Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in IMYIDAGADURO
0
Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihembo bizwi nka ‘Diva Beauty Awards’ bihabwa abakora mu ruganda rw’ubwiza nk’abasiga ibirungo by’umubiri (make up), bigiye kuba ku nshuro yabyo ya kabiri, aho noneho hajemo ikindi cyiciro cy’igihembo cy’uzaba ‘Umwamikazi w’ubwiza’.

Ibi bihembo bihabwa abakora mu ruganda rw’ubwiza, nk’abasiga ibirungo by’ubwiza (make up), abatunganya imisatsi n’abogoshi, n’abatunganya inzara.

Ibi bihembo byabaye ku nshuro yabyo ya mbere muri Kanama umwaka ushize wa 2023, bigiye kongera kuba ku nshuro ya kabiri muri uyu mwaka wa 2024, aho bizaba mu mpera z’Ukwakira.

Kuri iyi nshuro ya kabiri, hateganyijwemo udushya dutandukanye, turimo icyiciro gishya cya ‘Queen of Beauty’, kizahabwa umukobwa mwiza w’umukiliya cyangwa wiyitaho cyane tugendeye ku kuntu akoresha ibintu by’ubwiza bigatuma asa neza bihoraho haba ku mafoto n’ahandi.

Abategura ibi bihembo, bavuga ko mu gutoranya abazahatana muri iki cyiciro, hazibandwa ku basanzwe bazwi ku mbuga nkoranyambaga bafite n’uruhare rwo gukundisha abandi bakobwa ibintu by’ubwiza.

Uzegukana igihembo muri iki cyiciro, azahembwa ibintu bitandukanye birimo amafaranga no gukorerwa ibijyanye n’ubwiza byose ku buntu mu gihe cy’umwaka.

Ni mu gihe kandi mu bindi byiciro, abazegukana ibihembo, bazahembwa ibirimo ibikoresho bitandukanye bakoresha mu kazi kabo ka buri munsi.

Mu bihembo byatanzwe ku nshuro ya mbere harimo icya Best Lash Artist [Utunganya neza ibitsike n’ingohe kurusha abandi] cyegukanywe n’uwitwa Shaggy, Best Make Up Artist yabaye Trendy Shadow mu gihe Ukora Imisatsi Neza [Best Hair Artist] yabaye uwitwa Eugene Hairstyle.

Hahembwe kandi utunganya Inzara neza [Best Nail Artist] yabaye uwitwa Isaiah Nails, ahakorerwa ibikorwa bya Massage heza [Best Waxing, Massage & Facial] habaye muri Alcobra Dubai, Ukora Tatoo Neza [Best Tattoo artist] yabaye Shema Tatoo, umwogoshi mwiza [Best Barber] aba Wamunigga umaze kwamamara mu kogosha ibyamamare, mu gihe Saloon nziza [Best Hair Saloon] yabaye Kigali Clipper Zone.

Abitabiriye iki gikorwa ku nshuro ya mbere, bagaragaje ko igihe cyari kigeze ngo bahabwe agaciro mu kazi kabo ka buri munsi cyane ko babayeho igihe kinini bitwa amazina atandukanye kubera ibyo bakora.

Niyikiza Olvier usanzwe akora akazi ko gutunganya ingohe z’abagore watangije ibi bihembo, yavuze ko nk’umuntu umaze igihe mu kazi ko gutunganya yagiye ahura n’ibibazo bitandukanye birimo kuba we na bagenzi be badahabwa agaciro, ahitamo gutangiza ibi ibihembo.

Ati “Njye nakuze mbona ukuntu ibintu bikorwa ariko ni njye wabashije gukora nkamenyekana cyane, ariko ntabwo byari ibintu byoroshye cyane ko aka kazi gasaba kwihangana cyane kuko habamo imbogamizi nyinshi.”

Abandi batandukanye bagiye bavuga ko bamaze imyaka myinshi ibikorwa byabo bidahabwa agaciro ngo bihabwe ibihembo, ku buryo kuba ibi bihembo byaraje, byarabateye imbaraga kuko bumva ko ibyo bakora bifite agaciro.

Umwaka ushize, ibi bihembo byaratanzwe
Ababyitabiriye banasusurukijwe n’abarimo ababyinnyi bazwi mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Malawi: Hatangajwe igishobora kugarura uwabaye Perezida waje gutsindwa amatora

Next Post

Hatanzwe umucyo ku butumwa bw’uwatinyutse Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda akarwiyitirira mu buriganya

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku butumwa bw’uwatinyutse Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda akarwiyitirira mu buriganya

Hatanzwe umucyo ku butumwa bw’uwatinyutse Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda akarwiyitirira mu buriganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.