• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira
Share on FacebookShare on Twitter

Jimmy Mulisa uri gutoza ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura imikino ibiri izakina na Sudani y’Epfo, yasezereye abakinnyi barindwi barimo Niyonzima Olivier Seif wari wahamagawe ataherukaga mu ikipe y’Igihugu.

Amakuru yo gusezerera aba bakinnyi yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024, aho umutoza Jimmy Mulisa usanzwe ari umutoza wungirije ariko uri gutoza iyi kipe, yafashe icyemezo cyo kugabanya abakinnyi bari mu mwiherero kuva mu mpera z’icyumweru gishize.

Mu bakinnyi 31 bari bahamagawe mu ikipe y’Igihugu, hasezerewemo barindwi, barimo babiri ba APR FC, ari bo Nshimiyimana Yunusu Mugiraneza Frodouard.

Hasezerewe kandi Niyonzima Olivier Seif wa Rayon Sports, wari wongeye kugirirwa icyizere agahamagarwa mu ikipe y’Igihugu atayiherukagamo.

Abandi basezerewe muri uyu mwiherero; ni Benedata Janvier ukinira ikipe ya AS Kigali FC, Usabimana Olivier wa Marine FC, Habimana Yves ukinira ikipe ya Rutsiro FC, ndetse na Bizimana Yannick wa Bugesera FC.

Aba bakinnyi basezerewe mu mwiherero habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda rukine na Sudani y’Epfo iyi mikino ibiri yo gushaka itike ya CHAN 2025, aho iyi mikino izaba tariki 22 na 29 Ukuboza 2024.

Niyonzima Olivier Seif ari mu basezerewe mu mwiherero
Na Nshimiyimana Yunusu wa APR FC
Na Bizimana Yannick

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo

Next Post

Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini

Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.