Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya abahanzi Nyarwanda bahatanye mu bihembo birimo n’abandi b’ibirangirire muri Afurika

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Menya abahanzi Nyarwanda bahatanye mu bihembo birimo n’abandi b’ibirangirire muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben na Israel Mbonyi, bari mu bahanzi bahatanye mu bihembo ‘African Entertainment Awards USA’ bitangirwa muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho The Ben ari guhatanira mu cyiciro kirimo Eddy Kenzo, Ryvan na Harmonize.

Ni ibihembo bitangwa hagamijwe guteza imbere impano n’imico Nyafurika mu bice bitandukanye mu myidagaduro, harimo umuziki, Sinema, Siporo ndetse no kumurika imideli.

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben umaze kubaka izina ku rwego mpuzamahanga, ahatanye mu cyiciro cya ‘Best Male Artist-East/South/North Africa’ yahuriyemo na Eddy Kenzo, Harmonize, Focalistic, Rayvanny, Marioo, Harmonize, Yared Negu, Tamer Hosny, Young Stunna, Jah Prayzah na Focalistic.

Eddy Kenzo ahatanye mu byiciro bibiri, (Best African Album) no mu cyiciro cy’Umuhanzi mwiza w’umugabo muri Africa y’Iburasirazuba (Best male artist in East Africa’.

Ni mu gihe Diamond Platnumz ahatanye mu cyiciro cya ‘Best Song Of The Year’ aho indirimbo ye ‘Komasava’ ihatanye mu ndirimbo nziza zaranze 2024.

Israel Mbonyi na we ni Umuhanzi Nyarwanda uhatanye muri ibi bihemo, we uri mu cyiciro cy’abahanzi b’Indirimbo zaririmbiwe Imana, aho ari kumwe n’abahanzi nka Mercy Chinwo Tim Godfrey, Frank Edwards, Ntokozo Mbambo, Prosper Ochimana, Minister Mahendere, Nathaniel Bassey, Piesie Esther, Janet Manyowa.

Ibi bihembo kandi bihatanyemo abahanzi bakomeye nka Davido, Ayra Starr, Burna Boy, Asake, Rema, Yemi Alade n’abandi bafite amazina akomeye muri Afurika.

Biteganyijwe ko ibi bihembo bizatangwa tariki 9 Ugushyingo 2024, aho gutora abahanzi kuri ubu byatangiye kuva tariki 30 Nzeri 2024, bikazarangira tariki 2 Ugushyingo 2024, hakaba hazahatana ibyiciro birenga 50.

Umuhanzi The Ben ahatanye n’abandi bahanzi bakomeye mu karere
Na Israel Mbonyi ari guhatana mu bahanzi ba Gospel

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + one =

Previous Post

Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

Next Post

Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.