Wednesday, September 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ku mu mavugurura ari gukorwa mu itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, hateganyijwemo ibihano byo kwamburwa amanota ku bazajya bafatirwa mu makosa akomeye, aho bazajya batangirana umwaka amanota 15, ku buryo hari igihe uwakoze menshi ashobora kuzategekwa guhagarika gutwara ikinyabiziga.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, bimwe mu bizaranga Itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, rihindura iryari rimaze imyaka 38 rigenderwaho.

Dr Jimmy Gasore yavuze ko kuvugurura iri tegeko, bigamije kurijyanisha n’igihe, kandi rigasubiza bimwe mu bibazo byaterwaga n’ibyuho byagaragaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’iri ryari rimaze igihe.

Yagize ati “Bitewe n’igihe gishize itegeko ryakoreshwaga ntirigisubiza bihagije ibibazo bigaragara mu mikoreshereze y’umuhanda muri iki gihe.”

Zimwe mu mpinduka zizagaragara muri iri tegeko, zirimo ibijyanye n’imicungire y’impushya zo gutwara ibinyabiziga, ahazakoreshwa gukurwaho amanota ku bashoferi bazajya bisubiramo amakosa.

Minisitiri avuga ko atari buri kosa rizajya rituma umushoferi akurwaho amanota, ahubwo ko hari ibindi bizajya bishingirwaho.

Ati “Tuzareba ibyaha binini kandi bigaruka. Ni byo bizashyirirwaho amanota, nk’ibintu byo gutwara imodoka wasinze wanyoye ibirenze ibipimo, kubera ko ni ibyaha bibangamye cyane biteza impanuka nyinshi kandi bikunze kugaruka, ugasanga umuntu yabigize umuco.

Hari ibintu by’umuvuduko ukabije, hari abantu bashimishwa n’umuvuduko, yaguze imodoka imuhenze ifite imbaraga kuyitwara ku gipimo bikamugora, ugasanga ahora wenda bitewe n’ubushobozi bwe na ya mafaranga ibihumbi 25 bari kumuca ntacyo ari kumubwira, ariko ya manota uzayatangirana umwaka ari 15 agende agabanuka uko uhanwa, wenda nibigera mu kwezi kwa munani bakubwire bati ‘ba uparitse, utegereze ko umwaka ushira, ujye wabona andi 15’.”

Dr Jimmy Gasore, avuga ko n’ubusanzwe hariho uburyo bwo kureba uko abashoferi bitwara mu bijyanye n’amakosa, ku buryo ikoranabuhanga risanzwe ryifashishwa, n’ubundi rizafasha muri ubu buryo bushya bwo gukura amanota ku bashoferi.

Ati “Twumva ko ari bumwe mu buryo bwo kurwanya abahora basubira mu byaha ndetse no gushyigikira kubakira records abitwara neza kuko na bo bakenewe kumenyekana, n’ibigo by’ubwishingizi bikaba byabamenya bikagira n’uburyo bibafata.”

Mu mwaka ushize wa 2024, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda zirenga 9 600 zahitanye abantu 350, aho zimwe muri zo byagaragaye ko ziterwa n’ariya makosa agiye kujya atuma abashoferi bakurwaho amanota, nko gutwara abantu barengeje igipimo cya Alukolo, no kugendera ku muvuduko ukabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Next Post

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Related Posts

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

by radiotv10
10/09/2025
0

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23...

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

by radiotv10
10/09/2025
0

Abapolisi 24 bamaze igihe bahabwa amahugurwa yihariye yo kurwanya iterabwoba, bagaragaje imwe mu myitozo bahakuye mu bijyanye no gukoresha imtwaro...

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

by radiotv10
10/09/2025
0

Inzego z’Ubuyobozi mu Ntara y’Iburengerazuba, ziratangaza ko abantu 29 ari bo bagwiriwe n’urukuta rw’Urugomero rwa Nyirahindwe ruri kubakwa mu Murenge...

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

by radiotv10
10/09/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gashuri mu Kagari ka Kibagabaga Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baravuga...

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

by radiotv10
10/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, begereye ahanyujijwe umuhanda Save-Musha, baravuga ko ikorwa ryawo, ryabangirije...

IZIHERUKA

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

10/09/2025
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

10/09/2025
Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

10/09/2025
Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

10/09/2025
AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

10/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.