Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mbere yuko Amavubi ashaka uko yiyunga n’Abanyarwanda bite by’imvune zagaragaye mu mukino wa mbere?

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mbere yuko Amavubi ashaka uko yiyunga n’Abanyarwanda bite by’imvune zagaragaye mu mukino wa mbere?
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ifite umukino na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, yavuze uko abakinnyi babiri bavunikiye mu mukino wa mbere bameze, barimo umwe wakize n’undi utarakira utanagaragara muri uyu mukino.

Ni umukino uba kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 kuri Sitade Amahoro, uje ukurikira uwabaye mu cyumweru gishize, u Rwanda rwatsinzwemo ibitego 3-0, mu gihe iyi kipe itari isanzwe itsinda ibitego bingana gutya.

Abakinnyi nka myugariro Manzi Thierry wanavuyemo hakagaragara icyuho gikomeye mu bwugarizi, ndetse na Kwizera Jojea, bavunikiye muri uyu mukino wa mbere.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi Frank Spittler Torsten yagarutse ku mvune z’aba bakinnyi bari mu nkingo za mwamba z’iyi kipe.

Torsten yavuze ko Kwizera Jojea usanzwe akinira ikipe ya Rhode Island yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyiciro cya Kabiri, we yamaze gukira imvune ndetse akaba ari mu bakinnyi bakoreshwa mu mukino w’uyu munsi.

Umutoza w’Amavubi yavuze ko uyu mukinnyi yanakoze imyitozo ya nyuma y’Amavubi yo kuri uyu wa Mbere, gusa kuri Manzi Thierry; yavuze ko we agifite imvune ndetse akaba ataza gukoreshwa mu mukino wo kuri uyu wa Kabiri.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda irasabwa gutsinda Benin kugira ngo yigarurire icyizere cyo kuba yakomeza kwizera ko yazagira amahirwe yo kwitabira Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc.

Mu gihe Amavubi yatsindwa cyangwa akanganya, icyizere cyaba kiyoyotse bitewe n’uko imibare yifashe muri iri tsinda, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu n’amanota abiri.

Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma yo kwitegura Benin
Rutahizamu Nshuti Innocent ahagaze neza
Umunyezamu Ntwali Fiacre na we ameze neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Next Post

Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
AMAHANGA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.