Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, harakurikiraho gutegura ishyingurwa rye bizakorwa n’Inama y’Abakaridinali, bikazakurikirwa n’indi nama izatora uzamusimbura. Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangiye icyunamo cy’urupfu rwe, yatangaje urwibutso ayisigiye.

Papa Francis wari umaze imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yatabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025.

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abipisikopi Gatulika mu Rwanda, Padiri Vedaste Kayisabe; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mihango igomba gukurikira nyuma y’itabaruka rya Papa Francis.

I Vatican, hahise hakorwa igikorwa cyo gufunga ibiro bya Papa, cyabaye kuri uyu wa Mbere, mu gihe kuri uyu wa Kabiri, hateganyijwe ko Abakaridinali bagomba kwerecyezayo, kugira ngo bateranire muri iyi nama igomba gutegura indi mihango yose igomba gukurikiraho, irimo kumushyingura, na byo bizakurikirwa n’indi nama igomba kuzaba hagati y’iminsi 15 na 20 nyuma y’ishyingurwa rye izashyiraho Umushumba mushya.

Padiri Vedaste Kayisabe avuga ko ubwo Abakaridinali baza kuba bageze i Vatican, batangira gukora inama za mbere zo gutegura ishyingurwa rya Papa Francis, utazashyingurwa muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero nk’uko bisanzwe, kuko we yari yarasabye kuzashyingurwa mu yindi yitiriwe Maria Major isanzwe ari Bazilika Nkuru yeguriwe Umubyeyi Bikiramariya.

Padiri Vedaste Kayisabe ati “Yari afite ubwo burenganzira bwo guhitamo, kandi iyo Kiliziya yahisemo, na yo ni imwe muri Kiliziya Nkuru ziri mu Mujyi wa Roma, kandi murabizi ko Papa aba ari n’Umwepisikopi wa Roma.”

Avuga ko Papa Francis yari yarahisemo kuzashyingurwa muri iyi Kiliziya yitiriwe Umubyeyi Bikiramariya, kubera urukundo ruhebuje yari asanzwe amufitiye.

Ati “Yari afite icyo nakwita ko ari nk’ubuyoboke bwihariye nk’uko umuntu agira icyo ahitamo, Abagatulika barabizi cyane, bagira icyo bita ‘Devotion’, ni ukuvuga aba afite uwo yiyambaza rwose kandi bikamufasha mu buzima bwa Roho. Na we rero yari afite ubwo buyoboke bw’umubyeyi Bikiramariya, n’iyo Kiliziya yari afite uburyo ayibuka agendeye no kuba yarabaye i Roma igihe kinini.”

Padiri Vedaste Kayisabe kandi yagarutse ku ijambo Papa Francis yaherukaga kuvugira mu ruhame, ubwo yifurizaga abantu Pasika nziza akoresheje ururimi rw’Igitaliyani, ubundi asaba uwamuhagarariye gusabira umugisha umujyi wa Roma n’Isi yose.

 

Icyo Kiliziya Gatulika mu Rwanda izamwibukiraho

Padiri Vedaste Kayisabe yavuze ko urwibutso Papa Francis asigiye Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ari uko yahuye n’Umukuru w’iki Gihugu, Paul Kagame muri 2017 bakanagirana ibiganiro byatumye havaho ikibazo cyari hagati ya Kiliziya Gatulika na Leta y’u Rwanda.

Ati “Akantu kariho kasaga nk’agatotsi kari hagati ya Kiliziya na Leta kareyuka rwose, kuko bagize ibiganiro byiza, bituma ako kantu kavaho rwose.”

Akomeza agira ati “Urundi rwibutso runakomeye, ni we waduhaye Karidinali wa mbere mu mateka yacu y’u Rwanda, Karidinali Antoni Kambanda. Ni bwo bwa mbere mu Gihugu cy’u Rwanda twari tugize Karidinali.”

Nanone kandi Abepisikopi ba Diyoseze hafi ya zose muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, bashyizweho na Nyirubutungane Papa Francis, uretse umwe ari we Musenyeri we Visenti Harolimana wa Diyoseze ya Ruhengeri washyizeho na Papa Benedigito wa 16, mu gihe abandi bose umunani mu icyenda, bashyizweho na nyakwigendera Papa Francis.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.