Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, harakurikiraho gutegura ishyingurwa rye bizakorwa n’Inama y’Abakaridinali, bikazakurikirwa n’indi nama izatora uzamusimbura. Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangiye icyunamo cy’urupfu rwe, yatangaje urwibutso ayisigiye.

Papa Francis wari umaze imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yatabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025.

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abipisikopi Gatulika mu Rwanda, Padiri Vedaste Kayisabe; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mihango igomba gukurikira nyuma y’itabaruka rya Papa Francis.

I Vatican, hahise hakorwa igikorwa cyo gufunga ibiro bya Papa, cyabaye kuri uyu wa Mbere, mu gihe kuri uyu wa Kabiri, hateganyijwe ko Abakaridinali bagomba kwerecyezayo, kugira ngo bateranire muri iyi nama igomba gutegura indi mihango yose igomba gukurikiraho, irimo kumushyingura, na byo bizakurikirwa n’indi nama igomba kuzaba hagati y’iminsi 15 na 20 nyuma y’ishyingurwa rye izashyiraho Umushumba mushya.

Padiri Vedaste Kayisabe avuga ko ubwo Abakaridinali baza kuba bageze i Vatican, batangira gukora inama za mbere zo gutegura ishyingurwa rya Papa Francis, utazashyingurwa muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero nk’uko bisanzwe, kuko we yari yarasabye kuzashyingurwa mu yindi yitiriwe Maria Major isanzwe ari Bazilika Nkuru yeguriwe Umubyeyi Bikiramariya.

Padiri Vedaste Kayisabe ati “Yari afite ubwo burenganzira bwo guhitamo, kandi iyo Kiliziya yahisemo, na yo ni imwe muri Kiliziya Nkuru ziri mu Mujyi wa Roma, kandi murabizi ko Papa aba ari n’Umwepisikopi wa Roma.”

Avuga ko Papa Francis yari yarahisemo kuzashyingurwa muri iyi Kiliziya yitiriwe Umubyeyi Bikiramariya, kubera urukundo ruhebuje yari asanzwe amufitiye.

Ati “Yari afite icyo nakwita ko ari nk’ubuyoboke bwihariye nk’uko umuntu agira icyo ahitamo, Abagatulika barabizi cyane, bagira icyo bita ‘Devotion’, ni ukuvuga aba afite uwo yiyambaza rwose kandi bikamufasha mu buzima bwa Roho. Na we rero yari afite ubwo buyoboke bw’umubyeyi Bikiramariya, n’iyo Kiliziya yari afite uburyo ayibuka agendeye no kuba yarabaye i Roma igihe kinini.”

Padiri Vedaste Kayisabe kandi yagarutse ku ijambo Papa Francis yaherukaga kuvugira mu ruhame, ubwo yifurizaga abantu Pasika nziza akoresheje ururimi rw’Igitaliyani, ubundi asaba uwamuhagarariye gusabira umugisha umujyi wa Roma n’Isi yose.

 

Icyo Kiliziya Gatulika mu Rwanda izamwibukiraho

Padiri Vedaste Kayisabe yavuze ko urwibutso Papa Francis asigiye Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ari uko yahuye n’Umukuru w’iki Gihugu, Paul Kagame muri 2017 bakanagirana ibiganiro byatumye havaho ikibazo cyari hagati ya Kiliziya Gatulika na Leta y’u Rwanda.

Ati “Akantu kariho kasaga nk’agatotsi kari hagati ya Kiliziya na Leta kareyuka rwose, kuko bagize ibiganiro byiza, bituma ako kantu kavaho rwose.”

Akomeza agira ati “Urundi rwibutso runakomeye, ni we waduhaye Karidinali wa mbere mu mateka yacu y’u Rwanda, Karidinali Antoni Kambanda. Ni bwo bwa mbere mu Gihugu cy’u Rwanda twari tugize Karidinali.”

Nanone kandi Abepisikopi ba Diyoseze hafi ya zose muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, bashyizweho na Nyirubutungane Papa Francis, uretse umwe ari we Musenyeri we Visenti Harolimana wa Diyoseze ya Ruhengeri washyizeho na Papa Benedigito wa 16, mu gihe abandi bose umunani mu icyenda, bashyizweho na nyakwigendera Papa Francis.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 9 =

Previous Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.