Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, harakurikiraho gutegura ishyingurwa rye bizakorwa n’Inama y’Abakaridinali, bikazakurikirwa n’indi nama izatora uzamusimbura. Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangiye icyunamo cy’urupfu rwe, yatangaje urwibutso ayisigiye.

Papa Francis wari umaze imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yatabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025.

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abipisikopi Gatulika mu Rwanda, Padiri Vedaste Kayisabe; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mihango igomba gukurikira nyuma y’itabaruka rya Papa Francis.

I Vatican, hahise hakorwa igikorwa cyo gufunga ibiro bya Papa, cyabaye kuri uyu wa Mbere, mu gihe kuri uyu wa Kabiri, hateganyijwe ko Abakaridinali bagomba kwerecyezayo, kugira ngo bateranire muri iyi nama igomba gutegura indi mihango yose igomba gukurikiraho, irimo kumushyingura, na byo bizakurikirwa n’indi nama igomba kuzaba hagati y’iminsi 15 na 20 nyuma y’ishyingurwa rye izashyiraho Umushumba mushya.

Padiri Vedaste Kayisabe avuga ko ubwo Abakaridinali baza kuba bageze i Vatican, batangira gukora inama za mbere zo gutegura ishyingurwa rya Papa Francis, utazashyingurwa muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero nk’uko bisanzwe, kuko we yari yarasabye kuzashyingurwa mu yindi yitiriwe Maria Major isanzwe ari Bazilika Nkuru yeguriwe Umubyeyi Bikiramariya.

Padiri Vedaste Kayisabe ati “Yari afite ubwo burenganzira bwo guhitamo, kandi iyo Kiliziya yahisemo, na yo ni imwe muri Kiliziya Nkuru ziri mu Mujyi wa Roma, kandi murabizi ko Papa aba ari n’Umwepisikopi wa Roma.”

Avuga ko Papa Francis yari yarahisemo kuzashyingurwa muri iyi Kiliziya yitiriwe Umubyeyi Bikiramariya, kubera urukundo ruhebuje yari asanzwe amufitiye.

Ati “Yari afite icyo nakwita ko ari nk’ubuyoboke bwihariye nk’uko umuntu agira icyo ahitamo, Abagatulika barabizi cyane, bagira icyo bita ‘Devotion’, ni ukuvuga aba afite uwo yiyambaza rwose kandi bikamufasha mu buzima bwa Roho. Na we rero yari afite ubwo buyoboke bw’umubyeyi Bikiramariya, n’iyo Kiliziya yari afite uburyo ayibuka agendeye no kuba yarabaye i Roma igihe kinini.”

Padiri Vedaste Kayisabe kandi yagarutse ku ijambo Papa Francis yaherukaga kuvugira mu ruhame, ubwo yifurizaga abantu Pasika nziza akoresheje ururimi rw’Igitaliyani, ubundi asaba uwamuhagarariye gusabira umugisha umujyi wa Roma n’Isi yose.

 

Icyo Kiliziya Gatulika mu Rwanda izamwibukiraho

Padiri Vedaste Kayisabe yavuze ko urwibutso Papa Francis asigiye Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ari uko yahuye n’Umukuru w’iki Gihugu, Paul Kagame muri 2017 bakanagirana ibiganiro byatumye havaho ikibazo cyari hagati ya Kiliziya Gatulika na Leta y’u Rwanda.

Ati “Akantu kariho kasaga nk’agatotsi kari hagati ya Kiliziya na Leta kareyuka rwose, kuko bagize ibiganiro byiza, bituma ako kantu kavaho rwose.”

Akomeza agira ati “Urundi rwibutso runakomeye, ni we waduhaye Karidinali wa mbere mu mateka yacu y’u Rwanda, Karidinali Antoni Kambanda. Ni bwo bwa mbere mu Gihugu cy’u Rwanda twari tugize Karidinali.”

Nanone kandi Abepisikopi ba Diyoseze hafi ya zose muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, bashyizweho na Nyirubutungane Papa Francis, uretse umwe ari we Musenyeri we Visenti Harolimana wa Diyoseze ya Ruhengeri washyizeho na Papa Benedigito wa 16, mu gihe abandi bose umunani mu icyenda, bashyizweho na nyakwigendera Papa Francis.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.