Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe arindwi mu munani azakina 1/4 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro yamenyekanye, nyuma y’imikino yo kwishyura ya 1/8 yarangiye, ahabura umukino umwe uzasiga hamenyekanye indi.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 no ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, habaye imikino yo kwishyura ya 1/8.

Police FC ifite iki gikombe, yasezereye Nyanza FC iyitsinze ibitego 3-0 ku busa byatsinzwe na Chukma, Byiringiro Lague na Mugisha Didier.

Police FC yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 4-2. Muri 1/4, Police FC izahura na As Kigali yasezereye Vision FC, amakipe yombi yanganyije igitego kimwe ku kindi.

As Kigali ni yo yabanje igitego cyatsinzwe na Emmanuel Okwi, ariko kishyuwe na Twizerimana Onesime. As Kigali yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri.

Indi Kipe yabonye itike ya 1/4 ni APR FC yasezereye Musanze FC iyitsinze ibitego 4-0. Ibitego bya APR FC byatsinzwe na Lamine Bah, Ruboneka Jean Bosco watsinze bibiri na Mamadou Sy.

APR FC yakomeje ku giteranyo cy’ibitego bine ku busa, muri 1/4, izahura na Gasogi United yasezereye As Muhanga ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Andi makipe yageze muri 1/4, ni Amagaju FC yasezereye Bugesera FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Amagaju FC izahura na Mukura VS yasezereye Intare FC ku giteranyo cy’ibitego 2-0.

Rayon Sports FC yasezereye Rutsiro FC ku giteranyo cy’ibitego 4-1 izahura n’izakomeza hagati ya Gorilla FC na City Boys, ari na wo mukino usigaye utuma hamenyekana ikipe ya munani igera muri 1/4 cy’irangiza.

APR FC yageze muri 1/4 itsinze Musanze FC

Ephraim KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere

Next Post

Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

Igikekwa nk’intandaro yatumye umugore akata igitsina cy’umugabo we n’urwembe kikenda gucika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.