba APR FC bahamagawe bayoboye na Ombolenga Fitina, Manishimwe Djabel, Tuyisenge Jacques na Mugunga Yves.

Mu bakinnyi bahamagawe harimo Kato Samuel Nemeyimana uheruka gusinya muri Bugesera FC avuye muri KCCA FC.

Ikipe ya Rayon Sports ifitemo abakinnyi batatu (3) aribo; Nishimwe Blaise, Niyigena Clement na Isaac Nsengiyumva uheruka kuyinjiramo avuye muri Vipers SC yo muri Uganda.

Ikipe ya Police FC ifitemo abakinnyi batandatu: Habarurema Gahungu Emmanuel (GK), Eric Rutanga, Martin Fabrice Twizeyimana, Onesme Twizerimana, Nshuti Dominique Savio na Hakizimana Muhadjiri.

AS Kigali iri mu marushanwa ya TOTAL CAF Confederation Cup 2021-2022 ifitemo abakinnyi batanu; Ntwari Fiacre (GK), Rukundo Dennis, Niyonzima Olivier Sefu, Niyonzima Haruna, Niyibizi Ramadhan.

Mu bakinnyi 36 kandi bahamagawe harimo abakinnyi batatu badafite amakipe babarizwamo. Abo ni Emery Bayisenge, Muhire Kevin na Ndayishimiye Eric Bakame.

Image

Abakinnyi bose bahamagawe na Mashami Vincent

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ibihe by’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo bya MNI byasize Glosby na Gang Rope bahawe igihembo gikuru-AMAFOTO

Next Post

Tanzania: Kim Poulsen yahamagaye 25 ba Taifa Stars

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Kim Poulsen yahamagaye 25 ba Taifa Stars

Tanzania: Kim Poulsen yahamagaye 25 ba Taifa Stars

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.