• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyazanye mu Rwanda itsinda ry’Igisirikare cya Tanzania riyobowe n’Umujenerali

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya icyazanye mu Rwanda itsinda ry’Igisirikare cya Tanzania riyobowe n’Umujenerali
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’Igisirikare cya Tanzania ziri mu Rwanda, zitabiriye inama ya 10 ihuza ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania, kugira ngo busuzumire hamwe ishusho y’umutekano ku mipaka y’Ibihugu byombi.

Iri tsinda ry’ingabo za Tanzania, riri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, riyobowe n’umuyobozi wa Burigade ya 202 mu ngabo za Tanzania, Brig Gen Gabriel Elias Kwiligwa.

Aba basirikare bo mu ngabo za Tanzania, ubwo bageraga mu Rwanda binjiriye ku mupaka wa Rusumo, bakiriwe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 mu Ngabo z’u Rwanda, Col Justus Majyambere.

Ubwo bageraga mu Rwanda, basuye Isoko rya Karehe ryo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, rinacururizamo Abanyatanzania bo mu Karere ka Karagwe.

Inama bitabiriye, izabera mu Karere ka Nyagatare, ikazabanzirizwa n’ibindi bikorwa by’aba basirikare bazabanza gusura ibikorwa byo ku mipaka y’Ibihugu byombi, mu Turere twa Kirehe na Kayonza, ndetse bakazanasura Pariki y’Igihugu y’Akagera.

Ibi biganiro bigiye guhuza Ingabo z’Ibihugu byombi, bisanzwe biba buri mezi atatu, biba bigamije gusuzumira hamwe ibijyanye n’umutekano ku mipaka y’ibi Bihugu by’ibituranyi, ndetse no gusangizanya amakuru ku bijyanye n’ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse hakanasuzumwa umutekano w’abaturage bo ku bice byo ku mipaka.

Brig Gen Gabriel Elias Kwiligwa ni we uyoboye izi ntuma z’igisirikare cya Tanzania
Bahawe ikaze na Col Justus Majyambere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 1 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Next Post

The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.