Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyazanye mu Rwanda itsinda ry’Igisirikare cya Tanzania riyobowe n’Umujenerali

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya icyazanye mu Rwanda itsinda ry’Igisirikare cya Tanzania riyobowe n’Umujenerali
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’Igisirikare cya Tanzania ziri mu Rwanda, zitabiriye inama ya 10 ihuza ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania, kugira ngo busuzumire hamwe ishusho y’umutekano ku mipaka y’Ibihugu byombi.

Iri tsinda ry’ingabo za Tanzania, riri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, riyobowe n’umuyobozi wa Burigade ya 202 mu ngabo za Tanzania, Brig Gen Gabriel Elias Kwiligwa.

Aba basirikare bo mu ngabo za Tanzania, ubwo bageraga mu Rwanda binjiriye ku mupaka wa Rusumo, bakiriwe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 mu Ngabo z’u Rwanda, Col Justus Majyambere.

Ubwo bageraga mu Rwanda, basuye Isoko rya Karehe ryo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, rinacururizamo Abanyatanzania bo mu Karere ka Karagwe.

Inama bitabiriye, izabera mu Karere ka Nyagatare, ikazabanzirizwa n’ibindi bikorwa by’aba basirikare bazabanza gusura ibikorwa byo ku mipaka y’Ibihugu byombi, mu Turere twa Kirehe na Kayonza, ndetse bakazanasura Pariki y’Igihugu y’Akagera.

Ibi biganiro bigiye guhuza Ingabo z’Ibihugu byombi, bisanzwe biba buri mezi atatu, biba bigamije gusuzumira hamwe ibijyanye n’umutekano ku mipaka y’ibi Bihugu by’ibituranyi, ndetse no gusangizanya amakuru ku bijyanye n’ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse hakanasuzumwa umutekano w’abaturage bo ku bice byo ku mipaka.

Brig Gen Gabriel Elias Kwiligwa ni we uyoboye izi ntuma z’igisirikare cya Tanzania
Bahawe ikaze na Col Justus Majyambere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Next Post

The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.